Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yaburiye Abafungura Utubari Nta Byangombwa n’Abahimba Ko Bipimishije COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Polisi Yaburiye Abafungura Utubari Nta Byangombwa n’Abahimba Ko Bipimishije COVID-19

Last updated: 02 November 2021 1:53 pm
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yaburiye abantu bajya mu bitaramo cyangwa kureba imipira bahimbye ibyangombwa by’uko bipimishije COVID-19, ko uzabifatirwamo azahanirwa guhimba inyandiko, bitandukanye no kurenga ku mabwiriza.

Kuri uyu wa Mbere Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yari mu kiganiro kuri Televiziyo Rwanda, agaruka ku byaha abantu bamwe barimo gukora bibwira ko ari amakosa asanzwe.

Ati “Hari amakuru dufite ko hari abantu bashobora kuba bahimba ibyangombwa cyane cyane ibijyanye no kwipimisha cyangwa no kuba warakingiwe. Nyamuneka, abatwumva, icyo cyaba ari icyaha ntabwo byaba ari ukureng ku mabwiriza.”

“Guhimba icyangombwa ko wipimishije COVID wenda wari kujya kureba umupira w’uminota 90, bizakuviramo ko ushobora kubihanirwa, ugafungwa igifungo kitari hasi y’imyaka itanu, kitari hejuru y’imyaka irindwi. Iminota 90 igahinduka imyaka, igitaramo cy’amasaha abiri kigahinduka imyaka n’ihazabu itari nkeya. Wenda kwipimisha ni 5000 Frw, uzatanga ihazabu ya miliyoni 3 Frw, ariko zitarenze 5 Frw.”

Yavuze ko n’ibindi bikorwa byose bisaba kwipimisha cyangwa kuba warikingije COVID-19, abantu bakwiye kubyubahiriza bakirinda kugwa mu byaha.

CP Kabera yanasabye abafite utubari ko amabwiriza ateganya ko ibyangombwa bibemerera gufungura bigomba kuba biri ahagaragara.

Yakomeje ati “Nawe ukwiriye kugira umutimanama ukavuga ngo aha hantu ngiye hemerewe gukora? Ariko iyo bibaye ko polisi ihageze nawe igatangira kukubaza, ugatangira kuvuga ngo ariko ntabwo twari twegeranye, ikibazo icyo gihe ntabwo ari ukwegerana, aba ari ikindi.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yanagarutse ku bantu bakomeje gufatwa batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha.

Yabasabye kubicikaho mu rwego rwo kwirinda impanuka ndetse n’ibindi bihano bahabwa iyo bafashwe.

Yavuze ko abantu bajya mu kabari bakajyana n’utanywa inzoga uri bubatware, cyangwa babona bazinyoye bagashaka umushoferi cyangwa bagatega imodoka zisanzwe, aho gutwara izabo.

TAGGED:COVID-19CP KaberafeaturedPolisi y’u RwandaUtubari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’Inkongi Zimaze Iminsi, Polisi Irahugura Abaturage Kuzirinda
Next Article BNR Yagabweho Ibitero Ibihumbi 74 By’Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FDLR Yarwanye Na Mai Mai

Imitangire Ya Serivisi Ntiranoga- RGB

Umusaruro Mbumbe W’ u Rwanda Wazamutseho 11.8% Mu Gihembwe Cya Gatatu

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

Umuvuno Wa Leta Wo Guca Amapfa Muri Kayonza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

Uburundi Buvuga Ko Nibiba Ngombwa Buzarwana N’u Rwanda 

Venezuela Ivuga Ko Trump Nta Kindi Ayishakaho Kitari Petelori

You Might Also Like

Mu mahanga

Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyarwanda Babiri Baguye Mu Mpanuka Yabereye Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Pariki Y’Akagera Yinjije Miliyari Frw 6.7, Imwe Iyiha Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?