Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhumuza Richard Na Mugeni Bashyizwe Mu Bacamanza b’Urukiko Rwa EAC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Muhumuza Richard Na Mugeni Bashyizwe Mu Bacamanza b’Urukiko Rwa EAC

taarifa@media
Last updated: 28 February 2021 9:19 am
taarifa@media
Share
SHARE

Abacamanza babiri b’Abanyarwanda Richard Muhumuza na Anita Mugeni bahawe imirimo mu Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EACJ, nyuma yo kwemezwa n’inama y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango kuri uyu wa Gatandatu.

Iyo nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, iyoborwa na Perezida Paul Kagame wasozaga manda ye, aza gusimburwa na Uhuru Kenyatta wa Kenya.

Mu bacamanza bashyizwe mu myanya nk’uko imyanzuro y’iyo nama ibigaragaza, Nestor Kayobera (Burundi) yagizwe Perezida w’urukiko rw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yungirizwa n’umucamanza Geoffrey Kiryabwire (Uganda).

Ni mu gihe umucamanza Yohane Bakobora Masara (Tanzania) yemejwe nk’umucamanza mukuru, yungirizwa na Audace Ngiye (Kenya). Ni icyemezo cyahise gitangira gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa 27 Gashyantare 2021.

Bijyanye n’inzego bazakoreramo, Nestor Kayobera, Anita Mugeni na Kathurima M’inoti bemejwe nk’abacamanza b’urugereko rw’ubujurire, mu gihe abacamanza Yohane Bakobora Masara, Richard Wabwire Wejuli na Richard Muhumuza, bemejwe nk’abacamanza b’urugereko rwa mbere rw’iremezo.

Abo bacamanza basimbuye Dr Emmanuel Ugirashebuja, umucamanza Liboire Nkurunziza, umucamanza Aaron Ringera, umucamanza Monica Mugenyi, umucamanza Dr Faustin Ntezilayo n’umucamanza Fakihi Jundu, basoje imirimo yabo muri urwo rukiko.

Muhumuza asanzwe ari umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, yamaze imyaka 14 ari umushinjacyaha ndetse yabaye Umushinjacyaha Mukuru.

Mugeni we yari umwavoka. Afite Impamyabumenyi ya Kaminuza mu by’Amategeko yakuye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda n’iy’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza yaboneye muri Kaminuza Gatolika ya Leuven mu Bubiligi.

EACJ yakira ibirego by’abaturage bo mu bihugu bigize EAC, bishobora no kuregwamo Leta. Bisuzumwa n’abacamanza batangwa n’ibihugu bigize EAC.

Mugeni asanzwe ari umunyamategeko
TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yasoje Manda Nk’Umuyobozi Wa EAC
Next Article Umubiri Wa Padiri Ubald Rugirangoga Wagejejwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?