Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Y’u Rwanda Imaze Gusinyana N’Izo Mu Mahanga Amasezerano 15
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Polisi Y’u Rwanda Imaze Gusinyana N’Izo Mu Mahanga Amasezerano 15

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2022 2:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza avuga ko mu rwego rwo gukorana na Polisi z’amahanga mu gukumira no kurwanya iterabwoba muri Afurika, Polisi y’u Rwanda yasinyanye nazo amasezerano 15.

Ni mu ijambo yavuze ubwo yakiraga itinda ry’Abasenateri bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itanu.

Bazaganira n’abayobozi mu nzego z’umutekano, basure n’ahantu hatandukanye herekana uko u Rwanda rwita ku baturage barwo.

N’Ikimenyimenyi nyuma yo kuganira n’ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda, bahise bakirwa n’Urwego rw’ubugenzacyaha bajya kwerekwa aho uru rwego rwateganyije mu rwego rwo kwakira abaturage bakorewe ihohoterwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni muri Isange One Stop Center, iki kibaka ari icyumba uwahohotewe ahererwamo ubufasha bukomatanyije kugira ngo yitabweho uko bikwiye.

Bakiririwe muri Isange One Stop Center iri bitaro bikuru bya Polisi biri ku Kacyiru biyoborwa na Commissioner of Police( CP)Dr  Daniel Nyamwasa.

Tugarutse ku ijambo Umuyobozi mukuru wa Polisi yagejeje ku Basenateri basuye urwego ayoboye, yababwiye ko Polisi y’u Rwanda isinyana  kandi izakomeza gusinya andi masezerano y’ubufatanye n’izindi nzego za Polisi harimo na Polisi ya Zimbabwe.

Intego ni uguhuza imbaraga mu guhangana n’ibibazo by’umutekano.

IGP Munyuza avuga ko byose Polisi ibikora igamije kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga n’ibyambukiranya umupaka.

- Advertisement -

Ati: “ Polisi y’u Rwanda ikomeje kugirana ubufatanye n’izindi nzego za Polisi mu Karere ndetse n’ahandi. Kugeza ubu, twasinyanye amasezerano y’ubufatanye arenga 15 n’inzego za Polisi zitandukanye.”

Abayobozi ba Polisi y’u Rwanda n’Abasenateri ubwo bahuraga bakaganira

Yavuze ko Polisi y’u Rwanda itarinda Abanyarwanda gusa ahubwo umutekano iwugeza no mu mahanga aho yitabajwe.

Ubu ifite abapolisi mu bihugu bine.

Yungamo ko aho Polisi igiye hose iba igomba gukorana n’abaturage kugira ngo igere ku ntego zayo zo gutanga umutekano urambye.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda avuga ko ibyo Urwego ayobora rukora byose bigendera mu cyerekezo Perezida Paul Kagame yahaye u Rwanda kugira ngo rutere imbere kandi rufite abaturage batekanye.

Polisi y’u Rwanda yashyizeho gahunda yo kutagira usigara inyuma mu kubumbatira umutekano w’abantu bose binyuze mu gukorana n’abaturage.

IGP Munyuza yashimiye Abasenateri ba Zimbabwe bahisemo gusura urwego ayoboye  ngo rubasangize ubumenyi mu rugendo rw’u Rwanda rugana ku mahoro n’umutekano birambye.

TAGGED:featuredMunyuzaPolisiRwandaZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ndi Mwiza, Nzi N’Ubwenge, Nje Gufasha Abafite Ibibazo Byo Mu Mutwe …:Ikiganiro Ushaka Kuba Miss Rwanda
Next Article Perezida Kagame Yasuye Ishuri Rikuru Rya Gisirikare Muri Mauritania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?