Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Yungutse Abasirikare Bashya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RDF Yungutse Abasirikare Bashya

Last updated: 25 February 2022 6:50 pm
Share
SHARE

Abasirikare bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), nyuma yo gusoza amasomo y’ibanze abemerera kwinjira mu mwuga, mu Kigo cy’amasomo y’ibanze ya Gisirikare cya Nasho.

Aya masomo yasojwe kuri uyu wa 25 Gashyantare 2022, yari amaze amezi 11.

Itsinda ry’abasirikare basoje amasomo binjijwe muri RDF mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura.

Muri uwo muhango, aba basirikare bashya bakoze imyiyereko ijyanye no gukoresha amaboko, gukoresha intwaro n’amayeri y’imirwanire, bikenewe kugira ngo umuntu yemererwe kwinjira muri RDF.

Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda yatangaje ko “kwinjiza no gutoza abasirikare bashya bijyanye na gahunda ihoraho ya RDF yo guhora yiteguye” nk’uko byatanzwemo umurongo n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame.

Gen Kazura yahaye ikaze abasirikare bashya, abasaba gukomera ku ndangagaciro n’imyitwarire myiza biranga RDF.

Yagize ati “Mwinjiye mu muryango mwiza, wa RDF izwi ku ndangagaciro z’ibanze zirimo gukunda igihugu, imyitwarire myiza n’umurava. Mukunde kandi mukorere igihugu cyanyu, murinde igihugu cyanyu n’abaturage banyu. Ndabasaba guhora muri indashyikirwa mu nshingano zose muzagenda muhabwa.”

Yibukije abarangije amasomo kwitegura kubungabunga amahoro no hanze y’imbibi z’igihugu, ku mugabane wa Afurika no hanze yawo.

Mu muhango wo gusoza amasomo hahembwe abanyeshuri bahize abandi mu masomo. Mu bakobwa hashimiwe Pte Umuhoza Yvette.

Yagize ati “Ndifuza gukoresha ubu bumenyi nkuye muri aya masomo mu kuzuza inshingano zanjye zo kurinda igihugu no gukomeza no gukomeza gutera imbre mu mwuga wanjye.”

Yavuze ko iyo ntambwe ayikesha ubwitange bw’abarimu bamwigishije.

Abasirikare bagaragaza bimwe mu byo bigiye mu masomo bamazemo amezi 11
Bagaragaje ubuhanga mu kurwana bakoresha ibice by’umubiri, nta ntwaro
Abasirikare bashya ba RDF
Gen Kazura yasabye abasirikare bashya kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe mu masomo
Byari ibyishimo bikomeye ku basirikare basoje amasomo
Abahize abandi mu masomo bashimiwe

TAGGED:featuredGen Jean-Bosco KazuraIngabo z'u RwandaRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakiriye Umuyobozi Mu Kigo Giteza Imbere Itumanaho Ku Isi
Next Article Abayobozi Mu Rwego Rw’Imari Bakiriwe Na Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasana Alfred Wari Ambasaderi Mu Buholandi Yagizwe Senateri

RIB Yafunze Uwasabaga Abantu Kujyana Amafaranga Mu Rusengero Ngo Bakubirwe

Ubusugire Bw’Igihugu Bushingiye No Kubo Mufatanya- Kagame

Ubufaransa Bugiye Gukoresha Inama Ku Mutekano Mu Karere

Ubuyapani: Bwa Mbere Umugore Yabaye Minisitiri W’Intebe 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

Abanyarwanda Tugomba Kubaho Kuko Ni Impano Y’Imana- Kagame

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Hakenewe Miliyari $ 50 Zo Gusana Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwamagana: Uruganda SteelRwa Rukomeje Kuba Ikibazo Ku Buzima Bw’Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Ku Manywa Y’Ihangu Bibye Inzu Ndangamurage Ya Mbere Ikomeye Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Irindi Shuri Rihambaye Ry’Ubuhinzi N’Ubworozi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?