Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Irasaba Abamotari Kugira Isuku
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Polisi Irasaba Abamotari Kugira Isuku

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 September 2024 8:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa DIGP VB Sano yasabye abamotari kurushaho kunoza isuku no gukora kinyamwuga. Yabibabwiriye mu nama yaraye imuhurije nabo kuri Kigali Pélé Stadium.

Sano ashimira abamotari ko basanzwe ari abantu bafitiye abaturage akamaro kuko babanyarukana bakabageza aho bashaka vuba.

Icyakora yabakebuye ababwira ko burya ari ngombwa kugendana akariro gake na feri, ababwira ko no kugira isuku biri mu bikwiye kubaranga kubera ko batwara abanyamujyi n’abanyamahanga baba baje kureba uko Abanyarwanda babaho.

DIGP Sano yabwiye abamotari bari aho ko n’ubwo hari byinshi bamaze kugera ho mu kazi kabo, hari ibikwiye gukosorwa kugira ngo ibintu binoge.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagize ati: “Umurimo mukora twese udufitiye akamaro ukakagirira n’igihugu kandi unadufasha, by’umwihariko, mu gutwara abantu n’ibintu. Ni umurimo ukwiye rero gukoranwa ubunyamwuga, ikinyabupfura n’isuku kandi twubahiriza amategeko y’umuhanda. Ni ukugira ngo akazi gakorwe neza kabagirire akamaro kandi kakagirire n’igihugu”.

Sano yabwiye abamotari bafatiwe mu makosa ko bakwiye kubahiriza ibyo basabwe gukora kugira ngo basubizwe ibinyabiziga byabo.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Samuel Dusengiyumva yabwiye abamotari ko parikingi basabye kugira ngo bajye baziparikamo zuzuye ariko hari izindi zicyubakwa.

Ngo ni umushinga ugikomeje.

Hari moto nyinshi ziparitse hirya no hino kuri stations za Polisi zafashwe mu bikorwa byayo byo kugenzura niba abazitwara bubahiriza amategeko y’umuhanda.

- Advertisement -

Amwe mu makosa abamotari bakorera mu muhanda ni uguhisha nimero iranga ikinyabiziga (Plaque), gutwara moto banyoye ibisindisha, kutubahiriza ibyapa byo mu muhanda n’ibimenyetso bimurika (Feux rouges), kunyura mu muhanda utemewe (sens unique), guca mu nzira z’abanyamaguru n’andi makosa.

Iyo abamotari bafatiwe muri ayo makosa hari bamwe bavuga ko barenganye ariko Polisi yo ikemeza ko ntawe irenganya kuko hari n’ikoranabuhanga rishinzwe kureba iyubahirizwa ry’amategeko yo mu muhanda.

TAGGED:AbamotarifeaturedPolisiSano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi Wa Banki Ikomeye Muri Aziya
Next Article Muhanga: Musonera Washatse Kuba Umudepite Araburana Kuri Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?