Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Wa Ukraine Yasuye Amerika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Wa Ukraine Yasuye Amerika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 December 2022 8:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu nibwo yageze muri Amerika mu ruzinduko rwa mbere akoreye mu mahanga kuva u Burusiya bwatera Ukraine muri Gashyantare, 2022.

Volodymyr Zelenskyy  araganira na mugenzi we uyobora Amerika ariko biteganyijwe ko azaha ikiganiro imitwe yombi igize Inteko ishinga amategeko y’Amerika.

Mu masaha yo mu gitondo cy’agasusuruko kuri uyu wa Gatatu nibwo Zelenskyy yanditse kuri Twitter ko ari mu ndege yerekeza i Washington guhura n’abayobozi bakuru b’Amerika.

Yanditse ko azaganira n’Abanyamerika uko bakomeza gukorana kugira ngo bazamure imbaraga za gisirikare za Ukraine bityo ikomeze guhangana n’u Burusiya mu buryo nyabwo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umwe mu bayobozi bakuru muri Amerika yabwiye abanyamakuru ko  Perezida Biden ari we watumiye Zelenskyy ngo baganire.

Uyu mugabo uyobora Ukraine azaganira kandi n’abayobozi bakuru mu by’umutekano ndetse n’abagize Guverinoma ya Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Zelenskyy amaze igihe asaba Amerika n’ibindi bihugu by’inshuti ko byaha abasirikare be ibikoresho kabuhariwe mu gukumira ko ibisasu bigwa mu gihugu, ariko ibi bihugu byabigenzemo gake kuko bifite amakenga ko Abarusiya bashobora kuzabyigarurira.

Umusirikare wa Ukraine yahaye Perezida we umudali ngo azawumushyirire Biden nk’ishimwe

Hagati aho hari amakuru avuga ko ubutegetsi bw’i Washington bwamaze kwemera Ukraine kuzayiha biriya bikoresho.

Ni ibikoresho bifite agaciro ka Miliyari $1 ariko hari n’ibindi biteganywa kuzatangwa bifite agaciro ka Miliyoni $ 850.

- Advertisement -

Imibare ivuga ko ubutegetsi bwa Joe Biden bumaze guha Ukraine inkunga yose hamwe ingana na Miliyari $21.9

U Burusiya bwarushijeho kurakara…

Nyuma yo kubona ko ari uko ibintu bimeze, ubuyobozi bw’u Burusiya bwatangaje ko iyo mikoranire hagati ya Washington na Kiev nta kindi izageraho uretse kurushaho gutuma intambara ikomera.

Abasesengura ibintu n’ibindi, bavuga ko u Burusiya bwajyanye abasirikare mu ntambara batizege bategurirwa kandi ngo kuva ingabo z’u Burusiya zava muri Afghanistan, ntizaherukaga intambara.

Ku rundi ruhande, ingabo za Ukraine zo zigizwe n’abasirikare biyemeje kurwanirira igihugu cyabo kubera ko babona ko batabikoze cyahita kimirwa bunguri n’u Burusiya.

Iyi mpamvu niyo ituma ingabo za Ukraine zirwana kinyamwuga kandi zikirinda gupfusha ubusa intwaro zihabwa n’inshuti.

TAGGED:AmerikaBidenBurusiyafeaturedIntambaraUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Gambia Haburijwemo Coup D’Etat
Next Article Kurwanya Imirire Mibi Mu Karere Ka Gicumbi Birakataje
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?