Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Abasirikare b’u Rwanda Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Abasirikare b’u Rwanda Muri Mozambique

Last updated: 20 September 2021 4:48 am
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashimiye abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. Ni ubutumwa bashyikirijwe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen Mubarakh Muganga.

Lt Gen Muganga ari muri Mozambique mu ruzinduko rw’iminsi ine, aho yasuye Ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado guhera muri Nyakanga.

Ni Intara Ingabo z’u Rwanda (RDF) zifatanyije n’iza Mozambique (FADM) bamaze kwirukanamo inyeshyamba zigendera ku mahame akaze yitirirwa idini ya Islam, mu bice bya Mocimboa da Praia n’utundi duce twa Awasse, Palma, Quionga, Chinda, Mbau, Mapalanganha, Tete, Njama, Quelimane.

RDF na FADM baheruka kwirukana abo barwanyi no mu duce twa Siri I na Siri II hasaga n’ibirindiro bikomeye bari basigaranye.

Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda yatangaje ko ubwo yari amaze kugera mu gace ka Mocimboa da Praia kuri uyu wa Gatandatu, Lt Gen Muganga yakiriwe n’Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, Maj Gen Innocent Kabandana.

Yamugejejeho intambwe imaze guterwa mu rugamba rwo kugarura amahoro muri Cabo Delgado.

Lt Gen Mubarakh Muganga yahuye n’abasirikare b’u Rwanda, abashimira akazi gakomeye bakomeje gukora kuva bagera muri Mozambique.

Minisiteri y’Ingabo yakomeje iti “Yabagejejeho ubutumwa bw’ishimwe bw’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Nyakubahwa Perezida Paul Kagame, ku mutekano umaze kugerwaho kuva izo ngabo zagera muri Cabo Delgado.”

Gen Muganga yabasabye gukomeza umurava no kuba ba ambasaderi beza b’u Rwanda mu butumwa barimo.

 

Lt Gen Mubarakh Muganga ari muri Cabo Delgado
Lt Gen Muganga ageza ubutumwa ku basirikare n’abapolisi muri Cabo Delgado
Aba basirikare bamaze kubohora ibice byinshi byari byarafashwe n’umutwe witwaje intwaro
TAGGED:Cabo DelgadofeaturedMozambiqueMubarakh MugangaRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inkuru Y’Agahomamunwa Ivugwamo Perezida Wa Mozambique
Next Article Iby’Ingenzi Byaranze Rusesabagina Kuva Yafatirwa Mu Rwanda, Akajya Mu Rukiko …
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?