Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yishe Abantu Batanu, 21 Batabwa Muri Yombi Nyuma y’Ibitero Byagabwe i Kampala
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Polisi Yishe Abantu Batanu, 21 Batabwa Muri Yombi Nyuma y’Ibitero Byagabwe i Kampala

Last updated: 19 November 2021 9:39 am
Share
SHARE

Polisi ya Uganda yatangaje ko imaze gufata abantu 21 bakekwaho ko bagize agatsiko gakomeje kugaba ibitero bitandukanye mu gihugu, gashamikiye ku mutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Batanu bo barashwe bagerageza gutoroka inzego z’umutekano.

Ku wa Kabiri nibwo abantu batatu biturikirijeho ibisasu mu murwa mukuru Kampala, bihitana abantu batatu bikomeretsa abandi 37, benshi muri bo ni abapolisi.

Umuvugizi wa Polisi ya Uganda CP Fred Enanga, kuri uyu wa Kane yatangaje ko inzego zihuriweho zikomeje gushakisha no gusenya udutsiko tw’iterabwoba turi imbere mu gihugu, dukorana na ADF.

Yavuze ko Polisi imaze gufata abantu 21 bakekwaho uruhare mu iterabwoba, mu dutsiko twa ADF twakoreraga mu turere twa Mpererwe, Lweza, Luweero, Ntoroko na Bundibugyo.

Ati “Ifatwa ryabo ryashingiwe ku makuru yatanzwe n’abo bakoranaga n’abo bafatanyaga kugambana, bahishuye uko bateguraga ndetse bagakora ibikorwa byabo by’iterabwoba.”

CP Enanga yavuze ko inzego z’umutekano zabanje gukurikirana abantu bane mu karere ka Ntoroko, ziza gushyiraho bariyeri ngo zibahagarike. Bakekwaho ko bakoraga mu bijyanye no gushaka abarwanyi bashya n’ibikoresho.

Ati “Bararashwe baricwa ubwo bageragezaga kurenga bariyeri ngo batoroke.”

Mu kindi gikorwa cyateguwe, ngo hafashwe abantu 13 barimo abakuru 7 n’abana 6 bato cyane bafite imyaka hagati ya 12 n’imyaka itanu, bafashwe bikekwaho ko bajyanwe mu birindiro bya ADF muri Congo.

Umwe ngo yaje kubwira abashinzwe umutekano ko yahawe akazi na Sheikh Muhammad Kirevu uzwi nka Abbas Kirevu.

Enanga yakomeje ati “Uwo Sheikh yarafashwe ariko yanga kwambara amapingu. Nyuma yaje kugerageza gutoroka ubwo yari ajyanywe ku modoka y’abashinzwe umutekano, bituma habaho kurasa, bahita bamwica.”

Sheikh Muhammad Kirevu ashinjwa ko yakoranaga n’undi witwa Sheikh Sulaiman Nsubuga we utarafatwa, mu kwinjiza abarwanyi bashya ba ADF.

Muri ibyo bikorwa byo gusaka, ngo abashinzwe umutekano banafashe ibiturika byinshi barabitegura, batahura n’imbunda yo mu bwoko bwa AK-47.

CP Enanga yasabye abaturage kurushaho kwitwararika, ndetse ko ifatwa rya bariya ritanga ubutumwa ko umuntu wese ushyigikira iterabwoba muri Uganda azafatwa akabibazwa.

Yavuze ko mu gihe iminsi mikuru ikomeje kwegereza, abantu bakwiye kwirinda guhurira hamwe ari benshi kubera ko bishobora guha urwaho iterabwoba, cyane ko abarikora bagamije guhitana abantu benshi.

TAGGED:ADFfeaturedFred EnangaIterabwobaKampalaPolisi ya UgandaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yakuyeho Ibihano Byari Byarafatiwe u Burundi
Next Article Perezida Kagame Yijeje Impinduka Ku Bihano Bikomeje Gutangwa Mu Muhanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?