Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Irasaba Abamotari Kugira Isuku
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Polisi Irasaba Abamotari Kugira Isuku

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 September 2024 8:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa DIGP VB Sano yasabye abamotari kurushaho kunoza isuku no gukora kinyamwuga. Yabibabwiriye mu nama yaraye imuhurije nabo kuri Kigali Pélé Stadium.

Sano ashimira abamotari ko basanzwe ari abantu bafitiye abaturage akamaro kuko babanyarukana bakabageza aho bashaka vuba.

Icyakora yabakebuye ababwira ko burya ari ngombwa kugendana akariro gake na feri, ababwira ko no kugira isuku biri mu bikwiye kubaranga kubera ko batwara abanyamujyi n’abanyamahanga baba baje kureba uko Abanyarwanda babaho.

DIGP Sano yabwiye abamotari bari aho ko n’ubwo hari byinshi bamaze kugera ho mu kazi kabo, hari ibikwiye gukosorwa kugira ngo ibintu binoge.

Yagize ati: “Umurimo mukora twese udufitiye akamaro ukakagirira n’igihugu kandi unadufasha, by’umwihariko, mu gutwara abantu n’ibintu. Ni umurimo ukwiye rero gukoranwa ubunyamwuga, ikinyabupfura n’isuku kandi twubahiriza amategeko y’umuhanda. Ni ukugira ngo akazi gakorwe neza kabagirire akamaro kandi kakagirire n’igihugu”.

Sano yabwiye abamotari bafatiwe mu makosa ko bakwiye kubahiriza ibyo basabwe gukora kugira ngo basubizwe ibinyabiziga byabo.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Samuel Dusengiyumva yabwiye abamotari ko parikingi basabye kugira ngo bajye baziparikamo zuzuye ariko hari izindi zicyubakwa.

Ngo ni umushinga ugikomeje.

Hari moto nyinshi ziparitse hirya no hino kuri stations za Polisi zafashwe mu bikorwa byayo byo kugenzura niba abazitwara bubahiriza amategeko y’umuhanda.

Amwe mu makosa abamotari bakorera mu muhanda ni uguhisha nimero iranga ikinyabiziga (Plaque), gutwara moto banyoye ibisindisha, kutubahiriza ibyapa byo mu muhanda n’ibimenyetso bimurika (Feux rouges), kunyura mu muhanda utemewe (sens unique), guca mu nzira z’abanyamaguru n’andi makosa.

Iyo abamotari bafatiwe muri ayo makosa hari bamwe bavuga ko barenganye ariko Polisi yo ikemeza ko ntawe irenganya kuko hari n’ikoranabuhanga rishinzwe kureba iyubahirizwa ry’amategeko yo mu muhanda.

TAGGED:AbamotarifeaturedPolisiSano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Ikomeye Muri Aziya
Next Article Muhanga: Musonera Washatse Kuba Umudepite Araburana Kuri Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?