Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Samia Yashenguwe n’Urupfu Rwa Minisitiri w’Ingabo Rwabaye Ari Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Samia Yashenguwe n’Urupfu Rwa Minisitiri w’Ingabo Rwabaye Ari Mu Rwanda

admin
Last updated: 03 August 2021 10:25 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Minisitiri w’Ingabo Elias John Kwandikwa, witabye Imana kuri uyu wa Mbere tariki 2 Kanama. Yaguye mu bitaro i Dar es Salaam aho yavurirwaga.

Perezida Samia ari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, guhera kuri uyu wa Mbere.

Mu itangazo ibiro bye byasohoreye i Kigali kuri uyu wa Kabiri, Perezida Samia yoherereje ubutumwa bw’akababaro Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, Gen Venance Salvatory Mabeyo.

Rivuga ko Perezida Samia yababajwe n’urupfu rwa Kwandikwa witabye Imana ku myaka 55. Yari n’umudepite mu Nteko ishinga amategeko, uhagarariye agace ka Ushetu mu Ntara ya Shinyanga.

Yagize ati “Twatakaje umuntu w’ingenzi, uruhare rwe mu mirimo itandukanye ntiruzigera rwibagirana. Kwandikwa yari umuyobozi w’intwari, wasohozaga inshingano ze yubahirije amategeko n’amabwiriza.”

Yahise yohereza Gen Mabeyo kwihanganisha umuryango wa nyakwigendera, inshuti n’abavandimwe bashegeshwe n’urupfu rw’uyu muyobozi.

Ntabwo uburwayi bwahitanye Minisitiri Kwandikwa bwahise butangazwa.

Yagizwe Minisitiri w’Ingabo na nyakwigendera Perezida John Magufuli ubwo yatangiraga manda ya kabiri ku wa 5 Ukuboza 2020.

Mbere yabaye Minisitiri wungirije ushinzwe imirimo ya Leta, ubwikorezi n’itumanaho.

TAGGED:Elias John KwandikwafeaturedSamia Suluhu HassanTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bushinwa ‘Bwongeye’ Kwadukamo Ubwandu Bwa COVID-19
Next Article Abacuruzi B’I Kampala Banze Kumvira Ubuyobozi Bafungura Amaduka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?