Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Y’U Rwanda Ikomeje Kwiyubakira Ubunyamwuga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Polisi Y’U Rwanda Ikomeje Kwiyubakira Ubunyamwuga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 March 2021 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborereDIGP/AP Juvénal Marizamunda avuga ko Polisi y’u Rwanda ikomeje kandi izakomeza guhugura abakozi bayo kugira ngo baneze ubunyamwuga bwabo kandi mu buryo bugendanye n’ibihe Isi igezemo.

Yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 05, Werurwe, 2021 abibwira abapolisi 40 bari barangiye amasomo mu ishuri rikuru rya Polisi iri mu Karere ka Musanze.

Bari barangije icyiciro cya 10 cy’amasomo agenewe abofisiye bato.

Ariya masomo atangwa mu rwego rwo kongerera  abapolisi ubumenyi mu by’ubuyobozi ku rwego rw’ibanze (Police Tactical Command Course).

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Atangwa kandi mu rwego rwo gutegura abofisiye bari ku rwego ruto kugira ngo barusheho kunoza imirimo yabo ya buri munsi mu bijyanye n’imiyoborere. 

Yatanzwe mu byumweru 16 bingana n’amezi 4.

Asoza ariya mahugurwa ku mugaragaro, umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere DIGP/AP Juvenal Marizamunda yashimiye aba bofisiye uburyo bitwaye neza mu gihe cy’amezi ane  bari bamaze bahabwa amasomo kandi bakaba barayakurikiye neza n’ubwo hari mu bihe bigoye by’icyorezo cya COVID-19.

Yavuze ko Polisi y’u Rwanda ihora iharanira kongerera  ubumenyi abapolisi kugira ngo babashe kurushaho kunoza imirimo bashinzwe ya buri munsi.

Ati “Muri icyiciro cya 10 cy’abapolisi b’abofisiye mumaze guhabwa aya masomo muri Polisi y’u Rwanda, ikigamijwe ni ukubategura gukora inshingano neza mu mirimo mukora buri munsi. Twashyize imbaraga mu kubaka igipolisi cy’umwuga kijyanye n’igihe binyuze mu mahugurwa.”

- Advertisement -
DIGP/AP Marizamunda aha impamyabumenyi abapolisi barangije amahugurwa

DIGP/AP Marizamunda yakomeje avuga ko kubaka igipolisi cy’umwuga bitagarukira mu gutanga amahugurwa  gusa ko ahubwo hanongerwa umubare w’ibikorwaremezo cyane cyane hibandwa ku ikoranabuhanga. 

Yavuze ko muri iki gihe isi yabaye nk’umudugudu kubera ikoranabuhanga bityo n’abakora ibyaha barimo kurushaho kubikora bifashishije iryo koranabuhanga.

Ati”  Kuri ubu bitewe n’umuvuduko isi ifite mu iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga, abanyabyaha nabo  barimo guhuriza hamwe bagakora ibyaha aho umwe ashobora  kwicara mu gihugu kimwe agacura umugambi wo gukora icyaha afatanyije na mugenzi we uri mu kindi gihugu. Tujya duhura n’ingeri zitandukanye z’abantu nk’abo , niyo mpamvu natwe tugomba guhugura abapolisi mu mikoreshereze y’ikoranabuhanga mu gutahura abo banyabyaha.”

Yasabye abahuguwe kuzakoresha neza ibyo bigishijwe ntibizabe amasigaracyicaro. Yabasabye guhora ‘barangwa n’ikinyabupfura nk’uko gisanzwe kiranga  Polisi y’u Rwanda.’

Umuyobozi w’ishuri rikuru  rya Polisi riri i Musanze ,  Commissioner of Police (CP) Christophe Bizimungu  yashimiye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda buhora buharanira kongerera ubumenyi n’ubushobozi abapolisi. Yanashimiye abapolisi uburyo bitwaye mu bihe by’amezi 4 bari bamaze biga.

Yagize ati “ Hari mu bihe  bigoye by’icyorezo cya COVID-19  ariko mwabyitwayemo neza mukurikirana neza amasomo kandi mwubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo.  Ni ibyo kwishimira kuko mwaranatsinze mwese nta wagize ikibazo mu myigire, turashimira n’abarimu bababaye hafi bakabigisha  umunsi  k’uwundi.”

Chief Inspector of Police (CIP) Celine Benimana ni  umwe mu bahuguwe, yavuze ko amahugurwa yari amazemo amezi ane hari byinshi amwunguye mu bijyanye n’akazi akora ka buri munsi.

Yagize ati  “Aya mahugurwa ni ingenzi k’umupolisi wo mu cyiciro cyacu cy’abofisiye  bato kuko mu kazi kacu tuba dufite inshingano zo kuyobora abandi bapolisi ndetse n’abaturage aho dukorera mu mashami ya Polisi, muri za sitasiyo za Polisi no mu turere”

Aba bofisiye bahawe amahugurwa ajyanye n’imirimo ikorerwa mu biro ndetse n’imirimo ikorerwa hanze y’ibiro. Bahawe amasomo ajyanye no guhosha imyigaragambyo, amategeko, gucunga umutekano w’abantu n’ibyabo, ubumenyi  ku mbunda, gutegura ibikorwa bya Polisi n’ibindi bijyanye nabyo.

Ubusanzwe, Polisi y’u Rwanda yubakiye ku nkingi eshatu: Gutanga Serivisi, Kurinda Abanyarwanda n’ibyabo ndetse no kugira Ubunyangamugayo.

TAGGED:featuredMarizamundaMusanzePolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibikoresho Byo Kubakira Umusaza Nyagashotsi ‘Wabaye Inyenzi’ Byahageze
Next Article Papa Francis Ari Kugerageza Guhuza Impande Ebyiri Za Islam
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?