Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida ‘W’Agateganyo’ Wa Namibia Yarahiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida ‘W’Agateganyo’ Wa Namibia Yarahiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 February 2024 7:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nangolo Mbumba niwe warahiriye kuyobora Namibia “by’agateganyo” nyuma y’amasaha make Geingob atabarutse.

Nangolo yari asanzwe ari Visi Perezida wa Namibia, Itegeko Nshinga rikamwemerera kuba ari we uyobora igihugu mbere y’uko amatora akorwa mu mpera z’uyu mwaka.

Mbumba Nangolo yatangaje ko igihugu cyahuye n’ibyago byo gutakaza intwari iri mu zikomeye zakibohoye mu ntambara y’ubwigenge.

Yagize ati: “ Igihugu cyatakaje intwari y’ubwigenge bwacyo.”

Yabwiye abaturage ko agiye kuyobora inzibacyuho ariko ataziyamamariza kuba Perezida ubwo amatora azaba atangiye.

Yabamenyesheje  ko badakwiye kubitindaho kuko nta mugambi wo kuba Perezida afite, ahubwo ko ibyo akoze ari ibigenwa n’Itegeko Nshinga, ko atari ubuyobozi bukuru bw’igihugu aharanira.

Yarahiriye kuzuza inshingano ze nyuma y’amasaha 15 inkuru y’urupfu rw’uwo yasimbuye itangajwe kuri radio y’igihugu mu itangazo ry’Ibiro by’Umukuru wa Repubulika ya Namibia.

Geingob yatangiye kuyobora Namibia mu mwaka wa 2015 ariko na mbere y’aho yari mu mirimo mikuru mu nzego za Leta kuko ibyo yabikoze kuva mu mwaka wa 1990 ubwo iki gihugu cyabonaga ubwigenge.

Yari Perezida bamwe bavugaga ko yakundaga gutebya ariko akamenya no kuba umuntu ureba kure.

Uretse Perezida Kagame woherereje abaturage ba Namibia ubutumwa bwo kubafata mu mugongo, na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa nawe yabihanganishije.

Afurika y’Epfo ihana imbibi na Namibia.

Geingob yari umugabo muremure w’ibigango waharaniye ko igihugu cye kiva mu butegetsi bwa Apartheid cyari cyarashyizwemo n’Abazungu bo muri Afurika y’Epfo bafataga Namibia nk’indi Ntara yabo bari barise South West Africa.

Yarabarwanyije kugeza ubwo ahunze igihugu ajya kuba mu bihugu by’Ubwongereza, Amerika na Botswana.

Yamaze imyaka 27 mu buhungiro, ariko ayibyaza umusaruro kuko yize abona impamyabumenyi y’ikirenga muri Politiki( PhD, Politics) yavanye muri Amerika.

Mu mwaka wa 1989 nibwo yagarutse mu gihugu cye habura igihe gito ngo kibone ubwigenge.

Mbere yo kuba Perezida wa Repubulika mu mwaka wa 2015, Geingob yamaze imyaka 12 ari Minisitiri w’Intebe ni ukuvuga guhera mu mwaka wa 1990 kugeza mu mwaka wa 2012.

Ishyaka riri ku butegetsi muri Namibia ryitwa SWAPO ryatangaje ko Netumbo Nandi-Ndaitwah ari we uzarihagarira mu matora azaba mu Ugushyingo, 2024.

Netumbo Nandi-Ndaitwah

Uyu mugore ubu niwe Visi Perezida wa Repubulika ya Namibia wungirije Mbumba.

TAGGED:AmatorafeaturedNamibiaPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abaturage Ba Namibia
Next Article Nyabihu: Uherutse Kuvuga Ko Aziyamamariza Kuba Perezida Aravugwaho Amacakubiri
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?