Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yagaruje Amafaranga Yari Yibwe Umuturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Yagaruje Amafaranga Yari Yibwe Umuturage

admin
Last updated: 06 March 2022 4:09 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku wa Gatanu tariki ya 04 Werurwe yagaruje  800.500 Frw, muri 1.200.000 Frw yari yibwe umucuruzi.

Ni amafaranga y’umugabo ucuruza ibigori mu duce dutandukanye tw’Intara y’Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali.

Yibwe ku wa Gatatu tariki ya 02 Werurwe, uwayatwaye aza gufatirwa iwe mu rugo mu mudugudu wa Nyagacyamu, Akagali ka Muganza, Umurenge wa Runda, Akarere ka Kamonyi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo SP Theobald Kanamugire yavuze ko uwo mugabo ukekwaho kwiba amafaranga yafashwe nyuma y’uko nyirayo yatabaje Polisi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yatanze ikirego ko “yibwe amafarnga n’umukozi we” yahaye akazi ko “kumucururiza ibigori mu Murenge wa Runda bifite agaciro ka 1.200.000 Frw yamaze kubigurisha aho kuzanira amafaranga nyirayo yahise ayatwara yose aburirwa irengero.”

Polisi ikorera Karere ka Kamonyi yahise itangira kumushakisha  imufatira kuwa Gatanu iwe mu rugo mu mududugudu wa Nyagacamu, mu Kagali ka Muganza.

Yafashwe asigaranye  800.500 Frw muri miliyoni 1.200.000 Frw yari yibye.

SP Kanamugire yatangaje ko uriya mugabo “akimara gufatwa yavuze ko a yandi mafaranga yayagurije umuntu”.

Yagiriye inama abantu bose bafite ingeso yo kwiba ko babireka kuko inzego z’umutekano zifatanije n’abaturage zakajije umurego wo kubafata, anabibutsa ko ari icyaha gihanwa n’amategeko

- Advertisement -

Yakomeje ashimira abaturage bakomeje gutanga amakuru y’abajura biba abaturage,  anabasaba kongera ingufu mu kwicungira umutekano wabo n’ibintu byabo.

Ukekwaho ubu bujura yashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB)n, kugira ngo akurikiranwe.

Itegeko ku cyaha cy’ubujura riteganya igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

TAGGED:featuredPolisi y’u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Macron Ati: ‘ U Bufaransa Nshaka Ni Ubw’Abashaka Impinduka, Si Ubw’Abizirika Ku K’Ejo’
Next Article Minisitiri W’Ubucuruzi Béatha Habyarimana Avuga Ko Hari Abacuruzi Bazamuye Ibiciro Ku Bwende Bwabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?