Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Samia Yashenguwe n’Urupfu Rwa Minisitiri w’Ingabo Rwabaye Ari Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Samia Yashenguwe n’Urupfu Rwa Minisitiri w’Ingabo Rwabaye Ari Mu Rwanda

admin
Last updated: 03 August 2021 10:25 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yatangaje ko yababajwe n’urupfu rwa Minisitiri w’Ingabo Elias John Kwandikwa, witabye Imana kuri uyu wa Mbere tariki 2 Kanama. Yaguye mu bitaro i Dar es Salaam aho yavurirwaga.

Perezida Samia ari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, guhera kuri uyu wa Mbere.

Mu itangazo ibiro bye byasohoreye i Kigali kuri uyu wa Kabiri, Perezida Samia yoherereje ubutumwa bw’akababaro Umugaba Mukuru w’Ingabo za Tanzania, Gen Venance Salvatory Mabeyo.

Rivuga ko Perezida Samia yababajwe n’urupfu rwa Kwandikwa witabye Imana ku myaka 55. Yari n’umudepite mu Nteko ishinga amategeko, uhagarariye agace ka Ushetu mu Ntara ya Shinyanga.

Yagize ati “Twatakaje umuntu w’ingenzi, uruhare rwe mu mirimo itandukanye ntiruzigera rwibagirana. Kwandikwa yari umuyobozi w’intwari, wasohozaga inshingano ze yubahirije amategeko n’amabwiriza.”

Yahise yohereza Gen Mabeyo kwihanganisha umuryango wa nyakwigendera, inshuti n’abavandimwe bashegeshwe n’urupfu rw’uyu muyobozi.

Ntabwo uburwayi bwahitanye Minisitiri Kwandikwa bwahise butangazwa.

Yagizwe Minisitiri w’Ingabo na nyakwigendera Perezida John Magufuli ubwo yatangiraga manda ya kabiri ku wa 5 Ukuboza 2020.

Mbere yabaye Minisitiri wungirije ushinzwe imirimo ya Leta, ubwikorezi n’itumanaho.

TAGGED:Elias John KwandikwafeaturedSamia Suluhu HassanTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bushinwa ‘Bwongeye’ Kwadukamo Ubwandu Bwa COVID-19
Next Article Abacuruzi B’I Kampala Banze Kumvira Ubuyobozi Bafungura Amaduka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?