Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Ntishinzwe Guhana Gusa, Ishinzwe No Kwigisha Imyitwarire Iboneye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Polisi Ntishinzwe Guhana Gusa, Ishinzwe No Kwigisha Imyitwarire Iboneye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 June 2021 6:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibi byagaragaye kuri uyu wa Kane tariki 17, Kamena, 2021 ubwo ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano mu muhanda ryegeraga abamotari rikabibutsa akamaro ko gukurikiza neza amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Ni ubukangurambaga bwatangiriye mu Murenge wa Muhima , ahitwa Yamaha mu Karere ka Nyarugenge.

Assistant Commissioner of Police( ACP) Teddy Ruyenzi ushinzwe imiyoborere mu ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, afatanyije n’abandi bapolisi, yegereye abamotari abibutsa ko kwirinda COVID-19 bakayirinda n’abo batwara ari bo bigirira akamaro.

Yagize ati: “Ni inshingano y’umushoferi ndetse n’undi wese utwaye ikinyabiziga kureba ko uwo atwaye yambaye neza agapfukamunwa. Hashize iminsi tubona ko abantu bakoresha umuhanda basa n’abadohotse ku mabwiriza, yego bamwe turabafata tukabahana ariko ‘ni na ngombwa ko dukora ubu bukangurambaga’ tubibutsa ko kubahiriza aya mabwiriza bibareba.”

ACP Ruyenzi yibukije abamotari ko mbere yo guha umugenzi ingofero yabugenewe, bafite inshingano yo kubanza kumubwira kwambara agatambaro mu mutwe, nabo bagatera umuti  iyo ngofero kugira ngo bice mikorobe kandi aho bari hose bagahorana uwo muti (hand sanitizer).

Yabibukije  ko mu gihe bahagaze bategereje abagenzi bagomba guparika bahanye intera.

Polisi ifite inshingano yo kwigisha no guhugura abaturage imyitwarire iboneye

Ku rundi ruhande ariko, yababwiye ko abazinangira ntibubahirize ariya mabwiriza hari ibihano bazahabwa.

Yababwiye ko umuntu wese urenze kuri aya mabwiriza yo kwirinda no kurwanya ikwirakwira rya kiriya cyorezo acibwa amande angana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 25,000 Frw n’ikinyabiziga cye kigafungwa iminsi itanu(5).

Abamotari n’abagenzi babivuga ho iki?

Umugenzi witwa Ngendahimana Emmanuel wageze hamwe muho buriya bukangurambaga bwa Polisi bwakorewe aturutse Rwandex mu Karere ka Kicukiro agana i Nyarugenge, yavuze ko mu kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 yambara agapfukamunwa neza, agakaraba kenshi akoresheje isabune n’amazi meza, yajya gufata ikinyabiziga yaba adafite umuti wabugenewe akabanza kujya gukaraba.

Yagiriye bagenzi be inama yo kumwigana, nabo bakajya bakora batyo.

Hari umumotari witwa Ildephonse Ngarambe utwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali mu modoka za rusange wavuze ko mbere y’uko ahagurutsa imodoka ye abanza kugenzura ko abagenzi atwaye bubahirije amabwiriza arimo kwambara agapfukamunwa neza ndetse banahanye intera, ‘ubyanze akamusohora.’

Intego y’ubukangurambaga bwa  Polisi ngo ni ukongera kwibutsa abakoresha umuhanda barimo abatwara imodoka, amapikipiki, abatwara ibinyamitende n’abagenda n’amaguru kwambara neza agapfukamunwa nk’uko bikwiye.

Ubuyobozi bwayo buvuga abagenzi n’abatwara ibinyabiziga ‘bagomba kwibutswa kandi bagakurikiza’ amabwiriza yose yo kwirinda COVID-19.

Ayo mabwiriza  arimo gukaraba intoki n’isabune n’amazi meza, kugera mu rugo ku masaha yagenwe, kubahiriza guhana intera, gutwara abagenzi batarenze 50% mu modoka za rusange zitwara abagenzi, abatwara imodoka zabo ku giti cyabo bakubahiriza amabwiriza yose ajyanye no kwirinda no kurwanya ikwirakwira rya Covid-19.

COVID-19 yigeze gutuma abamotari bakubitika…

Ubwo Leta yoroshyaga ingamba zo kwirinda COVID-19 nyuma ya gahunda ya Guma mu Rugo ya mbere, abamotari bari mu bantu bakomeje kubuzwa gutangira akazi kubera ko akazi kabo gashobora kuba intandaro yo kwandura cyangwa kwanduzanya kiriya cyorezo mu buryo bworoshye.

Bamaze igihe kinini bari mu ngo zabo batarakomorerwa.

Baje gukomororwa nyuma ariko bidatinze, Guma mu rugo ya kabiri iraza barongera basubira mu rugo. Icyo gihe inzego z’ubuzima zavugaga ko abamotari bari mu bantu badohotse ku mabwiriza bituma umubare w’abandura wiyongera.

Izi ngamba zatumye bakubitika.

Ubwo bakomorerwaga muri Kamena, 2020, ibyishimo byabaye byinshi muri Kigali no mu yindi mijyi minini mu Rwanda.

Mu rwego rwo kugabanya ibyago byo kucyanduzanya, inzego z’ubuzima na RURA zategetse abamotari ko ingofero igenewe umugenzi ikurwaho ikirahure, buri mugenzi akagira agatambaro atega mu mutwe, akambara neza agapfumunwa n’amazuru kandi ingofero yambaye ikaba yabanje guterwa umuti wica virusi na mikorobe.

Ubuyobozi bwa Polisi n’ubw’inzego z’ubuzima busaba abamotari kwitwararika bakirinda ko byagaragara ko akazi bakora kari mu gatuma Abanyarwanda benshi bandura, bityo bakaba bafatirwa izindi ngamba zabagiraho ingaruka mbi.

TAGGED:AbagenziAbamotariCOVID-19featuredPolisiRuyenzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bamenya ukina muri Bamenya series na Miss Igisabo muri Equity bank bahawe imirimo mishya
Next Article Abandi Bakobwa 80 Bo Muri Nigeria Bashimuswe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?