Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi isaba abashoferi ‘kwakira gahunda zo gusuzumisha ibinyabiziga’ ahabegereye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi isaba abashoferi ‘kwakira gahunda zo gusuzumisha ibinyabiziga’ ahabegereye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2020 6:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera
SHARE

Mu Ugushyingo Polisi y’u Rwanda yatashye ibigo bitatu bishya bizafasha mu gusuzuma ibinyabiziga kugira ngo bikomeze akazi kabyo bitekanye. Kuri uyu wa Gatatu Polisi y’u Rwanda yasabye ababifite gutangira kwakira gahunda zo kubisuzumisha  ku bigo bibegereye aho kuza i Kigali.

Polisi ijya kubaka biriya bigo, yari igamije kwigereza serivisi zo gusuzumisha ibinyabiziga abaturage aho kugira ngo  bose bajye baza i Kigali.

Ibigo byafunguwe ni ikigo cy’i Musanze, icya i Huye n’icy’i Rwamagana.

Abafite ibinyabiziga bakomeje kwiyandikisha ku kigo cya contrôle technique cya Kigali…

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

N’ubwo hari ibigo bitatu byatashywe mu Ugushyingo kugira ngo bifashe abafite ibinyabiziga kubona aho babisuzumisha ha bugufi, Polisi  ivuga ko imibare yerekana ko abenshi mu babifite bakomeje kwiyandikisha ku kigo kiri i Kigali kugira ngo kizabibasuzumire.

Ibi bituma baba benshi muri Kigali bityo bigatuma akazi kaba kenshi kandi bigatuma  ba nyiri ibinyabiziga batinda guhabwa serivisi yihuse.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera avuga ko imibare yerekena ko hari n’abaturage bava mu Ntara  n’Uturere twubatswemo biriya bigo bakaza kwiyandikisha i Kigali kugira ngo abe ari hose bazakoreshereza contrôle technique.

Kuri we biriya  bakora ‘ntabwo ari ngombwa.’

Yagize ati: “ Turacyabona abantu bava mu bice byubatswemo biriya bigo bakaza gusuzumisha ibinyabiziga byabo i Kigali. Ibi dusanga bidakwiye  kuko nta mpamvu yagombye gutuma uva mu Ntara ukaza i Kigali gukoresha serivisi wabonera hafi yawe. Ntibyumvikana ukuntu umuntu ava Nyagatare cyangwa i Kirehe agaca i Rwamagana akaza i Kigali aje kuhindakishiriza kugira ngo azahasuzumirishize ikinyabiziga! Bagombye guhinira bugufi.”

- Advertisement -

Kuva ibigo bishya bisuzuma imodoka byuzuye( hari taliki 20, Ugushyingo, 2020)kugeza ubu, ikigo cy’i Musanze cyasuzumye imodoka 103, Ikigo cya Huye gisuzuma imodoka 63 n’aho icy’i Rwamagana gisuzuma imodoka 50.

Buri kigo muri byo(Huye na Rwamagana) gifite ubushobozi bwo gusuzuma imodoka 200 ku munsi n’aho ikigo cy’i Kigali gifite ubushobozi bwa gusuzuma imodoka 500 ku munsi.

Polisi ivuga ko umuturage waba yari yarasabye gahunda yo gusuzumishiriza ikinyabiziga mu mujyi wa Kigali ariko akabona  iriya taliki izatinda, ashobora gusuzumishiriza ku kigo kimwegereye hatitawe ku italiki yari yarahawe.

Abatuye i Kigali bashobora kwaka ibindi bisobanuro kuri : 0788311512

Ab’i Huye bakoresha : 0788382732

Ab’ i Musanze bakoresha : 0781753077

Ab’i Rwamagana  bagakoresha : 0781753009

Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredGusuzumaHuyeIbinyabizigaKaberaKigaliMusanzeRwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Twese tuzi ko akarengane na ruswa bidindiza iterambere, tubirwanye- Perezida Kagame
Next Article USA yashyize Miliyoni $ 1.5 mu mishinga izafasha abafite ubumuga guhanga akazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?