Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhumuza Richard Na Mugeni Bashyizwe Mu Bacamanza b’Urukiko Rwa EAC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Muhumuza Richard Na Mugeni Bashyizwe Mu Bacamanza b’Urukiko Rwa EAC

taarifa@media
Last updated: 28 February 2021 9:19 am
taarifa@media
Share
SHARE

Abacamanza babiri b’Abanyarwanda Richard Muhumuza na Anita Mugeni bahawe imirimo mu Rukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EACJ, nyuma yo kwemezwa n’inama y’abakuru b’ibihugu bigize uyu muryango kuri uyu wa Gatandatu.

Iyo nama yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, iyoborwa na Perezida Paul Kagame wasozaga manda ye, aza gusimburwa na Uhuru Kenyatta wa Kenya.

Mu bacamanza bashyizwe mu myanya nk’uko imyanzuro y’iyo nama ibigaragaza, Nestor Kayobera (Burundi) yagizwe Perezida w’urukiko rw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yungirizwa n’umucamanza Geoffrey Kiryabwire (Uganda).

Ni mu gihe umucamanza Yohane Bakobora Masara (Tanzania) yemejwe nk’umucamanza mukuru, yungirizwa na Audace Ngiye (Kenya). Ni icyemezo cyahise gitangira gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa 27 Gashyantare 2021.

Bijyanye n’inzego bazakoreramo, Nestor Kayobera, Anita Mugeni na Kathurima M’inoti bemejwe nk’abacamanza b’urugereko rw’ubujurire, mu gihe abacamanza Yohane Bakobora Masara, Richard Wabwire Wejuli na Richard Muhumuza, bemejwe nk’abacamanza b’urugereko rwa mbere rw’iremezo.

Abo bacamanza basimbuye Dr Emmanuel Ugirashebuja, umucamanza Liboire Nkurunziza, umucamanza Aaron Ringera, umucamanza Monica Mugenyi, umucamanza Dr Faustin Ntezilayo n’umucamanza Fakihi Jundu, basoje imirimo yabo muri urwo rukiko.

Muhumuza asanzwe ari umucamanza mu Rukiko rw’Ikirenga, yamaze imyaka 14 ari umushinjacyaha ndetse yabaye Umushinjacyaha Mukuru.

Mugeni we yari umwavoka. Afite Impamyabumenyi ya Kaminuza mu by’Amategeko yakuye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda n’iy’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza yaboneye muri Kaminuza Gatolika ya Leuven mu Bubiligi.

EACJ yakira ibirego by’abaturage bo mu bihugu bigize EAC, bishobora no kuregwamo Leta. Bisuzumwa n’abacamanza batangwa n’ibihugu bigize EAC.

Mugeni asanzwe ari umunyamategeko
TAGGED:featured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yasoje Manda Nk’Umuyobozi Wa EAC
Next Article Umubiri Wa Padiri Ubald Rugirangoga Wagejejwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?