Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yazamuye Mu Ntera Colonel Patrick Karuretwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yazamuye Mu Ntera Colonel Patrick Karuretwa

Last updated: 05 November 2021 7:39 am
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yazamuye mu ntera Colonel Patrick Karuretwa amuha ipeti rya Brigadier General, anamugira umuyobozi ushinzwe ubutwererane mpuzamahanga mu bya gisirikare.

Brig Gen Karuretwa yahoze ari umunyamabanga wihariye wa Perezida Kagame mu gihe cy’imyaka hafi umunani, guhera mu Ugushyingo 2013 kugeza muri Nyakanga 2021 ubwo yasimburwaga na Irene Zirimwabagabo.

Kuva icyo gihe yari Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri diviziyo y’Ingabo z’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru.

Mbere yaho kandi yabaye Umujyanama wa Perezida Kagame mu bya gisirikare n’umutekano mu gihe cy’imyaka ine, guhera muri Nyakanga 2011.

Muri Kamena 2021 Karuretwa yari umwe muri  ba Ofisiye Bakuru 47 barimo 44 bo mu Ngabo z’u Rwanda na batatu bo muri Polisi, basoje amasomo mu Ishuri rikuru rya Gisirikare i Nyakinama mu Karere ka Musanze.

Azamutse mu ntera bwangu cyane ko ku wa 4 Ugushyingo 2019 ari bwo yahawe ipeti rya Colonel, avuye ku rya Lieutenant Colonel.

Iteka rya Perezida Nº 044/01 ryo ku wa 14/02/2020 rishyiraho sitati yihariye y’Ingabo z’u Rwanda, ingingo ya 35 igena igihe ngenderwaho gisabwa ngo ofisiye azamurwe ku ipeti ryisumbuye, iteganya imyaka ine kuva ku ipeti rya Lieutenant Colonel ujya ku ipeti rya Colonel n’imyaka itanu kuva kuri Colonel ujya ku ipeti rya Brigadier General.

Hatitawe kuri izo ngingo zose ariko, ririya teka riteganya ko “Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF ashobora kuzamura ku ipeti ryisumbuye Ofisiye uwo ari we wese, igihe icyo ari cyo cyose.”

Uretse ubumenyi mu bya gisirikare, Brig Gen Karuretwa ni n’umunyamategeko kuko yayize muri Kaminuza y’u Rwanda mu 1995-2000, anakomereza mu bijyanye n’amategeko mpuzamahanga muri The Fletcher School muri Tufts University mu myaka ya 2008-2009. Yize muri iyo kaminuza n’ibijyanye n’umutekano mpuzamahanga mu 2009-2010.

Perezida Kagame kandi kuri uyu wa Kane yazamuye mu ntera ACP Rose Muhisoni uheruka kugirwa umuyobozi wungirije w’Urwego rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, amuha ipeti rya DCG (Deputy Commissioner-General.

Ni icyemezo cyatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta Dr. Emmanuel Ugirashebuja, ari na we ufite mu nshingano Polisi y’u Rwanda.

ACP Rose Muhisoni

HE Paul Kagame, President of the Republic of Rwanda has promoted ACP Rose Muhisoni to the rank of Deputy Commissioner General of Rwanda Correctional Service (RCS)

END

— Dr. Emmanuel Ugirashebuja (@eugirashebuja1) November 4, 2021

TAGGED:featuredPatrick KaruretwaRCSRDFRose Muhisoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uruhare Rw’U Rwanda Mu Mutekano Wa Centrafrique Ni Ntagereranywa-Gen Depot
Next Article Minisitiri W’Intebe Yahawe Imyaka 2 Ngo Abe Yacyemuye Ikibazo Kiri I Rwamagana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?