Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rosette Chantal Rugamba Yatorewe Kujya Mu Bayobora Ikigega Cy’Isi Cyo Kurengera Inyamaswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rosette Chantal Rugamba Yatorewe Kujya Mu Bayobora Ikigega Cy’Isi Cyo Kurengera Inyamaswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2022 11:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ikigega mpuzamahanga gishinzwe kurengera inyamaswa kitwa Wildlife Fund For Nature bwarangaje ko Umunyarwandakazi Rosette Chantal Rugamba yatorewe kuba umwe mu bagize ubuyobozi bukuru bwa kiriya kigega.

Yatowe ari kumwe na Dr Paula Kahumbu wo muri Kenya.

Rosette Chantal Rugamba ni umwe mu bantu bagize uruhare runini mu kuzamura ubukerarugendo bw’u Rwanda bwari bwarazahajwe n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri iki gihe ayobora ikigo gitanga serivisi z’ubukerarugendo kitwa Songa Africa gifite ikigishamikiyeho kitwa Amakoro Songa Lodge.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Asanzwe ari umwe mu bagize Ihuriro ry’Abagore bo muri Afurika baharanira kurinda ibidukikije.

Ibi ni byo bitaho mu kazi kabo kurinda ibidukikije

Iri huriro rigamije kumenyesha abagore ko bafite uruhare runini mu kubungabunga ibidukikije kugira ngo bibagirire inyungu.

Rosette Chantal Rugamba yigeze kuba Umuyobozi mukuru mu cyahoze ari Office Rwandais du Tourisme et de Parcs Nationaux, ORTPN.

Iki kigo yakiyobowe guhera mu mwaka wa 2003 kugeza mu mwaka wa 2010.

Nyuma yaje kuba Umuyobozi wungirije wa Rwanda Development Board( RDB), iki kigo kikaba ari cyo cyasimbuye ORTPN mu nshingano zayo.

- Advertisement -

Asanzwe ari n’Umujyanama wihariye w’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubukerarugendo, United Nations World Tourism Organization.

Ashinzwe by’umwihariko kumugira inama ku ngamba zafatwa ngo uburerugendo bwo muri Afurika busugire.

Rugamba kandi aba mu Nama Nkuru y’Ikigo cyo muri Afurika y’Epfo gishinzwe kubungabunga ibyanya bikomye.

Aba no muri Federasiyo nyarwanda y’abikorera ku giti cyabo Rwanda Private Sector Federation.

TAGGED:ChantalfeaturedIbidukikijeInyamaswaORTPNRugamba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Meddy Yashenguwe N’Inkuru Y’Urupfu Rwa Akeza
Next Article Bwa Mbere Mu Rwanda Hatangiye Gukoreshwa ‘Hot Air Balloon’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?