Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Ndayishimiye Yategetse Ko Inama Zizajya Zikorwa Mu Kirundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye Yategetse Ko Inama Zizajya Zikorwa Mu Kirundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2023 1:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Evariste Ndayishimiye yasabye abayoboke b’ishyaka rye, CNDD-FDD, gushyiraho imbaraga zose  Ikirundi kikajya gikoreshwa mu nama zose kandi raporo zigatangwa zanditswe mu Kirundi.

Ni iteka yaciye nka Perezida wa Repubulika kandi rigomba guhita ritangira rushyirwa mu bikorwa.

Yavuze ko abayobozi bagomba gukora uko bashoboye abaturage bose bakajya bambara inkweto. Yabasabye ko mu mwaka wa 2024 kutambara inkweto bizaba byarabaye umugani.

Abayoboke b’ishyaka riri k’ubutegetsi mu Burundi babita ‘abagumyabanga’.

S.E. @GeneralNeva annonce que désormais la langue nationale, le #Kirundi, sera la langue de travail lors des réunions de l’Exécutif et que les rapports et comptes rendus seront rédigés en Kirundi. pic.twitter.com/IzIhDGmq1C

— CNDD-FDD (@CnddFdd) January 22, 2023

Yasabye abayobozi  gukorana bya hafi kugira ngo nyakatsi icike, abaturage babe mu nzu zimeze  neza.

Ni ikintu yasabye ko cyakorwa muri Komini no mu Ntara zose.

Perezida Ndayishimiye yibukije abari aho ko abiyitiranya n’inzego bayobora baba bibeshya.

Ati: “ Mugomba kumenya ko inzego muyobora zibaruta. Abantu baragenda ariko inzego zigakomeza kubaho.”

Perezida w’u Burundi yemeza ko igihugu ayoboye kigendera ku mategeko, ko ubutabera butangwa kandi bwigenga kandi byose bikorwa hashingiwe kubyo itegeko nshinga riteganya.

Iryo tegeko nshinga ngo ryagiyeho binyuze mu biganiro hagati y’abanyapolitiki n’abandi bose barebwa n’ubuzima bw’igihugu.

Kubera ko igice kinini cy’Abarundi batunzwe n’ubuhinzi, Perezida Ndayishimiye yasabye abagumyabanga ba CNDD-FDD gukangurira abaturage kongera umusaruro mu buhinzi binyuze mu guhinga kijyambere no gukoresha ifumbire.

U Burundi ni kimwe mu bihugu bifite abaturage bakennye kurusha ibindi ku isi.

Biterwa ahanini ni ibibazo bya Politiki byaranze iki gihugu kuva cyabona ubwigenge mu mwaka wa 1962.

Ku ngingo y’uko ari igihugu gitekanye kandi gifite amategeko aboneye, abenshi mu mpunzi z’Abarundi baba mu Rwanda banze gutaha kubera ko ngo batizeye umutekano wabo.

Muri rusange Abarundi bahungiye mu Rwanda bavuga ko imiyoborere ya Perezida Ndayishimiye itanga icyizere ariko bakavuga ko badashira amakenga abandi bakorana nawe.

Bavuga ko ntawashira amakenga Minisitiri w’Intebe w’u Burundi witwa Gervais Ndirakobuca bahimba ‘Ndakugarika.’

Minisitiri w’Intebe w’u Burundi Gervais Ndirakobuca

 

TAGGED:BurundifeaturedIbirengeIkirundiInkwetoNdayishimiyePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Harmonize Yaje Mu Rwanda ‘Kwitemberera’
Next Article Nyagatare:Umuturage Wa Uganda Yarasiwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?