Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Ndayishimiye Yirukanye Bunyoni Ku Mwanya Wa Minisitiri W’Intebe W’u Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Ndayishimiye Yirukanye Bunyoni Ku Mwanya Wa Minisitiri W’Intebe W’u Burundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 September 2022 11:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Burundi ibintu biri gufata intera abantu batacyekaga! Perezida w’u Burundi yemeje ko Allain Guillaume Bunyoni atakiri Minisitiri w’Intebe, amusimbuza uwitwa Gervais Ndirakobuca. Ndirakobuca yari asanzwe ari we ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu  n’umutekano mu Burundi.

Perezida  Ndayishimiye yoherereje abagize Inteko ishinga amategeko y’u Burundi izina rya Gervais Ndirakobuca ngo bemeze ko ari we usimbuye Bunyoni ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe mu buryo budasubirwaho.

Hashize iminsi itatu Perezida w’u Burundi Evaritse Ndayishimiye avuze ko mu gihugu cye hari abigira ibihangange bakumva ko bashobora kumuhirika k’ubutegetsi ariko yabasabye gusubiza amerwe mu isaho. Yabivugiye mu birori byo gufungura umwaka w’ubucamanza wa 2022-2023.

Kuwa Gatanu Taliki 02, Nzeri, 2022 nibwo yakuriye inzira ku murima abishaka kumukorera Coup d’Etat, ababwira ko uzahirahira yifuza guhirika ubutegetsi bwe, azakubitwa ‘inkoni y’ubutabera’.

N’ubwo ateruye ngo avuge uwo ari we, ariko amakuru avuga ko muri iriya minsi atavugaga rumwe na Minisitiri w’Intebe Alain Guillaume Bunyoni, bivugwa ko ari we washakaga kumuhirika ku butegetsi.

Ku rundi ruhande ariko Perezida Ndayishimiye yasabye abashinzwe umutekano n’iperereza mu gihugu cye kuba maso.

Ati:“Inkozi z’ikibi zose ntihagire n’umwe yongera kuduhagararaho, amategeko akore turebe ko bizashoboka.”

Gervais Ndirakobuca

Mu mbwirwaruhame ye, Perezida Ndayishimiye  yavuze ko mu nshingano ze harimo no gukora uko ashoboye akita ku bibazo bireba iterambere ry’abaturage be.

Ngo umwanya yataye yijujutira abayobozi bakora nabi bagamije kumwangisha abaturage yawizemo byinshi.

Muri iki gihe Ndayishimiye yahagurukiye ikibazo cy’ibura ry’ibikomoka kuri Petelori ariko ngo  hari bamwe babimwitwayemo umwikomo ariko we akavuga ko ari igikorwa yakoze agamije ibyo Abarundi bita ‘ineza y’abaturage.’

Ibura ry’ibikomoka kuri Petelori  bihagije ryateje impaka ndende mu banyapolitiki bo mu Burundi ndetse n’abacuruzi.

Iyi rwaserera ngo niyo yabaye nyirabayazana w’uko hari agatsiko k’abakire cyane na bamwe mu bategetsi bayikoresheje ngo babibe mu baturage umwuka wo kwigaragambya bityo hakorwe na Coup d’Etat bitwaje ko adashoboye gucyemura ibibazo by’abaturage.

Ku ruhande rwa Ndayishimiye ariko, ngo abari gutegura biriya bikorwa bararushywa n’ubusa kubera ko  nta ntambara cyangwa guhirika ubutegetsi bizongera kuba mu Burundi.

Aho byabaye bikavugwa cyane ku isi ni muri Sri Lanka.

TAGGED:Bunyonicoup d’étatfeaturedNdayishimiyePerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Hatangijwe Ikarita Ifasha Abagenzi Kwishyura Bisi No Kubikuza Kuri Banki
Next Article Hari Impamvu Umutoza W’Ikipe Y’Igihugu Ya Handball Atanga Zatumye Atsindwa Na Misiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Hari Abayobozi Muri Guverinoma Bagiye Gusuzumisha Imyotsi Yo Mu Modoka Zabo

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Abanyamakuru Bashyiriweho Aho Batemerewe Mu Biro Bya Trump

Uruhare Rw’Abaturage Mu Bibakorerwa Nirwo Rwego Rwongereye Amanota Abaturage Baha Inzego

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Trump Arashaka Gukura Ubushinwa Ku Ntebe Y’Isi Mu Kugura Amabuye Y’Agaciro ‘Adasanzwe’

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?