Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Yongeye Gutabara Aho Rukomeye Muri Sudan Y’Epfo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

RDF Yongeye Gutabara Aho Rukomeye Muri Sudan Y’Epfo

admin
Last updated: 09 March 2021 10:37 am
admin
Share
SHARE

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudan y’Epfo (UNMISS), zikomeje gushimwa kubera ubwitange zigaragaza mu kugarura amahoro muri icyo gihugu, by’umwihariko mu kuha hafi y’abaturage.

Kimwe mu bikorwa biheruka ni ubwo mu gice cya Maban hatutumbaga imirwano, Ingabo z’u Rwanda zamenya ayo makuru zigatabara bwangu.

UNMISS yatangaje ko ubwo amakuru y’uko hashobora kuba imirwano yageraga ku Ngabo z’u Rwanda ziri muri UNMISS, “zihutiye kugera ahari ikibazo, zongera ibikorwa byo gucunga umutekano hakumirwa ko haba ubugizi bwa nabi ndetse zigarurira icyizere abaturage zituma ibintu byongera bisubira ku murongo.”

Ni ubutumwa bwanyujijwe kuri Twitter, busozwa buti “Warakoze Rwanda.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

When reports of possible clashes in Maban reached UNMISS peacekeepers from Rwanda 🇷🇼, they:

•Mobilized quickly to reach communities in need
•Increased patrols to prevent violence and build confidence
•Ensured the situation is calm and stable

Thank you Rwanda! #A4P pic.twitter.com/GasjysqGAx

— UNMISS (@unmissmedia) March 9, 2021

Sudan y’Epfo imaze igihe mu bibazo by’umutekano muke kuva mu 2011 ubwo yabonaga ubwigenge. Yugarijwe n’ibikorwa byinshi by’imitwe yitwaje intwaro.

Ingabo z’u Rwanda ziri muri icyo gihugu zishimwa uruhare zikomeje kugira mu kugarura amahoro kandi zikabikora kinyamwuga.

Kimwe mu bikorwa biheruka ni uko muri Mutarama nyuma y’imirwano no gukura abaturage mu byabo mu bice bya  Bunj na Upper Nile, UNMISS yahise yongera umubare w’abasirikare b’u Rwanda yoherezayo 50 b’inyongera, n’ubushobozi bw’inyongera burimo imodoka n’ibifaru.

Mu gukaza umutekano mu bice bya Maban, UNMISS yahise ihakora irondo ry’iminsi itatu kuva ku wa 5-8 Mutarama, abasirikare bahura n’abayobozi b’uturere ndetse bitabira inama z’umutekano hamwe n’inzego z’umutekano z’igihugu, batanga ibitekerezo ku cyakorwa.

Umuyobozi wa UNMISS David Shearer aheruka kuvuga ko barimo gukorana n’ubuyobozi bwa Maban kugira ngo abaturage barusheho kumva batekanye.

- Advertisement -

Yakomeje ati “Kongera abasirikare bacu ahari ikibazo binadufasha kumenya ibibazo by’umutekano muke bishobora kubaho ari nako hakoreshwa imbaraga mu gukemura ibibazo by’imitwe iteza umutekano muke kugira ngo abaturage babashe gusubira mu buzima bwabo busanzwe.”

Imibare yo ku wa 31 Mutarama 2021 igaragaza ko u Rwanda rufite muri Sudan y’Epfo abasirikare 2.729.

TAGGED:featuredRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwikingiza COVID-19 ‘Byakereje’ Urubanza Rwa Nkubiri
Next Article Gukingira COVID-19 Bikomereje Mu Bamotari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?