Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Yishe Abarwanyi Benshi Muri Mozambique, Umusirikare Umwe Arakomereka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

RDF Yishe Abarwanyi Benshi Muri Mozambique, Umusirikare Umwe Arakomereka

admin
Last updated: 29 July 2021 2:25 pm
admin
Share
SHARE

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda Col Ronald Rwivanga yatangaje ko nyuma y’iminsi mike u Rwanda rwohereje abasirikare muri Mozambique bamaze kwica abarwanyi benshi bo mu mutwe wa al-Shabaab, mu gihe umusirikare umwe yakomeretse.

Mu ntangiro z’uku kwezi nibwo u Rwanda rwohereje abasirikare n’abapolisi 1000 muri Mozambique, mu butumwa bwo gufasha icyo gihugu kugarura amahoro mu ntara ya Cabo Delgado.

Ni intara iri mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Mozambique, hakaba munsi y’umupaka wa Tanzania. Ni intara ikora ku Nyanja y’Abahinde.

Col Rwivanga yabwiye abanyamakuru kuri uyu wa Kane ko hagati ya tariki 24 – 28 Nyakanga, Ingabo z’u Rwanda zagabye ibitero byinshi ku barwanyi, mu bice biri hagati ya Awasse na Praia de Macimbao no hagati ya Mueda na Awasse. Ni hagati muri Cabo Degaldo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati “Ku itariki 24 twishe bane ahitwa Awasse, dufata RPG (rocket-propelled grenade, imbunda irasa ibisasu bya rockets) imbunda ya ‘medium machine gun’ (MMG), submachine gun (SMG) n’imiti.  Turongera nanone kuri uwo munsi twica babiri mu gico hagati ya Mbao n’ahitwa Awasse, noneho dufata imbunda za SMG, pistol, ibikarito by’amasasu na mudasobwa ya laptop n’izindi nyandiko ziri mu Kiswahili.”

“Ku itariki 26 nanone twica inyeshyamba eshanu, tubavanaho nanone SMG umunani, RPG ebyiri na pistol. Itariki 28 Nyakanga yari ejo, nanone bagabye ibitero mu birindiro byacu ahitwa Awasse, ariko twabasubijeyo rwose twarabarashe twicamo umwe ariko tujyanye inkomere ahitwa Awasse tugwa mu gico cyabo ariko turabarasa twicamo babiri.”

Col Rwivanga yavuze ko ahitwa Awasse na Afungi hari mu maboko ya RDF, mu gihe mbere hari harigaruriwe n’inyeshyaba.

Ati “Ubu turimo gukora tugana mu bice bitarafatwa, ariko aho twageze hose hari mu maboko yacu, tumaze kuhafata, umwanzi agerageza kugaruka ariko biramunanira.”

Hagati aho umusirikare umwe w’u Rwanda ni we wakomeretse, ariko ameze neza nk’uko Col Rwivanga yabyemeje.

- Advertisement -

Mu barwanyi bishwe harimo babiri bari kuri moto ifite ibirango byo muri Tanzania.

Col Rwivanga yavuze ko Ingabo z’u Rwanda zimaze guhangana n’abarwanyi inshuro nyinshi, kandi zigahorana intsinzi. Yavuze ko ibyo bikorwa bizakomeza kugeza igihe umutekano uzagarukira, ati “ubwo igihe cyo gutaha kizaba kigeze.”

Ibinyamakuru byo mui Mozambique biheruka gutangaza ko RDF imereye nabi abarwanyi mu bice bya Awasse, ni hafi y’ibirindiro bikuru by’aba barwanyi mu gace ka Mocimboa da Praia.

Ingabo zivuga ko zitazahagarara zitageze mu birindiro bya nyuma by’umwanzi.

Ingabo za Mozambique ziheruka kuvuga ko urugamba rukomereye abarwanyi ku buryo benshi barimo gutsindwa n’ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique, bagahitamo guhisha intwaro zabo bagahunga nk’abaturage basanzwe.

Uyu mutwe wugarije Intara ya Cabo Delgado guhera mu 2017, aho abantu barenga 700,000 bavanywe mu byabo, abandi 3000 bakahasiga ubuzima.

Mu bapfuye harimo abo inyeshyamba zicaga zibaciye imitwe.

TAGGED:featuredMozambiqueRDFRonald Rwivanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mudugudu Uvugwaho Gukubita Umunyamakuru I Nyagatare Ari Mu Rukiko
Next Article Perezida Suluhu wa Tanzania Ategerejwe i Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?