Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Philippines: Inkubi Imaze Guhitana Abantu 123
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Philippines: Inkubi Imaze Guhitana Abantu 123

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 April 2022 11:17 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inkubi yiswe Megi imaze guhitana abantu 123 mu birwa bya Philippines. Hari ubwoba ko umubare w’abapfuye barenga abamaze kubarurwa kubera ko hari benshi baguweho n’inkangu batarabonwa ngo babarurwe.

Umuyaga mwinshi witwa Megi uri ku gipimo cya gatanu, iki kikaba ari igipimo cyerekana umuyaga ufite imbaraga kuko iyo ugeze ku rwego rwo kwica abantu kuko usenya inzu ukarimbura n’ibiti.

Ikindi kandi ni umuyaga ubanzirizwa cyangwa ugakurikirwa n’imvura nyinshi itera imyuzure.

Kugeza ubu kandi hari abantu 236 bakomerekejwe n’uyu muyaga.

Ingabo za Philippines ziri kugerageza kureba niba hari abantu baba bagihumeka ngo zibatabare.

Megi niyo nkubi ikomeye ihushye mu birwa bya Philippines bigize n’ibirwa 7,600.

Ubusanzwe ku mwaka imiyaga iremereye igera kuri 20 niyo uhuha muri kiriya kirwa kandi imyinshi iba ifite imbaraga, ikagira ibyo isenya igahitana n’abaturage.

Abibasiwe kuri iyi nshuro ni abatuye agace kitwa Leyte.

Ingabo za Philippines zikomeje gushakisha ababa bagihumeka ariko ni akazi katoroshye kuko abagwiriwe n’ibitaka ari benshi kandi baherereye mu bice bigoye kugerwamo.

Ubwo uriya muyaga watangiraga guhuha ku Cyumweru taliki 11, Mata, 2022 wari ufite umuvuduko w’ibilometero 65 ku isaha ariko wagiye wiyongera gahoro gahoro.

Reuters yanditse ko akandi gace kibasiwe ari akitwa Kantagnos kuko n’aho inzu zasenyutse, ibiti birarinduka, amapoto y’amashanyarazi n’ibikorwa remezo bya murandasi birasenyuka.

Kugeza ubu kandi abantu 162,000 bavuye mu byabo barahunga, muri bo abagera ku 41,000 bacumbikiwe mu baturanyi .

Mu Ukuboza, 2021 muri kiriya gihugu habaye indi nkubi yiswe Rai yahitanye abantu 405 abagera ku 1,400 barakomereka.

Mu mwaka wa 2013 inkubi yiswe Haiyan yishe abanya Philipp[ines 6,300, iyi ikaba ari yo nkongi yishe benshi mu mateka ya kiriya gihugu.

TAGGED:featuredIbirwaInkubiPhilippines
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro: Bakurikiranyweho Kwiba Ibyuma By’Ikigo Cya Koreya Cy’Itumanaho
Next Article Uko Byifashe Aho u Rwanda Rugiye Gusinyana N’u Bwongereza Amasezerano Ku Bimukira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?