Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rosette Chantal Rugamba Yatorewe Kujya Mu Bayobora Ikigega Cy’Isi Cyo Kurengera Inyamaswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rosette Chantal Rugamba Yatorewe Kujya Mu Bayobora Ikigega Cy’Isi Cyo Kurengera Inyamaswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 January 2022 11:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ikigega mpuzamahanga gishinzwe kurengera inyamaswa kitwa Wildlife Fund For Nature bwarangaje ko Umunyarwandakazi Rosette Chantal Rugamba yatorewe kuba umwe mu bagize ubuyobozi bukuru bwa kiriya kigega.

Yatowe ari kumwe na Dr Paula Kahumbu wo muri Kenya.

Rosette Chantal Rugamba ni umwe mu bantu bagize uruhare runini mu kuzamura ubukerarugendo bw’u Rwanda bwari bwarazahajwe n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri iki gihe ayobora ikigo gitanga serivisi z’ubukerarugendo kitwa Songa Africa gifite ikigishamikiyeho kitwa Amakoro Songa Lodge.

Asanzwe ari umwe mu bagize Ihuriro ry’Abagore bo muri Afurika baharanira kurinda ibidukikije.

Ibi ni byo bitaho mu kazi kabo kurinda ibidukikije

Iri huriro rigamije kumenyesha abagore ko bafite uruhare runini mu kubungabunga ibidukikije kugira ngo bibagirire inyungu.

Rosette Chantal Rugamba yigeze kuba Umuyobozi mukuru mu cyahoze ari Office Rwandais du Tourisme et de Parcs Nationaux, ORTPN.

Iki kigo yakiyobowe guhera mu mwaka wa 2003 kugeza mu mwaka wa 2010.

Nyuma yaje kuba Umuyobozi wungirije wa Rwanda Development Board( RDB), iki kigo kikaba ari cyo cyasimbuye ORTPN mu nshingano zayo.

Asanzwe ari n’Umujyanama wihariye w’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubukerarugendo, United Nations World Tourism Organization.

Ashinzwe by’umwihariko kumugira inama ku ngamba zafatwa ngo uburerugendo bwo muri Afurika busugire.

Rugamba kandi aba mu Nama Nkuru y’Ikigo cyo muri Afurika y’Epfo gishinzwe kubungabunga ibyanya bikomye.

Aba no muri Federasiyo nyarwanda y’abikorera ku giti cyabo Rwanda Private Sector Federation.

TAGGED:ChantalfeaturedIbidukikijeInyamaswaORTPNRugamba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Meddy Yashenguwe N’Inkuru Y’Urupfu Rwa Akeza
Next Article Bwa Mbere Mu Rwanda Hatangiye Gukoreshwa ‘Hot Air Balloon’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?