Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Putin Ati: “ Trump Nampamagara Nzamwitaba”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Putin Ati: “ Trump Nampamagara Nzamwitaba”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2024 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Putin avuga ko Trump namuhamagara azamwitaba
SHARE

Perezida w’Uburusiya yavuze ko yiteguye kwitaba Donald Trump igihe cyose azatera intambwe akamuhamagara. Yaboneyeho no kumushimira intsinzi aherutse kwegukana mu matora y’Umukuru w’Amerika aheruka.

Ashima kandi uko Trump yitwaye mu gihe cyose yamaze yiyamamariza kongera kuyobora Amerika.

Donald Trump yayoboye Leta zunze ubumwe z’Amerika bwa mbere hagati y’umwaka wa 2017 n’umwaka wa 2021.

Ubwa mbere yayoboye amaze gutsinda mu matora Hillary Clinton, ubu akaba agiye kuyobora nyuma yo kwigizayo Kamala Harris.

Vladmir Putin yabwiye Donald Trump ko Uburusiya bwiteguye gukorana n’Amerika igihe cyose izaba ari yo igaragaje ubwo bushake.

Mu ngingo yagarutseho ubwo yagiraga icyo avuga kubyo abona azakorana na Amerika, Putin yanashimye uko Trump yitwaye nyuma y’uko umuntu amurashe akamuhusha.

Ngo byagaragaje ko ari umugabo.

Putin yabwiye abagize Club yitwa Valdai Club ikorera ahitwa Sochi ati: “Mboneyeho umwanya wo kumushimira ku ntsinzi aherutse kwegukana yo kuyobora Amerika”.

Yavuze ko kugeza ubu nta gahunda ihamye yo kuganira na Donald Trump aragira ariko ko naramuka amuhamagaye, azamwitaba.

Perezida w’Uburusiya yunzemo ko nihagira n’undi muyobozi wo mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi( Uburayi n’Amerika) umuhamagara nk’uko babigenzaga mbere-buri Cyumweru ntihaburaga umuhamagara-azamwitaba.

Mu kwiyamamaza kwe, Donal Trump yavuze ko natorwa azahagarika intambara y’Uburusiya na Ukraine ‘mu munsi umwe’.

Yatangaje ko azahagarika inkunga ya gisirikare igihugu cye cyahaga Ukraine, ariko ubuyobozi bwa Ukraine bwo bukavuga ko ibyo Trump avuga bitapfa gushoboka muri iki gihe.

Putin we avuga hakiri kare kwemeza ko ibyo Donald Trump yavugiye mu kwiyamamaza azabisohoza kuko ngo byari ibyo kwishakira amajwi.

Ati: “Ibyavuzwe ko intambara ishobora guhagarara, amahoro akagaruka ni ibintu byo kwitega, tukabihanga amaso”.

Umuvugizi wa Guverinoma y’Uburusiya witwa Dmitry Peskov kuri uyu wa Kane yabwiye itangazamakuru ko Perezida Putin nta mugambi wo guhamagara Donald Trump afite kuko ‘bitakoroha guhamagara umuntu watorewe kuyobora igihugu gitera inkunga umwanzi’.

TAGGED:AmatoraAmerikafeaturedPutinUburusiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafatabuguzi Ba MTN Bakomeje Kwiyongera
Next Article Umusaza W’i Gisagara Yafatiwe Ku Rusumo Ahunga Igihano Cya Gacaca
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?