Leta zunze ubumwe z’Amerika zivuga ko zafashe bunyago Perezida wa Venezuela Nicolas Maduro n’umugore we.
Nta makuru arambuye y’aho yaba yajyanywe aramenyekana.
Mu masaha ya kare kuri uyu wa Gatandatu Tariki 02, Mutarama, 2026 yavugaga ko Amerika yagabye igitero muri Venezuela, bisenya ibikorwaremezo birimo n’ahantu ha gisirikare haherereye mu Murwa mukuru Caracas.
Donal Trump yavuze ko Maduro yajyanywe mu ndege ahantu hazaba hamenyekana mu minsi iri imbere.
Umunyamabanga wa Leta muri Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio we yavuze ko Maduro azagezwa imbere y’ubutabera mu nkiko zabugenewe.
Hagati aho, igihugu cya Colombia cyohereje abasirikare bacyo ku mupaka wayo na Venezuela.
Ni ikintu cyerekanye ko muri Amerika y’Epfo hashobora kwaduka intambara ikomeye yafata aka Karere.
Perezida wa Colombia witwa Gustavo Petro niwe watangaje ko ingabo ze zijya kuri uwo mupaka zigakumira ibyava yo bikagira ingaruka ku gihugu ayoboye.
Mu Murwa mukuru wa Colombia ari wo Bogotá, abayobozi batangiye gutegura uko igihugu cyabo cyashobora kwakira impunzi nyinshi zazava muri Venezuela.


