Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Iracyebura Abambuka Zebra Crossing Bimaringa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Iracyebura Abambuka Zebra Crossing Bimaringa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2022 9:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera asaba  abambuka zebra crossing bimaringa kubireka. Ngo ni inzira umuntu acamo vuba[ariko adahubutse] kugira ngo ahe ibinyabiziga rugari bikomeze urugendo.

CP Kabera yabwiye Taarifa ko ubusanzwe inzira yagenewe abanyamaguru ari iyo kubahwa.

Si inzira yo gukoresha uko abantu bashaka ngo ni uko ari nto kandi ikoreshwa n’abatari mu binyabiziga.

Ati: “ Kuki umuntu utwaye imodoka agomba kukurindira ngo wambuke warangiza ukajya mu byo gupeperana, gucatinga, kwitaba telefoni n’ibindi? Mufashe nawe wifasha wambuke vuba ntawe uguhutaje ariko nawe ntawe utindije bitari ngombwa.”

Avuga kandi ko ntawakwiye kwitwaza ko hari zebra crossing runaka zasibamye ngo akore amakosa y’umuhanda.

Ni inama aha abashoferi n’abanyamaguru kuko ngo bose bibareba.

Hagati aho, Polisi yaraye iburiye abaturage bakoresha umuhanda Sonatubes-Bugesera ko bagomba kwirinda kuwukoresha nabi, bakandagira indabo, bagendera ahatarabigenewe.

Polisi iherutse gufata benshi muri bo, ibasobanurira ko ibyo bakora bihabanye n’amategeko, ko ibyiza ari uguca ahabigenewe.

Commissioner of Police ( CP) John Bosco Kabera avuga ko ubukangurambaga bakoreye hariya hantu kuri uyu wa Kane bwari umwihariko kuri uriya muhanda.

Ni umwihariko kubera ko uriya muhanda ari mushya bityo ko abantu bagombye kuwukoresha neza, bakirinda kuwangiza.

Avuga ko ari umuhanda munini, ufite ahantu henshi hagenewe buri kinyabiziga ndetse n’ahagenewe abanyamaguru bityo ko ntawagombye gutandukira ngo akoreshe aho atagenewe.

Ngo bamwe mu bahakoresha nabi ni abanyonzi bakoresha ahatarabagenewe kandi ahabagenewe hahari.

Polisi isaba abantu bose gukoresha neza zebra crossing
TAGGED:AbanyamagurufeaturedKicukiroPolisiZebra
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uganda: Inkongi Yishe Abanyeshuri 11
Next Article UN Igiye Gutangiza Umuganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?