Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Yasobanuye Uko Abasirikare Bageze Ku Butaka Bwa RDC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RDF Yasobanuye Uko Abasirikare Bageze Ku Butaka Bwa RDC

admin
Last updated: 19 October 2021 3:31 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwemeje ko abasirikare barenze umupaka batabigambiriye bakagera muri metero nke ku butaka bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bakurikiye abantu bikekwa ko bari bitwaje intwaro.

Mu itangazo RDF yasohoye kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukwakira.

Yagize iti “Inzego z’umutekano z’u Rwanda zakurikiranye abantu binjiraga mu gihugu mu buryo butemewe, bambukiye ku mupaka w’u Rwanda na RDC mu Kagali ka Hehu, Umurenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu.”

“Inzego z’u Rwanda zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko, zitabigambiriye zarenze metero nke ku butaka bwa RDC ubwo zari zikurikiranye abantu binjiraga mu gihugu bafite imizigo itarahise imenyekana kandi bigakekwa ko bitwaje intwaro.”

Yashimangiye ko RDF na FARDC bafitanye umubano mwiza kandi bakomeje gufatanya mu bijyanye n’umutekano.

Ni akantu akato…

Amakuru avuga ko abasirikare b’u Rwanda batungukiye mu gace ka Buhumba muri teritwari ya Nyiragongo.

Iyo uhagaze muri Hehu ku ruhande rw’u Rwanda uba ureba muri RDC mu kibaya imbere yawe.

Umuvugizi w’ingabo za Congo (FARDC) muri Kivu y’Amajyarugu, Lieutenant-Colonel Guillaume Ndjike Kaiko, yakoresheje imvugo ikomeye ko abasirikare b’u Rwanda bavogereye ubutaka bwa RDC, bigarurira imidugudu itandatu, bagera muri metero 200 hafi y’umuhanda munini i Goma.

Ati “Nyuma yo kubona abasirikare b’inyongera ba FARDC nibwo basubiye inyuma. Ni yo mpamvu habaye uko gushyamirana muri Kibumba mu gitondo cy’uyu munsi.”

Yavuze ko habaye ukurasana, ndetse hari amakuru babonye y’ibintu byasahuwe.

Ni ibintu ariko Ambasaderi w’u Rwanda muri RDC, Vincent Karega yavuze ko bidakwiye guteza urujijo.

Ati ” Ibinyoma byo gutera igihugu, kwigarurira uduce runaka no gusahura, mu kanya nk’ako guhumbya bizarangira kubera ko nta bimenyetso bihari. Ukuri ni uko ari akantu gatoya gashingiye ku gukurikirana abacuruza magendu.”

Rien à éclairer Mr Browser car il n' ya pas d' ombres. Les mensonges d' incursion, occupation/pillages en un clin d' oeil seront vite estompés faute des preuves .Le fait est mineur autour de poursuite des fraudeurs. Le reste c' est du buzz d' une tension montée de toutes pièces. https://t.co/sWx3IEb2Ah

— Vincent Karega (@vincentkarega1) October 19, 2021

Kugeza ubu u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo bibanye neza, cyane cyane nyuma yo kujya ku butegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi Tshilombo.

Ibihugu byombi biheruka no kuganira k’uburyo byafatanya nk’akarere, mu guhangana n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri kiriya gihugu.

Iyo mitwe ibangamiye cyane umutekano w’u Rwanda nka FDLR imaze igihe mu mashyamba ya Nyiragongo, FLN n’iyindi.

Haheruka kwiyongeraho na Allied Democratic Forces (ADF), aho bamwe mu bakorana nayo baheruka gufatwa bakekwaho kuba mu mugambi wo gutera ibisasu ahantu hatandukanye mu Mujyi wa Kigali.

TAGGED:FARDCfeaturedRDCRDFVincent Karega
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Muri Kimisagara Hari Igaraje ‘Ryahiye’
Next Article Ese Umwenda Afurika Ifitiye Amahanga Izawishyura Biyikundire?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?