Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi isaba abashoferi ‘kwakira gahunda zo gusuzumisha ibinyabiziga’ ahabegereye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi isaba abashoferi ‘kwakira gahunda zo gusuzumisha ibinyabiziga’ ahabegereye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2020 6:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera
SHARE

Mu Ugushyingo Polisi y’u Rwanda yatashye ibigo bitatu bishya bizafasha mu gusuzuma ibinyabiziga kugira ngo bikomeze akazi kabyo bitekanye. Kuri uyu wa Gatatu Polisi y’u Rwanda yasabye ababifite gutangira kwakira gahunda zo kubisuzumisha  ku bigo bibegereye aho kuza i Kigali.

Polisi ijya kubaka biriya bigo, yari igamije kwigereza serivisi zo gusuzumisha ibinyabiziga abaturage aho kugira ngo  bose bajye baza i Kigali.

Ibigo byafunguwe ni ikigo cy’i Musanze, icya i Huye n’icy’i Rwamagana.

Abafite ibinyabiziga bakomeje kwiyandikisha ku kigo cya contrôle technique cya Kigali…

N’ubwo hari ibigo bitatu byatashywe mu Ugushyingo kugira ngo bifashe abafite ibinyabiziga kubona aho babisuzumisha ha bugufi, Polisi  ivuga ko imibare yerekana ko abenshi mu babifite bakomeje kwiyandikisha ku kigo kiri i Kigali kugira ngo kizabibasuzumire.

Ibi bituma baba benshi muri Kigali bityo bigatuma akazi kaba kenshi kandi bigatuma  ba nyiri ibinyabiziga batinda guhabwa serivisi yihuse.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera avuga ko imibare yerekena ko hari n’abaturage bava mu Ntara  n’Uturere twubatswemo biriya bigo bakaza kwiyandikisha i Kigali kugira ngo abe ari hose bazakoreshereza contrôle technique.

Kuri we biriya  bakora ‘ntabwo ari ngombwa.’

Yagize ati: “ Turacyabona abantu bava mu bice byubatswemo biriya bigo bakaza gusuzumisha ibinyabiziga byabo i Kigali. Ibi dusanga bidakwiye  kuko nta mpamvu yagombye gutuma uva mu Ntara ukaza i Kigali gukoresha serivisi wabonera hafi yawe. Ntibyumvikana ukuntu umuntu ava Nyagatare cyangwa i Kirehe agaca i Rwamagana akaza i Kigali aje kuhindakishiriza kugira ngo azahasuzumirishize ikinyabiziga! Bagombye guhinira bugufi.”

Kuva ibigo bishya bisuzuma imodoka byuzuye( hari taliki 20, Ugushyingo, 2020)kugeza ubu, ikigo cy’i Musanze cyasuzumye imodoka 103, Ikigo cya Huye gisuzuma imodoka 63 n’aho icy’i Rwamagana gisuzuma imodoka 50.

Buri kigo muri byo(Huye na Rwamagana) gifite ubushobozi bwo gusuzuma imodoka 200 ku munsi n’aho ikigo cy’i Kigali gifite ubushobozi bwa gusuzuma imodoka 500 ku munsi.

Polisi ivuga ko umuturage waba yari yarasabye gahunda yo gusuzumishiriza ikinyabiziga mu mujyi wa Kigali ariko akabona  iriya taliki izatinda, ashobora gusuzumishiriza ku kigo kimwegereye hatitawe ku italiki yari yarahawe.

Abatuye i Kigali bashobora kwaka ibindi bisobanuro kuri : 0788311512

Ab’i Huye bakoresha : 0788382732

Ab’ i Musanze bakoresha : 0781753077

Ab’i Rwamagana  bagakoresha : 0781753009

Taarifa Rwanda

TAGGED:featuredGusuzumaHuyeIbinyabizigaKaberaKigaliMusanzeRwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Twese tuzi ko akarengane na ruswa bidindiza iterambere, tubirwanye- Perezida Kagame
Next Article USA yashyize Miliyoni $ 1.5 mu mishinga izafasha abafite ubumuga guhanga akazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?