Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yishe Abantu Batanu, 21 Batabwa Muri Yombi Nyuma y’Ibitero Byagabwe i Kampala
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Polisi Yishe Abantu Batanu, 21 Batabwa Muri Yombi Nyuma y’Ibitero Byagabwe i Kampala

admin
Last updated: 19 November 2021 9:39 am
admin
Share
SHARE

Polisi ya Uganda yatangaje ko imaze gufata abantu 21 bakekwaho ko bagize agatsiko gakomeje kugaba ibitero bitandukanye mu gihugu, gashamikiye ku mutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Batanu bo barashwe bagerageza gutoroka inzego z’umutekano.

Ku wa Kabiri nibwo abantu batatu biturikirijeho ibisasu mu murwa mukuru Kampala, bihitana abantu batatu bikomeretsa abandi 37, benshi muri bo ni abapolisi.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda CP Fred Enanga, kuri uyu wa Kane yatangaje ko inzego zihuriweho zikomeje gushakisha no gusenya udutsiko tw’iterabwoba turi imbere mu gihugu, dukorana na ADF.

Yavuze ko Polisi imaze gufata abantu 21 bakekwaho uruhare mu iterabwoba, mu dutsiko twa ADF twakoreraga mu turere twa Mpererwe, Lweza, Luweero, Ntoroko na Bundibugyo.

Ati “Ifatwa ryabo ryashingiwe ku makuru yatanzwe n’abo bakoranaga n’abo bafatanyaga kugambana, bahishuye uko bateguraga ndetse bagakora ibikorwa byabo by’iterabwoba.”

CP Enanga yavuze ko inzego z’umutekano zabanje gukurikirana abantu bane mu karere ka Ntoroko, ziza gushyiraho bariyeri ngo zibahagarike. Bakekwaho ko bakoraga mu bijyanye no gushaka abarwanyi bashya n’ibikoresho.

Ati “Bararashwe baricwa ubwo bageragezaga kurenga bariyeri ngo batoroke.”

Mu kindi gikorwa cyateguwe, ngo hafashwe abantu 13 barimo abakuru 7 n’abana 6 bato cyane bafite imyaka hagati ya 12 n’imyaka itanu, bafashwe bikekwaho ko bajyanwe mu birindiro bya ADF muri Congo.

Umwe ngo yaje kubwira abashinzwe umutekano ko yahawe akazi na Sheikh Muhammad Kirevu uzwi nka Abbas Kirevu.

Enanga yakomeje ati “Uwo Sheikh yarafashwe ariko yanga kwambara amapingu. Nyuma yaje kugerageza gutoroka ubwo yari ajyanywe ku modoka y’abashinzwe umutekano, bituma habaho kurasa, bahita bamwica.”

Sheikh Muhammad Kirevu ashinjwa ko yakoranaga n’undi witwa Sheikh Sulaiman Nsubuga we utarafatwa, mu kwinjiza abarwanyi bashya ba ADF.

Muri ibyo bikorwa byo gusaka, ngo abashinzwe umutekano banafashe ibiturika byinshi barabitegura, batahura n’imbunda yo mu bwoko bwa AK-47.

CP Enanga yasabye abaturage kurushaho kwitwararika, ndetse ko ifatwa rya bariya ritanga ubutumwa ko umuntu wese ushyigikira iterabwoba muri Uganda azafatwa akabibazwa.

Yavuze ko mu gihe iminsi mikuru ikomeje kwegereza, abantu bakwiye kwirinda guhurira hamwe ari benshi kubera ko bishobora guha urwaho iterabwoba, cyane ko abarikora bagamije guhitana abantu benshi.

TAGGED:ADFfeaturedFred EnangaIterabwobaKampalaPolisi ya UgandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yakuyeho Ibihano Byari Byarafatiwe u Burundi
Next Article Perezida Kagame Yijeje Impinduka Ku Bihano Bikomeje Gutangwa Mu Muhanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?