Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Guinea-Bissau Yarokotse Umugambi Wo Kumuhirika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Guinea-Bissau Yarokotse Umugambi Wo Kumuhirika

Last updated: 02 February 2022 8:16 am
Share
SHARE

Perezida Umaro Cissoko Embaló uyobora Guinea-Bissau yatangaje ko benshi mu bashinzwe umutekano we bishwe kuri uyu wa Kabiri, mu mugambi waburijwemo wo gushaka guhirika ubutegetsi.

Yatangaje ko ubu ibintu byasubiye ku murongo nyuma “y’igikorwa cyaburijwemo cyari kigambiriye kwibasira demokarasi.”

Bijya gutangira, humvikanye amasasu ku nyubako ikoreramo guverinoma mu murwa mukuru Bissau, ubwo Perezida Embaló yari ayoboye inama idasanzwe y’abaminisitiri. Yari kumwe na Minisitiri w’Intebe Nuno Gomes Nabiam

Abantu bitwaje intwaro ziremereye ngo bagose inyubako bari bakoraniyemo, habaho kurasana gukomeye n’abashinzwe umutekano ku buryo benshi bishwe.

Ni igikorwa cyamaze amasaha agera muri atanu. Cyahise gihungabanya umujyi ku buryo abantu bari batangiye guhunga, amasoko arafunga kimwe n’izindi nyubako z ‘ubucuruzi zirimo amabanki.

Perezida Embaló yavuze ko icyo gitero “cyateguwe” gishobora kuba “gifitanye isano n’abantu bafite uruhare mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge”, ariko nta makuru yisumbyeho yatanze.

Gusa ntabwo biramenyekana abo bantu bitwaje intwaro abo aribo n’abari babayoboye. Ntabwo umubare w’abishwe nawo watangajwe.

Iki gihugu kimaze kubamo kudeta (coup d’état) icyenda guhera mu 1980.

Muri iki gihe bisa n’aho kudeta zirimo kwibasira abakuru b’ibihugu byo muri Afurika y’Iburengerazuba no hagati.

Mu myaka ibiri ishize, igisirikare kimaze gufata ubutegetsi mu bihugu bya Mali, Chad, Burkina Faso na Guinea, kimwe no muri Sudan.

Embaló yatsinze amatora ya Perezida mu 2019, atangira kuyobora igihugu muri Gashyantare 2020.

TAGGED:featuredGuinea-BissauUmaro Cissoko Embaló
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aubameyang ‘Yasezeye’ Muri Arsenal
Next Article Abanyarwanda Umunani Bimuriwe Muri Niger Bashobora Kwisanga i Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?