Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Putin Ati: “ Trump Nampamagara Nzamwitaba”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Putin Ati: “ Trump Nampamagara Nzamwitaba”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2024 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Putin avuga ko Trump namuhamagara azamwitaba
SHARE

Perezida w’Uburusiya yavuze ko yiteguye kwitaba Donald Trump igihe cyose azatera intambwe akamuhamagara. Yaboneyeho no kumushimira intsinzi aherutse kwegukana mu matora y’Umukuru w’Amerika aheruka.

Ashima kandi uko Trump yitwaye mu gihe cyose yamaze yiyamamariza kongera kuyobora Amerika.

Donald Trump yayoboye Leta zunze ubumwe z’Amerika bwa mbere hagati y’umwaka wa 2017 n’umwaka wa 2021.

Ubwa mbere yayoboye amaze gutsinda mu matora Hillary Clinton, ubu akaba agiye kuyobora nyuma yo kwigizayo Kamala Harris.

Vladmir Putin yabwiye Donald Trump ko Uburusiya bwiteguye gukorana n’Amerika igihe cyose izaba ari yo igaragaje ubwo bushake.

Mu ngingo yagarutseho ubwo yagiraga icyo avuga kubyo abona azakorana na Amerika, Putin yanashimye uko Trump yitwaye nyuma y’uko umuntu amurashe akamuhusha.

Ngo byagaragaje ko ari umugabo.

Putin yabwiye abagize Club yitwa Valdai Club ikorera ahitwa Sochi ati: “Mboneyeho umwanya wo kumushimira ku ntsinzi aherutse kwegukana yo kuyobora Amerika”.

Yavuze ko kugeza ubu nta gahunda ihamye yo kuganira na Donald Trump aragira ariko ko naramuka amuhamagaye, azamwitaba.

Perezida w’Uburusiya yunzemo ko nihagira n’undi muyobozi wo mu bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi( Uburayi n’Amerika) umuhamagara nk’uko babigenzaga mbere-buri Cyumweru ntihaburaga umuhamagara-azamwitaba.

Mu kwiyamamaza kwe, Donal Trump yavuze ko natorwa azahagarika intambara y’Uburusiya na Ukraine ‘mu munsi umwe’.

Yatangaje ko azahagarika inkunga ya gisirikare igihugu cye cyahaga Ukraine, ariko ubuyobozi bwa Ukraine bwo bukavuga ko ibyo Trump avuga bitapfa gushoboka muri iki gihe.

Putin we avuga hakiri kare kwemeza ko ibyo Donald Trump yavugiye mu kwiyamamaza azabisohoza kuko ngo byari ibyo kwishakira amajwi.

Ati: “Ibyavuzwe ko intambara ishobora guhagarara, amahoro akagaruka ni ibintu byo kwitega, tukabihanga amaso”.

Umuvugizi wa Guverinoma y’Uburusiya witwa Dmitry Peskov kuri uyu wa Kane yabwiye itangazamakuru ko Perezida Putin nta mugambi wo guhamagara Donald Trump afite kuko ‘bitakoroha guhamagara umuntu watorewe kuyobora igihugu gitera inkunga umwanzi’.

TAGGED:AmatoraAmerikafeaturedPutinUburusiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abafatabuguzi Ba MTN Bakomeje Kwiyongera
Next Article Umusaza W’i Gisagara Yafatiwe Ku Rusumo Ahunga Igihano Cya Gacaca
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?