Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Tchèque Arasura u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Tchèque Arasura u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 April 2024 2:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Petr Pavel( afite ipeti rya General) uyobora Repubulika ya Tchèque arasura u Rwanda kuri uyu wa Gatanu taliki 05, Mata, 2024. Ibiro bye nibyo byatangaje iby’uru ruzinduko rw’akazi.

Mu Rwanda araganira na mugenzi uyobora u Rwanda Paul Kagame.

Mu ruzinduko rwe, Perezida Pavel araganira n’abaturage b’igihugu cye bakorera mu Rwanda.

Uyu munyacyubahiro kandi azaboneraho kwifatanya n’Abanyarwanda ndetse n’isi mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Kugeza ubu abandi banyacyubahiro bamaze kwemeza ko bazaza mu Rwanda kwibuka ku nshuro ya 30 Abatutsi bazize Jenoside ni Bill Clinton uzaza uyoboye itsinda ry’Abanyamerika na Stéphane Sejourné uzaza uyobora itsinda ryoherejwe na Perezida Emmanuel Macron.

Undi ni Thabo Mbeki wahoze uyobora Afurika y’Epfo nk’uko aherutse kubitangaza.

Repubulika ya Tchèque ni igihugu kiri mu Burayi bwo Hagati.

Umurwa mukuru wacyo ni Prague kikaba kimwe mu bihugu by’Uburayi bidakora ku Nyanja iyo ari yo yose.

Gituranye na Autriche mu Majyepfo, Ubudage mu Burengerazu, Pologne mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba na Slovakia mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba.

Ubukungu bw’iki gihugu bishingiye ku bwokorezi bugezweho, inganda zikora ibintu byoherezwa hanze, ubukerarugendo n’ubushakashatsi.

TAGGED:featuredKwibukaPerezidaUrugendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Macron Azageza Ijambo Ku Bazitabira ‘Kwibuka 30’
Next Article BK Ishami Rya Kenya Yafunze Imiryango
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?