Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ibiteganyijwe Mu Ruzinduko Rwa Perezida Touadéra Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
PolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibiteganyijwe Mu Ruzinduko Rwa Perezida Touadéra Mu Rwanda

admin
Last updated: 05 August 2021 2:08 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ine, yakirwa ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Vincent Biruta.

Ni uruzinduko ruteganyijwe guhera kuri uyu wa 5-8 Kanama 2021.

Biteganyijwe ko Perezida Touadéra aza kwakirwa na Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro bakagirana ibiganiro mu muhezo, nyuma bakaza kuganira n’itangazamakuru.

Hateganyijwe kandi isinywa ry’amasezerano atandukanye.

Muri uru ruzinduko biteganywa ko asura Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside iri mu nyubako y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura, mbere yo kwakirwa mu musangiro na Perezida Paul Kagame.

Ku wa 6 Kanama 2021 azasura Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi uzwi nka ‘Kinigi IDP Model Village’ watashywe ku wa 4 Nyakanga 2021 ku munsi wo Kwibohora. Ucumbikiye imiryango 144.

Umudugudu wa Kinigi ni umwe mu igezweho mu Rwanda

Azasura kandi ahantu nyaburanga hatandukanye hari mu mishinga yo kurengera ibidukikije no guteza imbere ubukerarugendo.

Ni rwo ruzinduko rwa mbere agiriye mu Rwanda kuva yatangira manda ya kabiri y’imyaka itanu muri Werurwe uyu mwaka.

Rugamije gushimangira umubano usanzwe hagati y’ibihugu byombi cyane cyane mu rwego rw’umutekano, no gutsura umubano mu bijyanye n’imikoranire y’inzego z’abikorera.

Ni urugendo rukozwe nyuma y’amasaha make u Rwanda rwohereje batayo y’abandi basirikare 750 zo kunganira abasanzwe mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika Centrafrique, ku buryo ubu u Rwanda rufite yo batayo eshatu zishinzwe kubungabunga amahoro.

Ingabo z’u Rwanda ni na zo zirinda Perezida Touadéra.

Uru ruzinduko rubaye nyuma y’iminsi ibiri hasojwe urwo Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yagiriye mu Rwanda ku wa Mbere no ku wa Kabiri muri iki Cyumweru.

U Rwanda ruheruka kongera ingabo muri Centrafrique
TAGGED:CentrafriqueFaustin Archange Touadérafeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Centrafrique Ari Mu Rwanda, Yakiriwe Na Minisitiri Biruta
Next Article Israel Yagabye Ibitero Muri Liban
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?