Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yaburiye Abafungura Utubari Nta Byangombwa n’Abahimba Ko Bipimishije COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Polisi Yaburiye Abafungura Utubari Nta Byangombwa n’Abahimba Ko Bipimishije COVID-19

admin
Last updated: 02 November 2021 1:53 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yaburiye abantu bajya mu bitaramo cyangwa kureba imipira bahimbye ibyangombwa by’uko bipimishije COVID-19, ko uzabifatirwamo azahanirwa guhimba inyandiko, bitandukanye no kurenga ku mabwiriza.

Kuri uyu wa Mbere Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yari mu kiganiro kuri Televiziyo Rwanda, agaruka ku byaha abantu bamwe barimo gukora bibwira ko ari amakosa asanzwe.

Ati “Hari amakuru dufite ko hari abantu bashobora kuba bahimba ibyangombwa cyane cyane ibijyanye no kwipimisha cyangwa no kuba warakingiwe. Nyamuneka, abatwumva, icyo cyaba ari icyaha ntabwo byaba ari ukureng ku mabwiriza.”

“Guhimba icyangombwa ko wipimishije COVID wenda wari kujya kureba umupira w’uminota 90, bizakuviramo ko ushobora kubihanirwa, ugafungwa igifungo kitari hasi y’imyaka itanu, kitari hejuru y’imyaka irindwi. Iminota 90 igahinduka imyaka, igitaramo cy’amasaha abiri kigahinduka imyaka n’ihazabu itari nkeya. Wenda kwipimisha ni 5000 Frw, uzatanga ihazabu ya miliyoni 3 Frw, ariko zitarenze 5 Frw.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yavuze ko n’ibindi bikorwa byose bisaba kwipimisha cyangwa kuba warikingije COVID-19, abantu bakwiye kubyubahiriza bakirinda kugwa mu byaha.

CP Kabera yanasabye abafite utubari ko amabwiriza ateganya ko ibyangombwa bibemerera gufungura bigomba kuba biri ahagaragara.

Yakomeje ati “Nawe ukwiriye kugira umutimanama ukavuga ngo aha hantu ngiye hemerewe gukora? Ariko iyo bibaye ko polisi ihageze nawe igatangira kukubaza, ugatangira kuvuga ngo ariko ntabwo twari twegeranye, ikibazo icyo gihe ntabwo ari ukwegerana, aba ari ikindi.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yanagarutse ku bantu bakomeje gufatwa batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha.

Yabasabye kubicikaho mu rwego rwo kwirinda impanuka ndetse n’ibindi bihano bahabwa iyo bafashwe.

- Advertisement -

Yavuze ko abantu bajya mu kabari bakajyana n’utanywa inzoga uri bubatware, cyangwa babona bazinyoye bagashaka umushoferi cyangwa bagatega imodoka zisanzwe, aho gutwara izabo.

TAGGED:COVID-19CP KaberafeaturedPolisi y’u RwandaUtubari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’Inkongi Zimaze Iminsi, Polisi Irahugura Abaturage Kuzirinda
Next Article BNR Yagabweho Ibitero Ibihumbi 74 By’Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?