Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yasuye Polisi Ya Dubai
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Perezida Kagame Yasuye Polisi Ya Dubai

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2024 7:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ruzinduko rw’akazi amazemo iminsi muri Leta ziyunze z’Abarabu, Perezida Kagame yaraye  aboneyeho gusura ikicaro gikuru cya Polisi ya Dubai, yerekwa imikorere yayo mu ikoranabuhanga.

Asuye aha hantu hashize igihe gito Minisitiri w’umutekano mu Rwanda asinyanye amasezerano na mugenzi we wo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu;  amasezerano y’ubufatanye hagati ya Kigali na Dubai mu bikorwa bya polisi byo kurwanya iterabwoba.

Polisi ya Dubai ifite abakozi 17,500 bashinzwe gucungira umutekano abaturage miliyoni eshatu batuye ku buso bwa kilometero kare 4,114.

Baba baratojwe bihagije k’uburyo baba bashobora guhangana n’ikibazo icyo ari cyo cyose cyakwaduka muri abo baturage.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uretse imbunda zigezweho kandi zitandukanye mu gukoreshwa bitewe n’uko ibintu byifashe, Polisi y’uyu mujyi ifite imodoka zishoboye imihanda y’aho kandi zikoresha ikoranabuhanga  zirimo izo bita Dodge Chargers, Nissan Pathfinders, Toyota Land Cruisers,  Toyota Prados, Fortuners na  Chevrolet Luminas.

Polisi y’iki gihugu kiri mu bikize ku isi ifite n’imodoka zihenze cyane zo mu bwoko bwa BMW 5 Series E60 , 41 zikoresha amashanyarazi na  Brabus G-Wagen.

Mu rwego rwo gucungira umutekano abatuye imijyi no guherekeza ba mukerarugendo, Polisi ya Dubai ifite imodoka zikomeye kandi zihenze cyane bita supercars ziherekeza ba mukerarugendo zikanabashakira inzira.

Imodoka ya Buggatti ya Polisi ya Dubai

Hejuru y’ibyo, hiyongeraho amafarasi, amakamyo n’indege za polisi zisimburanwa mu gucunga ikirere cy’uyu mujyi udasanzwe.

Buri modoka ya Polisi y’uyu Mujyi haba handitseho email na website yayo kugira ngo abaturage babone uko bayitabaza cyangwa bayiha ibitekerezo n’ibibazo bifuzaho ibisubizo.

- Advertisement -

Perezida Kagame ubwo yasuraga aho hantu yari ari kumwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu Amb John Mirenge na Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana.

RWANDA 🇷🇼🇦🇪 UAE

President Kagame visited Dubai Police Headquarters to witness advanced technology in policing.

Rwanda and UAE signed cooperation in security and counterterrorism cooperation earlier this week on the sidelines of the World Governments Summit. #FactsOnRwanda pic.twitter.com/zbALuwIoiN

— Facts On Rwanda (@FactsOnRwanda) February 15, 2024

TAGGED:DubaifeaturedKagamePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gukomeza Amagufa Birenze Gufata Vitamini D Gusa
Next Article Abanyafurika Bazanira u Rwanda Amabuye Ngo Ruyabatunganyirize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?