Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Magufuli Wa Tanzania Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Magufuli Wa Tanzania Yapfuye

admin
Last updated: 17 March 2021 11:41 pm
admin
Share
SHARE

Leta ya Tanzania yemeje ko John Pombe Magufuli wari perezida wa gatanu w’icyo gihugu yitabye Imana ku myaka 61. Urupfu rwe rwatangajwe na Visi Perezida Samia Suluhu Hassan kuri televiziyo y’igihugu.

Visi Perezida Suluhu yavuze ko Magufuli yapfuye kuri uyu wa Gatatu azize ibibazo by’umutima, aho yaguye mu bitaro bya Dar Es Salaam yivurizagamo.

Hahise hatangazwa iminsi 14 y’icyunamo mu gihugu, amabendera yose agomba kururutswa kugeza mu cya kabiri.

Magufuli yari amaze iminsi arembye, aho byakunze kuvugwa ko arwaye COVID-19.

Guverinoma y’icyo gihugu yo yahisemo guceceka ku burwayi bwe, kugeza ubwo Minisitiri w’Intebe Kassim Majaliwa aheruka kuvuga ko Magufuli ameze neza, ko ahubwo afite akazi kenshi ari yo mpamvu abaturage batamubona.

Gusa ntibyabujije umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Tundu Lissu kuvuga ko Magufuli agomba kuba yarapfuye ahubwo bikagirwa ibanga. Ku wa Kabiri yanditse kuri Twitter ko ibimenyetso bigaragaza ko hari imyiteguro ya gisirikare yo gusezera umunyacyubahiro nubwo amakuru adashyirwa ahabona.

While preparations for a military parade are going on, the VP is busy touring the country as if nothing is happening. Bob Marley said it all: 'you can fool some people some time, but you can't fool all the people all the time. And now we see the light!' pic.twitter.com/pV5TgXkorL

— Tundu Antiphas Lissu (@TunduALissu) March 16, 2021

Muri Tanzania hari abantu benshi bafunzwe bashinjwa “gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’umukuru w’igihugu”, bazira ko bavuze ko Magufuli arembye nk’uko ikinyamakuru The Citizen cyo muri Tanzania cyabitangaje ku wa Mbere.

Magufuli yatangiye kuyobora Tanzania mu 2015, yaherukaga gutorerwa indi manda y’imyaka itanu.

Kuva icyorezo cya COVID-19 cyaduka, Magufuli yakunze kuvuga ko Imana yakibarinze ahubwo agatunga agatoki ibihugu byagiye bifata ingamba zirimo guma mu rugo mu kugikumira, agasaba abaturage be kutabyitabo bagakora ibibateza imbere.

Mu kwezi gushize nabwo Seif Sharif Hamad wari visi perezida wa Zanzibar yarapfuye, nyuma y’iminsi avurwa icyorezo cya COVID-19.

Magufuli yitabye Imana ku myaka 61
TAGGED:featuredMagufuli
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasenateri Bagaragaje Impungenge Ku Cyemezo Cyo Kwandika Kuri Leta Ubutaka Bw’Abaturage
Next Article Uwari Umunyeshuri Wa Dr Kayumba Yamushinje Gushaka Kumusambanya Ku Ngufu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ish Kevin Yinjiye Mu Bufatanye N’Ikigo Gikomeye Gicuruza Umuziki Ku Isi

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?