Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yaburiye Abafungura Utubari Nta Byangombwa n’Abahimba Ko Bipimishije COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Polisi Yaburiye Abafungura Utubari Nta Byangombwa n’Abahimba Ko Bipimishije COVID-19

Last updated: 02 November 2021 1:53 pm
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yaburiye abantu bajya mu bitaramo cyangwa kureba imipira bahimbye ibyangombwa by’uko bipimishije COVID-19, ko uzabifatirwamo azahanirwa guhimba inyandiko, bitandukanye no kurenga ku mabwiriza.

Kuri uyu wa Mbere Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yari mu kiganiro kuri Televiziyo Rwanda, agaruka ku byaha abantu bamwe barimo gukora bibwira ko ari amakosa asanzwe.

Ati “Hari amakuru dufite ko hari abantu bashobora kuba bahimba ibyangombwa cyane cyane ibijyanye no kwipimisha cyangwa no kuba warakingiwe. Nyamuneka, abatwumva, icyo cyaba ari icyaha ntabwo byaba ari ukureng ku mabwiriza.”

“Guhimba icyangombwa ko wipimishije COVID wenda wari kujya kureba umupira w’uminota 90, bizakuviramo ko ushobora kubihanirwa, ugafungwa igifungo kitari hasi y’imyaka itanu, kitari hejuru y’imyaka irindwi. Iminota 90 igahinduka imyaka, igitaramo cy’amasaha abiri kigahinduka imyaka n’ihazabu itari nkeya. Wenda kwipimisha ni 5000 Frw, uzatanga ihazabu ya miliyoni 3 Frw, ariko zitarenze 5 Frw.”

Yavuze ko n’ibindi bikorwa byose bisaba kwipimisha cyangwa kuba warikingije COVID-19, abantu bakwiye kubyubahiriza bakirinda kugwa mu byaha.

CP Kabera yanasabye abafite utubari ko amabwiriza ateganya ko ibyangombwa bibemerera gufungura bigomba kuba biri ahagaragara.

Yakomeje ati “Nawe ukwiriye kugira umutimanama ukavuga ngo aha hantu ngiye hemerewe gukora? Ariko iyo bibaye ko polisi ihageze nawe igatangira kukubaza, ugatangira kuvuga ngo ariko ntabwo twari twegeranye, ikibazo icyo gihe ntabwo ari ukwegerana, aba ari ikindi.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yanagarutse ku bantu bakomeje gufatwa batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha.

Yabasabye kubicikaho mu rwego rwo kwirinda impanuka ndetse n’ibindi bihano bahabwa iyo bafashwe.

Yavuze ko abantu bajya mu kabari bakajyana n’utanywa inzoga uri bubatware, cyangwa babona bazinyoye bagashaka umushoferi cyangwa bagatega imodoka zisanzwe, aho gutwara izabo.

TAGGED:COVID-19CP KaberafeaturedPolisi y’u RwandaUtubari
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Y’Inkongi Zimaze Iminsi, Polisi Irahugura Abaturage Kuzirinda
Next Article BNR Yagabweho Ibitero Ibihumbi 74 By’Ikoranabuhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?