Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Syria Yahunze Igihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Syria Yahunze Igihugu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2024 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubutasi bwa gisirikare butangaza ko umurwa mukuru wa Syria witwa Damascus wafashwe n’abarwanyi bari bamaze iminsi bawototera. Bivugwa ko Perezida wa Syriana Bashar Assad yafashe indege ahungira ahantu hataratangazwa.

Guhunga kwa Assad kubaye nyuma y’igihe gito mu Majyepfo y’igihugu cye hari abarwanyi bahagabye ibitero byarushijeho kongera ubukana kugeza ubwo binjiye mu Murwa mukuru, Damascus.

Hari abasirikare bakuru babwiye Ibiro Ntaramakuru byitwa Tass ko Perezida Assad yabonye ibintu bikomeye ahita yurizwa indege avanwa mu ngoro ye.

Icyakora amakuru ava mu Burusiya aremeza ko uyu mugabo n’umuryango we bahungiye muri iki gihugu.

Twabamenyesha ko umuhungu mukuru wa Assad aherutse kurangiza amasomo ya Kaminuza muri imwe muri Kaminuza zo mu Burusiya yitwa Moscow State University.

Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Intebe wa Syria witwa Mohammed Ghazi al-Jalali yatangaje ko atazahunga igihugu cye, ahubwo ko azareba uko yaganira n’izo nyeshyamba zateye igihugu.

Ku rukuta rwe rwa Facebook yanditse ati: “ Igihugu cyacu gifite ubushobozi bwo kuba igihugu kizima, gishobora kugirana umubano mwiza n’ibindi. Byose bikazaterwa n’ubuyobozi abaturage ba Syria bazihitiramo. Twiteguye kuganira n’abo bantu bashaka ubutegetsi”.

Muhammad Ghazi Al-Jalali avuga ko we n’abandi bafatanyije mu butegetsi biteguye gukorana n’abo bantu, akemeza ko abo bantu ubwabo biyemeje ko nta muntu bazahohotera mu baturage ba Syria.

Ibyo avuga afite aho abihera kuko abihuriyeho n’umuyobozi w’abo barwanyi witwa Hayat Tahrir al-Sham Abu Muhammad al-Julani.

Uyu yavuze ko ubutegetsi bwa Minisitiri w’intebe wari usanzweho ari bwo buzakomeza gukora kugeza igihe hazabaho guhererekanya ubutegetsi mu buryo bukurikije amategeko.

Abafashe umurwa mukuru wa Syria bavuga ko biteguye gukorana na buri muturage w’iki gihugu aho ari hose ku isi.

Babasezeranyije ko ntawe bazihoreraho, ko bazakorana mu nyungu z’abanya Syria bose.

TAGGED:AssadfeaturedGuhungaIntambaraUburusiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gakenke: Imodoka Yaguye Mu Mugezi Abayirimo Barapfa
Next Article Malipangou Ashobora Kugezwa Mu Nkiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?