Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Magufuli Wa Tanzania Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Magufuli Wa Tanzania Yapfuye

admin
Last updated: 17 March 2021 11:41 pm
admin
Share
SHARE

Leta ya Tanzania yemeje ko John Pombe Magufuli wari perezida wa gatanu w’icyo gihugu yitabye Imana ku myaka 61. Urupfu rwe rwatangajwe na Visi Perezida Samia Suluhu Hassan kuri televiziyo y’igihugu.

Visi Perezida Suluhu yavuze ko Magufuli yapfuye kuri uyu wa Gatatu azize ibibazo by’umutima, aho yaguye mu bitaro bya Dar Es Salaam yivurizagamo.

Hahise hatangazwa iminsi 14 y’icyunamo mu gihugu, amabendera yose agomba kururutswa kugeza mu cya kabiri.

Magufuli yari amaze iminsi arembye, aho byakunze kuvugwa ko arwaye COVID-19.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Guverinoma y’icyo gihugu yo yahisemo guceceka ku burwayi bwe, kugeza ubwo Minisitiri w’Intebe Kassim Majaliwa aheruka kuvuga ko Magufuli ameze neza, ko ahubwo afite akazi kenshi ari yo mpamvu abaturage batamubona.

Gusa ntibyabujije umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Tundu Lissu kuvuga ko Magufuli agomba kuba yarapfuye ahubwo bikagirwa ibanga. Ku wa Kabiri yanditse kuri Twitter ko ibimenyetso bigaragaza ko hari imyiteguro ya gisirikare yo gusezera umunyacyubahiro nubwo amakuru adashyirwa ahabona.

While preparations for a military parade are going on, the VP is busy touring the country as if nothing is happening. Bob Marley said it all: 'you can fool some people some time, but you can't fool all the people all the time. And now we see the light!' pic.twitter.com/pV5TgXkorL

— Tundu Antiphas Lissu (@TunduALissu) March 16, 2021

Muri Tanzania hari abantu benshi bafunzwe bashinjwa “gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’umukuru w’igihugu”, bazira ko bavuze ko Magufuli arembye nk’uko ikinyamakuru The Citizen cyo muri Tanzania cyabitangaje ku wa Mbere.

Magufuli yatangiye kuyobora Tanzania mu 2015, yaherukaga gutorerwa indi manda y’imyaka itanu.

Kuva icyorezo cya COVID-19 cyaduka, Magufuli yakunze kuvuga ko Imana yakibarinze ahubwo agatunga agatoki ibihugu byagiye bifata ingamba zirimo guma mu rugo mu kugikumira, agasaba abaturage be kutabyitabo bagakora ibibateza imbere.

- Advertisement -

Mu kwezi gushize nabwo Seif Sharif Hamad wari visi perezida wa Zanzibar yarapfuye, nyuma y’iminsi avurwa icyorezo cya COVID-19.

Magufuli yitabye Imana ku myaka 61
TAGGED:featuredMagufuli
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasenateri Bagaragaje Impungenge Ku Cyemezo Cyo Kwandika Kuri Leta Ubutaka Bw’Abaturage
Next Article Uwari Umunyeshuri Wa Dr Kayumba Yamushinje Gushaka Kumusambanya Ku Ngufu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?