Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yihanganishije Abo Mu Miryango Ifite Abaguye Ku Rugamba Mu Mwaka Wa 2022
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yihanganishije Abo Mu Miryango Ifite Abaguye Ku Rugamba Mu Mwaka Wa 2022

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2022 9:45 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugaba w’Ikirenga  w’ingabo z’u Rwanda akaba na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifurije ingabo z’u Rwanda n’inzego zose zishinzwe umutekano umwaka mushya kandi muhire wa 2023.

Yafashe mu mugongo abo mu miryango ifite abasirikare baguye ku rugamba u Rwanda rwagiye gufashamo amahanga kugarura amahoro no kuyabumbatira.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzakomeza kubaba hafi.

Ibyo bihugu ni Mozambique aho rufasha iki gihugu kurwana n’ibyihebe  na Repubulika ya Centrafrique aho rufasha mu gutsimbataza amahoro.

Muri Nzeri, 2021, Perezida Kagame yasuye abasirikare  n’aba Polisi b’u Rwanda boherejwe muri Mozambique kuhagarura amahoro.

Icyo gihe yabashimiye uko bakora akazi kabo, ababwira ko imbere hakiri akandi kazi.

Mu Mafoto: Ingabo Z’U Rwanda Na Polisi Yarwo Muri Mozambique Bahagaze Bwuma

Perezida Kagame aherutse kuvugira mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ko hari abandi basirikare boherejwe muri Mozambique mu kazi ko gukomeza kwirukana ibyihebe aho byahungiye hose.

Mu mezi make ashize, yoherereje ubutumwa abapolisi b’u Rwanda  baba muri Repubulika ya Centrafrique bujyanwa na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr. Vincent Biruta.

Hari kuwa Gatandatu taliki ya 15 Mutarama 2022.

Aba bapolisi bagizwe n’amatsinda abiri ya RWAFPU1 ifite inshingano zo kurinda inyubako z’Umuryango w’Abibumbye no gucunga umutekano w’abacamanza b’urukiko mpanabyaha rwihariye, n’itsinda RWAPSU rishinzwe kurinda umutekano w’abayobozi bakuru muri guverinoma ya Centrafrique ndetse n’umuyobozi mukuru w’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique (MINUSCA).

Mu ijambo Umukuru w’u Rwanda yagejeje kuri aba bagabo n’abagore bacungiye u Rwanda n’amahanga umutekano ribifuriza ishya n’ihirwe mu mwaka wa 2023 nk’uko rigaragara ku rubuga rwa Twitter rw’Ibiro bye,  yabashimiye ubwitange bagaragaje mu mwaka wa 2022 ndetse abasaba gukomereza aho no mu mwaka wa 2023 uzatangira ku wa Mbere taliki 01, Mutarama, 2023.

Yabibukije kandi gukomeza guhagarara bemye mu nshingano zabo no mu kinyabupfura cy’ubunyamwuga basanganywe kugira ngo batazasiga icyasha indangagaciro z’Abanyarwanda.

Mu mpera z’ijambo rye. Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda n’inzego zose z’umutekano Paul Kagame yabwiye abashinzwe umutekano ko no mu mwaka wa 2023 bagomba gukomereza aho bari bagejeje kugira ibyo Abanyarwanda bagezeho biyushye akuya hatazagira ubihungabanya.

END OF YEAR MESSAGE BY H.E THE PRESIDENT AND COMMANDER IN CHIEF OF RDF TO RWANDA DEFENCE AND SECURITY FORCES pic.twitter.com/exKdUeXqkh

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) December 29, 2022

TAGGED:featuredIngaboKagameMozambiqueRepubulikaUmutekanoUrugamba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage 25,000 Ba DRC Bafashwe Binjiye Muri Angola Mu Buryo Butemewe
Next Article Pele Yatabarutse Azize Cancer
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?