Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Raila Odinga Ati: ‘Ibyavuye Mu Matora Nta Shingiro Bifite’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Raila Odinga Ati: ‘Ibyavuye Mu Matora Nta Shingiro Bifite’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 August 2022 7:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwari umukandida wiyamamarizaga kuyobora Kenya witwa Raila Odinga yatangaje ko atakwemera ibyavuye mu matora kubera ko ngo uwabitangaje yabikoze ku giti cye kandi ngo ibyo ntabyemererwa n’amategeko.

Iyi mvugo ya Odinga ishobora gutuma ibyo abantu batinyaga ko biba, ahubwo biba.

Ubwoba buri muri Kenya no mu mahanga ni uko abashyigikiye Odinga bashobora gukomeza ibikorwa by’urugomo bikaza gutuma abantu bongera gupfa bazize imirwano hagati y’impande zombi.

Umuvugizi w’abateguraga ibikorwa byo kwiyamamaza kwa Raila Odinga yari yavuze ko  ubu hashyizweho itsinda ryo kwiga ikiri bukurikireho nyuma y’uko Komisiyo y’Amatora itangaje ko William Ruto  ari we wabaye Perezida w’iki gihugu.

🔴🇰🇪[ALERTE INFO] Raila Odinga rompt le silence: «hier notre démocratie naissante a subi un revers majeur, en conséquence, le #Kenya fait face à une grave crise politico-juridique en raison des actions de Wafula Chebukati. Nous rejetons totalement les résultats présidentiels». pic.twitter.com/btvHq6TOme

— LSI AFRICA (@lsiafrica) August 16, 2022

Makau Mutua wari uhagarariye iri tsinda avuga ko kugeza ubu bamaze gushyira ku meza ingingo zikubiyemo ingamba zose bashobora gushyira mu bikorwa ariko ngo ntacyo baremeranyaho.

Hagati, urubyiruko rwari rushyigikiye ko Odinga na Madamu Karua batorwa, rwazindukiye kandi kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru rwari rugikomeje gutwika amapine no kuririmba indirimbo zamagana Komisiyo y’amatora.

Makau Mutua yabwiye Reuters ko abari bashyigikiye Odinga bari kurebera hamwe icyakorwa kandi ngo baraza gufata umwanzuro bidatinze.

Ati: “ Turi kuganira icyo turi bukore kuri iki kintu gikomeye. Ubu ntacyo turemeranyaho.”

Yavuze ko Perezida wa Komisiyo y’Amatora adafite uburenganzira bw’uko ‘we wenyine’ yatangaza ibyavuye mu matora.

Uyu Perezida wa Komisiyo yitwa Wafula Chebukati.

Yaba we yaba n’abandi ba Komiseri bakuru b’iriya Komisiyo ntawigeze agira icyo asubiza Reuters ku byo abo kwa Odinga bavuga.

Amahanga afite impungenge ko amaraso yakongera kumeneka niba kutumvikana ku byavuye mu matora bikomeje.

Bamwe basabye Raila Odinga kubwira abamushyigikiye bagacisha make, ntibakomeze kuzamura umujinya kuko impande zombi nizirakara bishobora gutuma amaraso ameneka.

Ikifuzo ni uko uwakumva atanyuzwe n’ibyavuye mu matora yagana ubutabera.

N’ubwo ikifuzo ari cyo, ku ruhande rw’abashyigikiye Odinga bo bakomeje kwerekana umujinya batewe no kumva ko Ruto ari we wamutsinze.

Gutwika  amapine no kuvuga amagambo yumvikanisha kutishimira ibyavuye muri ariya matora bikomeje kugaragara za Kisumu, i Kibera muri Nairobi n’ahandi.

Ubu Polisi ya Kenya ntigoheka.

William Ruto yishimiye ko yatsindiye kuyobora Kenya.

Nibwo bwa mbere yari yiyamamaje kandi ahita atsinda.

TAGGED:AmajwiAmatoraOdingaUhuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Muri Kenya Biri Gufata Indi Ntera
Next Article Rubavu: Batezwe Igico Na Polisi Bazanye Magendu, Bamwe Barayicika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?