Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Yungutse Abasirikare Bashya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RDF Yungutse Abasirikare Bashya

admin
Last updated: 25 February 2022 6:50 pm
admin
Share
SHARE

Abasirikare bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), nyuma yo gusoza amasomo y’ibanze abemerera kwinjira mu mwuga, mu Kigo cy’amasomo y’ibanze ya Gisirikare cya Nasho.

Aya masomo yasojwe kuri uyu wa 25 Gashyantare 2022, yari amaze amezi 11.

Itsinda ry’abasirikare basoje amasomo binjijwe muri RDF mu muhango wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura.

Muri uwo muhango, aba basirikare bashya bakoze imyiyereko ijyanye no gukoresha amaboko, gukoresha intwaro n’amayeri y’imirwanire, bikenewe kugira ngo umuntu yemererwe kwinjira muri RDF.

Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda yatangaje ko “kwinjiza no gutoza abasirikare bashya bijyanye na gahunda ihoraho ya RDF yo guhora yiteguye” nk’uko byatanzwemo umurongo n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame.

Gen Kazura yahaye ikaze abasirikare bashya, abasaba gukomera ku ndangagaciro n’imyitwarire myiza biranga RDF.

Yagize ati “Mwinjiye mu muryango mwiza, wa RDF izwi ku ndangagaciro z’ibanze zirimo gukunda igihugu, imyitwarire myiza n’umurava. Mukunde kandi mukorere igihugu cyanyu, murinde igihugu cyanyu n’abaturage banyu. Ndabasaba guhora muri indashyikirwa mu nshingano zose muzagenda muhabwa.”

Yibukije abarangije amasomo kwitegura kubungabunga amahoro no hanze y’imbibi z’igihugu, ku mugabane wa Afurika no hanze yawo.

Mu muhango wo gusoza amasomo hahembwe abanyeshuri bahize abandi mu masomo. Mu bakobwa hashimiwe Pte Umuhoza Yvette.

Yagize ati “Ndifuza gukoresha ubu bumenyi nkuye muri aya masomo mu kuzuza inshingano zanjye zo kurinda igihugu no gukomeza no gukomeza gutera imbre mu mwuga wanjye.”

Yavuze ko iyo ntambwe ayikesha ubwitange bw’abarimu bamwigishije.

Abasirikare bagaragaza bimwe mu byo bigiye mu masomo bamazemo amezi 11
Bagaragaje ubuhanga mu kurwana bakoresha ibice by’umubiri, nta ntwaro
Abasirikare bashya ba RDF
Gen Kazura yasabye abasirikare bashya kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe mu masomo
Byari ibyishimo bikomeye ku basirikare basoje amasomo
Abahize abandi mu masomo bashimiwe

TAGGED:featuredGen Jean-Bosco KazuraIngabo z'u RwandaRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yakiriye Umuyobozi Mu Kigo Giteza Imbere Itumanaho Ku Isi
Next Article Abayobozi Mu Rwego Rw’Imari Bakiriwe Na Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?