Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida W’u Burundi Yahaye Abanyamakuru Nomero Ye Bwite
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida W’u Burundi Yahaye Abanyamakuru Nomero Ye Bwite

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 May 2022 6:59 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibiro By’Umukuru w’u Burundi byatangaje ko Perezida Evariste Ndayishimiye yahaye abanyamakuru nomero bashobora kumuhamagaraho bakamubaza ibibazo biremerereye igihugu. Birashoboka ko ari umwe mu bakuru b’ibihugu bacye bahaye abanyamakuru nomero zabo ngo bajye bavugana bitabanje guca ahandi.

Perezida w’u Burundi aherutse guha abanyamakuru ikiganiro cyagarutse ku buzima bw’igihugu ndetse no k’umubano wacyo n’amahanga harimo n’u Rwanda.

Ku byerekeye umubano w’u Burundi n’u Rwanda, Perezida Ndayishimiye yavuze ko Gitega na Kigali bari gukora uko bashoboye ngo wongere ube mwiza ariko ngo haracyari ikibazo cy’abantu u Burundi buvuga bacumbikiwe n’u Rwanda kandi barashatse guhirika ubutegetsi bw’uwo Ndayishimiye yasimbuye ari we Pierre Nkurunziza.

Hari amakuru avuga ko Perezida Ndayishimiye hari abanyamakuru yabwiye ko abo bantu baba mu Rwanda bamwoherereje intumwa zo kumubwira ko bicuza ibyo bakoze.

Icyakora nta byinshi byatangajwe kuri iyi ngingo ngo havugwe uwo wajyanye ubutumwa abushyiriye Perezida Ndayishimiye n’igihe yagiriye yo nticyavuzwe.

Indi ngingo ikomeye ku buzima bw’igihugu, Perezida Ndayishimiye yavuze ko mu minsi micye iri imbere, Guverinoma izatangaza ingamba yafashe mu kugabanya ubwiyongere bw’abaturage ariko bizakorwa nyuma y’uko imibare y’ibarura rusange ry’abaturage itangajwe.

Yaboneyeho no gusaba abanyamakuru b’u Burundi kwihingamo umuco wo gukunda igihugu cyabo, bagakora inkuru zunga ubumwe bw’Abarundi kandi zishishikariza abaturage kwitabira amajyambere

Ati: “ Mujye mu giturage muganirize abahatuye, mubabwire iby’amajyambere no kwihuriza mu makoperative.”

Perezida Evariste Ndayishimiye yasabye n’abashoramari gushora imari yabo cyane cyane mu nganda zikora ifumbire na sima.

Abajijwe ibyo abona yagezeho mu myaka ibiri ishize, Perezida Ndayishimiye yavuze ko muri icyo gihe yakoze uko ashoboye ashyira ho uburyo bwo kubaka igihugu kugira ngo kizabe igihugu kigendera ku mahame n’amategeko.

 

TAGGED:BurundifeaturedNdayishimiyeNkurunzizaPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Undi Mugabo Ukekwaho Uruhare Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Yafashwe
Next Article Karongi: Abakoze Umuhanda Perezida Kagame Yemereye Abaturage ‘Barambuwe’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?