Hari abaturage batuye Ikirwa cya Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko bizeye kuzarya iminsi mikuru nta mutima uhagaze nyuma y’uko hari abagabo batandatu bafashwe babibaga umusubizo.
Abo bagabo kandi barakuze kuko bafite hagati y’imyaka 40 n’imyaka 62 y’amavuko, bakavugwaho kwiba imyaka mu mirima, kwiba amatungo bayakuye mu biraro cyangwa bayazituye.
Polisi n’inzego bakorana bakoze umukwabo wafatiwemo abo bagabo, bafatiwe mu Tugari twa Kamagimbo, Rwenje na Bugarura muri Rusizi.
Abo bagabo bavugwaho kandi kwiba imitego abarobyi babaga bategesheje amafi, bagatega abaturage batashye bakabacucura telefoni, amafaranga n’ibindi.
Umwe muri abo baturage yabwiye bagenzi bacu ba Imvaho Nshya ko ubu ikizere bafite cy’uko bazarya neza iminsi mikuru ari cyose nyuma y’ifatwa ryabo bantu.
Bidakuya Jean ati: “Turashimira cyane ubuyobozi bw’Umurenge wacu n’Inzego z’umutekano ziwukoreramo. Zafashe abo bajura bari baratuzengereje. Hari n’abibaga ubwato bwa bagenzi babo bakajya kubugurisha muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo hakaba n’abajyaga mu kiyaga cya Kivu kwangiza utwana tw’amafi n’isambaza bakoresheje imitego itemewe ikozwe mu nzitiramibu. Ubu twizeye ko tuzarya neza iminsi mikuru, tukaryama tugasinzira.”
Abaturage bavuga ko bisaba ko umuntu arara aryamiye amajanja ngo nihagira igikoma atabare.
Ni muri u bwo buryo uwitwa Mapendo aherutse gutesha umwe muri bari baje kumwiba ihene mu kiraro cyayo, akemeza ko ubwo abo bafashwe wenda biri bukure abandi umutima bakaba babiretse bityo abantu bakaruhuka.
Ubujura nk’ubwo bukunze kugaragara mu gihe cy’iminsi mikuru kuko abantu baba bashaka kubona amafaranga yo kunywera no kuyishimishamo.
Ndagijimana Damien uyobora Umurenge wa Nkombo yavuze ko abafashwe bajyanywe kuri sitasiyo ya Polisi ya Nkombo.
Asaba abaturage kuzirikana ko ubujura nta mwanya bufite mu mibereho y’Abanyarwanda ahubwo ko ikiruta ibyo byose ari ugukora bakiteza imbere.
Ati: “Si aba bonyine kuko hari n’abandi dufata bakigishwa, abiyemeje guhinduka bagasubira mu ngo zabo bakadufasha gucunga umutekano, abadahindutse bagahanwa. Turashimira cyane abaturage kubera uruhare bagira mu gutanga amakuru y’abashaka kubacuza ibyo bavunikiye.”
Yavuze ko nk’ubuyobozi bazi ko mu bihe nk’ibi by’iminsi mikuru irangiza ikanatangira umwaka, hari ababa bashaka kurya ibyo batavunikiye, bashimishwa no kwiba ababiruhiye, gusa akavuga ko abo badashobora kubigeraho.
Nkombo ni umwe mu mirenge 18 igize Akarere ka Rusizi, ukaba utuwe n’abaturage 18,637.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wawo Damien Ndagijimana yabwiye Taarifa Rwanda ko gushakisha abakora ubujura ari umurimo uzahoraho mu rwego rwo gutuma abaturage ayoboye bakomeza gutekana.


