Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yihanganishije Abanya Turikiya Bibasiwe N’Inkongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yihanganishije Abanya Turikiya Bibasiwe N’Inkongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2025 12:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Paul Kagame
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye abatuye Turikiya kwihangana kubera inkongi iherutse kwibasira Hoteli igahitana abantu 76 bamaze kubarurwa kugeza ubu.

Ubutumwa bwo kwihanganisha iki gihugu Kagame yabugeneye mugenzi we Recep Tayyip Erdoğan.

Inkongi yibasiye Hoteli yitwa Ski Resort iri mu Ntara ya Bolu mu Majyaruguru y’u Burengerazuba bw’iki gihugu.

Ku wa Mbere tariki 20, Mutarama 2025, nibwo ibi byago byagwiririye Turikiya.

Hoteli yahiye yari irimo abantu 234 baje kuharuhukira.

Kuri X, Kagame yanditse ati:  “ Ndihanganisha mbikuye ku mutima Perezida Recep Tayyip Erdoğan n’abaturage ba Turkey ku bw’umuriro wadutse kuri Ski Resort. Twifatanyije n’imiryango yose yabuze abayo n’abandi bagizweho ingaruka n’ibi byago. Kandi twifurije gukira vuba abakomeretse”.

Minisitiri w’ubutabera w’iki gihugu yatangaje ko kuzimya iyi nkongi byakozwe mu masaha 12 kandi ko hari abantu icyenda bakekwaho uruhare muri iyi nkongi bamaze gutabwa muri yombi.

Iyi Hoteli yabayemo inkongi ikomeye(Ifoto: Adem ALTAN / AFP

Bivugwa kandi ko hari abantu 51 bamaze gukomerekera muri iriya nkongi, umwe akaba yakomeretse bikomeye abandi 17 bamaze gusezererwa mu bitaro.

Amakuru avuga ko iriya nkongi yatangiriye muri restaurant iri muri yo hoteli ikomereza ahandi kugeza ubwo hoteli ihiye bikomeye.

TAGGED:AbantufeaturedInkongiKagameTurukiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba Mukuru W’Ingabo Za Israel Yeguye
Next Article U Rwanda Rwibukije Amahanga Ko DRC Ibanye Neza Na ADF Na FDLR
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?