Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Irasaba Abanyonzi Kubahiriza Isaha Yo Gutaha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Irasaba Abanyonzi Kubahiriza Isaha Yo Gutaha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 September 2023 11:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ivuga ko mu rwego rwo kugabanya ibyago by’uko abatwara amagare bahura n’impanuka zitewe n’uko bwije, nta gare rigomba kuba rikiri mu muhanda guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Kubera ko amagare ari ikinyabiziga gito kandi kitagira ibikiranga umuntu ashobora kubona kikiri kire, akunze guhura n’ingorane zo kugongwa.

Ibi ni bimwe mu byatumye Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga aherutse kwibutsa abanyonzi ko guhera saa kumi nebyiri z’umugoroba nta gare ryemerewe kuba riri kugenda mu muhanda.

Si icyemezo kireba abanyonzi gusa, ahubwo kireba n’abandi bose batwara amagare kubera impamvu zitandukanye.

ACP Boniface Rutikanga yagize ati: “ …Ubundi guhera Saa kumi n’ebyiri z’umugoroba amagare yose agomba kuba yavuye mu muhanda, iki n’icyemezo kireba igihugu cyose kuko nta terambere ririmo urupfu.”

Yari akomoje ku cyo abanyamakuru ba Radio/TV 10 bari bamubwiye ko ari akarengane abanyonzi bo mu Karere ka Ngoma bavuga ko bakorerwa n’abapolisi bafata amagare yabo guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Abo banyonzi bavuga ko kubavana mu muhanda kuri iyo saha ari ukudindiza imikorere yabo.

Kuri ACP Rutikanga, igare ryo mu ijoro ntirigira ibiriranga, ngo uribonere kure.

Ati: “ Ubundi igare mu ijoro ntirigira ibirango. Nyuma y’abamotari, abanyonzi nibo ba kabiri bakora impamvuka zirimo n’izibahitana. Nibitonde bakurikize amabwiriza Leta yashyizeho”.

Ku kibazo cy’abanyonzi bafatwa saa kumi nimwe i Ngoma yavuze ko agiye kubikurikirana bikaza gusobanuka.

TAGGED:AbanyonzifeaturedImpanukaLetaNgomaPolisiRutikanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yaganiriye N’Ikigo Cy’Abanyamerika Gikurikirana Ibibera Ku Isi
Next Article Kazungu Azaburanira Mu Rukiko Rw’Ibanze Rwa Kicukiro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?