Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yiseguye Ku Munyamakuru Ufite Ubumuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yiseguye Ku Munyamakuru Ufite Ubumuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 June 2022 10:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu banyamakuru bitabiriye inama ya CHOGM yabwiye Perezida Kagame ibibazo yahuriye nabyo mu Rwanda yibanda cyane k’ukuba atarashoboye kuva muri Hotel yari acumbitsemo kugira ngo yitabire inama n’ibindi bikorwa byaberaga ahandi.

Yamubwiye ko mbere y’uko aza mu Rwanda yari yarabwiwe ko u Rwanda ari igihugu kita ku bafite ubumuga, igihugu cyabashyiriyeho uburyo bwo kugera no kuva ahantu runaka niyo baba bagendera ku magare yabagenewe.

Ati: “ Nyakubahwa mu minsi itandatu maze muri iki gihugu nahahuriye n’ikibazo gishingiye ku bumuga mfite. Sinashoboye kuva muri Hoteli nari ncumbitsemo kubera iki kibazo. Nagira ngo mbabaze icyo muteganya gukora kugira ngo abafite ubumuga bo mu Rwanda no mu Muryango wa Commonwealth bazashobore kujya aho bashatse hose bisanga, nta nzitizi.”

Abanyamakuru bari benshi muri iyi nama

Perezida Kagame adaciye ku ruhande, yamusabye imbabazi ati: “ Mbere na mbere ngusabye imbabazi ku ruhande rwanjye kandi ntaciye ku ruhande. Nkwiseguyeho ku ruhande rwanjye bwite ndetse no mu ijwi rya Guverinoma nyoboye.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko muri rusange, u Rwanda rwashyizeho Politiki zo kwita ku bantu bafite ubumuga.

N’ikimenyimenyi ngo bafite ababahagarariye mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda.

Ndetse ngo u Rwanda rwateganyije  uburyo butandukanye bwo korohereza abantu bafite ubumuga kugera no kuva ahantu runaka n’ubwo bitari hose.

Ati: “ Ibyo nibyo nabanje kukwiseguraho kuko rwose bishoboka ko hari ibitaragenze neza mu kubishyira mu bikorwa uko byakabaye.”

Umukuru w’u Rwanda yabwiye uwo munyamakuru ko u Rwanda rugiye gusuzuma aho bitagenze neza muri ubwo buryo kugira ngo rubikosore.

- Advertisement -

Ku rundi ruhande, Umunyamabanga mukuru wa Commonwealth Patricia Scotland yabwiye abari bitabiriye ikiganiro cyavugaga ku migendekere ya CHOGM ko u Rwanda ari urwo gushimirwa kuko rwakiriye abantu neza ku rwego rutaboneka henshi.

Ati: “ Ku ruhande rwanjye ndetse n’Umuryango mbereye Umunyamabanga mukuru ndabashimiye kuko mwatwakiriye neza. Buri wese uri hano azasubira iwabo azi neza azi neza ko yakiriwe mu buryo buhebuje.”

Inama ya CHOGM yarangiye mu mpera z’Icyumweru cyarangiye taliki 26, Kamena, 2022 yari yaratangiye taliki 20, Kamena, 2022 ikaba yarahuje abantu bagera ku bihumbi bitandatu baturutse mu bihugu 54 .

Mbere y’uko CHOGM itangira hari bamwe mu banyamahanga bari baje mu Rwanda muri BAL bavuze ko  Kigali ari nziza k’uburyo wagira ngo si muri Afurika. N’ubwo ntawamenya niba ibyo bavugaga barabiterwaga n’amarangamutima adahuje n’ukuri, ariko nanone umucyo w’i Kigali si uwo kwirengagizwa!

Nyuma ya BAL ubu hari CHOGM. Iyi nama ihuje abantu bbo mu bihugu b54 ni imwe mu nama zikomeye u Rwanda kiriye kuva rwabaho.

Yitabiriwe n’abahanga mu bukungu, muri Politiki, abanyamideli, abacuruzi, abo mu miryango itari iya Leta n’imiryango mpuzamahanga n’abandi bakomeye bavuga rikijyana.

Hari abahageze mbere babanza gutembera u Rwanda ariko hari n’abari kuhagera muri iki gihe baje mu nama bagahita bayitabira hanyuma bakazashaka umwanya wo gusura ahantu hatandukanye.

Aba bayobozi, mu nzego zabo zose, bungukirwa n’ibintu bitandukanye ariko abakunda ibikoresho byo mu bukorikori nabo hari ibyo bahishiwe.

Ubukorikori bw’Abanyarwanda buri mu ngeri nyinshi zirimo imirimbo y’abagore, imyambaro ikozwe mu bitenge, imikufi n’imidali, ibikomo n’ibindi bibereye ijisho.

Ibitenge by’Abanyarwanda ni kimwe mu bigize imyambaro umuntu yambara akazibuka ko yigeze kugera mu Rwanda kandi ko atahavuye imbokoboko.

Icyakora ibitenge si umwihariko w’u Rwanda gusa kuko biba no muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Ghana, Côte d’Ivoire na Senegal.

Si ibitenge gusa u Rwanda rwahishiye abazarusura kuko hari na zahabu ihari kandi igomba kugurwa.

Mu mwaka wa 2020 u Rwanda rwari igihugu cya 63 ku isi gitunganya kikagurisha zihabu ku isi.

Ikawa n’icyayi by’u Rwanda nabyo bigurirwa mu Rwanda ariko no mu mahanga ni uko.

TAGGED:CHOGMfeaturedKagameRwandaUbumuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kayonza:Umushinjacyaha Akurikiranyweho Ruswa
Next Article Jeannette Kagame Yacyebuye Abatarumva Ko Abana Bose Bareshya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?