Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yatangiye Uruzinduko Rw’Iminsi Ibiri Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yatangiye Uruzinduko Rw’Iminsi Ibiri Muri Mozambique

admin
Last updated: 24 September 2021 1:11 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Mozambique, igihugu u Rwanda rurimo gufasha kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado guhera muri Nyakanga uyu mwaka.

Ni urugendo ruteganyijwe kuri uyu wa 24-25 Nzeri 2021, mu mujyi wa Pemba ari na wo murwa mukuru w’Intara ya Cabo Delgado.

Iyo ntara yari imaze igihe yarigaruriwe n’abarwanyi bagendera ku mahame akaze yitirirwa idini ya Islam, ariko nyuma yo koherezayo abasirikare n’abapolosi 1000 b’u Rwanda bahita bakwira imishwaro, utwo duce twongera kugenzurwa n’ubutegetsi bwa Leta ya Mozambique.

Imijyi yahise ibohorwa irimo Mocímboa da Praia  ifatwa nk’ibyari ibirindiro bikomeye by’uriya mutwe.

Biteganyijwe ko munsi wa mbere w’uruzinduko rwe, Perezida Kagame ageza ijambo ku basirikare n’abapolisi bari mu butumwa muri Mozambique, ku rugamba bafatanyijemo n’Ingabo za Mozambique (FADM) n’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Amajyepfo (SADC).

Biteganywa kandi ko Perezida Kagame agirana ibiganiro byihariye na mugenzi we Filipe Nyusi.

Abayobozi bombi kandi barakurkirana isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, banagirane ikiganiro n’abanyamakuru.

Biteganywa ko munsi wa kabiri, Perezida Kagame azifatanya na Perezida Nyusi mu birori by’Umunsi w’Ingabo, muri Pemba Municipal Stadium.

Abaturage baje kumuha ikaze
Bari bamwishimiye
TAGGED:Cabo DelgadofeaturedFilipe NyusiMozambiquePaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigori Ni Ingirakamaro Ariko Kirugarijwe
Next Article Amapingu, Perimi Z’Impimbano, Mudasobwa…Ibikoresho By’Abiyitiriraga Polisi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?