Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Y’u Rwanda Imaze Gusinyana N’Izo Mu Mahanga Amasezerano 15
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Polisi Y’u Rwanda Imaze Gusinyana N’Izo Mu Mahanga Amasezerano 15

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2022 2:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza avuga ko mu rwego rwo gukorana na Polisi z’amahanga mu gukumira no kurwanya iterabwoba muri Afurika, Polisi y’u Rwanda yasinyanye nazo amasezerano 15.

Ni mu ijambo yavuze ubwo yakiraga itinda ry’Abasenateri bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itanu.

Bazaganira n’abayobozi mu nzego z’umutekano, basure n’ahantu hatandukanye herekana uko u Rwanda rwita ku baturage barwo.

N’Ikimenyimenyi nyuma yo kuganira n’ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda, bahise bakirwa n’Urwego rw’ubugenzacyaha bajya kwerekwa aho uru rwego rwateganyije mu rwego rwo kwakira abaturage bakorewe ihohoterwa.

Ni muri Isange One Stop Center, iki kibaka ari icyumba uwahohotewe ahererwamo ubufasha bukomatanyije kugira ngo yitabweho uko bikwiye.

Bakiririwe muri Isange One Stop Center iri bitaro bikuru bya Polisi biri ku Kacyiru biyoborwa na Commissioner of Police( CP)Dr  Daniel Nyamwasa.

Tugarutse ku ijambo Umuyobozi mukuru wa Polisi yagejeje ku Basenateri basuye urwego ayoboye, yababwiye ko Polisi y’u Rwanda isinyana  kandi izakomeza gusinya andi masezerano y’ubufatanye n’izindi nzego za Polisi harimo na Polisi ya Zimbabwe.

Intego ni uguhuza imbaraga mu guhangana n’ibibazo by’umutekano.

IGP Munyuza avuga ko byose Polisi ibikora igamije kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga n’ibyambukiranya umupaka.

Ati: “ Polisi y’u Rwanda ikomeje kugirana ubufatanye n’izindi nzego za Polisi mu Karere ndetse n’ahandi. Kugeza ubu, twasinyanye amasezerano y’ubufatanye arenga 15 n’inzego za Polisi zitandukanye.”

Abayobozi ba Polisi y’u Rwanda n’Abasenateri ubwo bahuraga bakaganira

Yavuze ko Polisi y’u Rwanda itarinda Abanyarwanda gusa ahubwo umutekano iwugeza no mu mahanga aho yitabajwe.

Ubu ifite abapolisi mu bihugu bine.

Yungamo ko aho Polisi igiye hose iba igomba gukorana n’abaturage kugira ngo igere ku ntego zayo zo gutanga umutekano urambye.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda avuga ko ibyo Urwego ayobora rukora byose bigendera mu cyerekezo Perezida Paul Kagame yahaye u Rwanda kugira ngo rutere imbere kandi rufite abaturage batekanye.

Polisi y’u Rwanda yashyizeho gahunda yo kutagira usigara inyuma mu kubumbatira umutekano w’abantu bose binyuze mu gukorana n’abaturage.

IGP Munyuza yashimiye Abasenateri ba Zimbabwe bahisemo gusura urwego ayoboye  ngo rubasangize ubumenyi mu rugendo rw’u Rwanda rugana ku mahoro n’umutekano birambye.

TAGGED:featuredMunyuzaPolisiRwandaZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ndi Mwiza, Nzi N’Ubwenge, Nje Gufasha Abafite Ibibazo Byo Mu Mutwe …:Ikiganiro Ushaka Kuba Miss Rwanda
Next Article Perezida Kagame Yasuye Ishuri Rikuru Rya Gisirikare Muri Mauritania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?