Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Macron Azageza Ijambo Ku Barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Perezida Macron Azageza Ijambo Ku Barokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi

admin
Last updated: 24 May 2021 10:05 am
admin
Share
SHARE

Mu ruzinduko biteganywa ko azagirira mu Rwanda mu minsi mike iri imbere, Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron azunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, anageze ijambo ku barokotse.

Ni urugendo azakorera mu Rwanda agakomereza muri Afurika y’Epfo. Azahaguruka i Paris ku wa 26 Gicurasi, asubireyo ku wa 29 Gicurasi.

Ibiro bya Perezida w’u Bufaransa, Élysée, byemeje ko uru ruzinduko rugamije kwandika amateka mashya, nyuma y’imbaraga zimaze igihe zishyirwa mu kuzahura umubano w’icyo gihugu n’u Rwanda, mu myaka itatu n’igice ishize.

Biteganyijwe ko Macron azasura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, ndetse akazahavugira ijambo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ikinyamakuru LADEPECHE cyatangaje ko umwe mu bantu be ba hafi yagize ati “Perezida azunamira abazize jenoside, anageze ijambo ku barokotse. Twizeye ko tuzabona amagambo akwiriye yo kubwira bariya bantu.”

Élysée yatangaje ko igikenewe ku rubyiruko rwa Afurika n’u Bufaransa ari ukuvuga ukuri ku ruhare u Bufaransa muri biriya bihe, kandi ko bwiteguye gusubiza ubwo busabe.

Uru ruzinduko nubwo rumaze igihe rutegurwa, rugiye kuba nyuma ya raporo y’abahanga mu mateka b’Abafaransa, berekanye ko icyo gihugu gifite uruhare rukomeye mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Gusa nta bimenyetso byigeze byerekana ko bwayigizemo uruhare mu buryo butaziguye.

Raporo yakozwe n’u Rwanda nayo yashimangiye uruhare rw’u Bufaransa muri ariya mateka.

- Advertisement -

Ibihugu byombi bishimangira ko bimaze kubona uburyo buhuriweho bwo kubaka umubano mushya, bikabasha kurenga ibyo bibazo.

Byitezwe ko izindi ngingo zizaganirwaho muri uru ruzinduko harimo izijyanye n’imihindagurikire y’ibihe, ikoranabuhanga n’uburinganire.

Uretse gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Macron azafungura Centre Culturel Francophone iherereye mu Mujyi wa Kigali ku Kimihurura.

TAGGED:Emmanuel MacronfeaturedJenoside
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakuru B’Inteko Zishinga Amategeko Z’Ibihugu Bivuga Igifaransa Bari Mu Rwanda
Next Article Bruce Melodie N’Umunya Senegal Mu Ndirimbo Itangiza Imikino ya BAL
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Misa Ya Mbere Ya Papa Leo XIV Yasomewe Ku Mva Ya Papa Francis

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?