Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yasabwe Kuzakora Byose Umutekano Mu Minsi Mikuru Ugasagamba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Polisi Yasabwe Kuzakora Byose Umutekano Mu Minsi Mikuru Ugasagamba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2023 6:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana yaraye asabye Polisi y’u Rwanda kuzakomeza kuba maso mu minsi mikuru irangiza umwaka, ikazaba mu mutekano usesuye.

Yabisabiye mu Nama nkuru ya Polisi y’u Rwanda yaraye iteraniye ku kicaro gikuru cy’uru rwego kiri ku Kacyiru.

Minisitiri Gasana mu ijambo rye yagarutse ku bikorwa bitandukanye byo kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka, avuga ko usanga birangwa n’ibirori bitandukanye birimo  ibitaramo by’abahanzi, amasengesho y’amadini n’ibindi.

Yabwiye abayobozi ba Polisi n’abapolisi muri rusange kuzakomeza kuba maso kugira ngo hatagira umuturage uhungabana, byose bikazaba mu mutekano usesuye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagarutse ku ruhare rwa Polisi mu kurinda umutekano w’abantu n’ibyabo, avuga ko bigerwaho igihe hasuzumwe imbogamizi zigaragara mu kazi ka buri munsi zigashakirwa ibisubizo.

Gasana yashimiye Polisi y’u Rwanda ku mbaraga ishyira mu gucunga umutekano n’ibikorwa byo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, hibandwa ku guhangana n’ibitera guhungabana  k’umutekano.

Yashimye abapolisi bitwara neza mu kazi, bakarangwa n’ikinyabupfura ariko anenga abagaragaje imyitwarire mibi yatumye hari n’abirukanwa.

Muri iyi nama yahuje ubuyobozi bukuru bwa Polisi Minisitiri ufite uru rwego mu nshingano ze yashimye umurava abapolisi bagaragaje mu mwaka wa 2023 binyuze mu kurinda umutekano mu muhanda, mu mazi, gutabara ahabaye ibyago birimo n’inkongi n’ibindi.

Uyu murava kandi yabasabye kuzawurambana

- Advertisement -
Minisitiri w’umutekano mu gihugu Alfred Gasana

Ati: “Abapolisi bagaragaye hirya no hino mu bikorwa by’ubutabazi bitandukanye nk’ibiza, inkongi z’umuriro, impanuka zo mu muhanda n’ibindi. Ubuyobozi bw’Igihugu cyacu buzakomeza gufasha Polisi y’u Rwanda mu buryo bwose bushoboka kugira ngo mukomeze kuzuza izo nshingano zanyu neza, ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage muri rusange.”

Yasezeranyije uru rwego ko Guverinoma izakomeza kurushakira imbaraga kugira ngo rukomeze kurinda Abanyarwanda.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Felix Namuhoranye yibukije abo ashinzwe ko  indangagaciro indangagaciro zibaranga zikubiyemo  gukunda akazi, disipuline n’ubunyamwuga.

IGP Felix Namuhoranye

IGP Namuhoranye yongeye kubaburira ko Polisi itazihanganira ruswa kandi asaba buri wese guha umuturage serivisi nziza  no gukorana bya hafi n’abaturage mu bikorwa byo gucunga umutekano na gahunda zigamije iterambere.

Inama Nkuru ya Polisi ihuza abayobozi bakuru ba Polisi y’u Rwanda ku rwego rw’igihugu, abayobora amashami atandukanye ya Polisi, abayobora amashuri ya Polisi y’u Rwanda, abayobora Polisi y’u Rwanda ku rwego rw’Intara, Umujyi wa Kigali no ku rwego rw’uturere.

Buri gihe uko yateranye igomba kuba iyobowe na Minisitiri ufite Polisi mu nshingano ze, ubu akaba ari Gasana Alfred.

Iyi nama yitabirwa n’abayobozi bakuru ba Polisi guhera ku rwego rw’igihugu kugeza ku rwego rw’Akarere
Abayobozi bakuru ba Polisi bicaye imbere
Ubanza ibumoso yitwa ACP Sakindi Oscar ashinzwe ikoranabuhanga muri Polisi y’u Rwanda
TAGGED:featuredGasanaNamuhoranyePolisiRwandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inteko Y’Ubwongereza Yashyigikiye Ibyo Kohereza Abimukira Mu Rwanda
Next Article Unity Club Yongeye Gusabana N’Impinganzima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?