Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rulindo: Barakekwaho Kwica Umuntu Bakamuta Mu Bwiherero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Rulindo: Barakekwaho Kwica Umuntu Bakamuta Mu Bwiherero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2024 1:48 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inzego z’umutekano mu Karere ka Rulindo zafatiye abantu batatu mu  Mudugudu wa Kigomwa, Akagari ka Nyamyumba mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo, mu masaha y’igicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024 zibakekaho uruhare mu kwica umuntu bakamujugunya mu bwiherero bwo kwa Nyirabazungu.

Uwo bakurikiranyweho kwica ni umusore witwa Daniel Nshimiyimana w’imyaka 25 y’amavuko.

Umurambo we bawusanze mu bwiherero uri kumwe na plaque( plate) ya moto yari hafi kugura.

Uyu musore akomoka mu Kagari ka Karambo, Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo.

Kigali Today ivuga ko mugenzi wa nyakwigendera witwa Nisingizwe Eric yari yamubwiye ko afite moto igurishwa, biba ngombwa ko ajyayo ngo ayigure,  akaba yari yajyanye na mugenzi we witwa Uwiragiye Fidel.

Ubwo bageraga hafi y’iwabo w’uwo musore wundi wari wamwijeje ko afite moto igurishwa, Nshimiyimana yasize Uwiragiye ku muhanda, yinjira muri urwo rugo ariko nyuma haza gucaho amasaha menshi atarongera kumubona.

Nibwo umurambo we waje gutahurwa mu bwiherero.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza, yemeje aya makuru.

Ati “Mu makuru y’ibanze yamenyekanye ni uko uwo musore wari wijeje mugenzi we ko afite moto igurishwa, yari yararanye iwabo n’undi musore witwa Nkubana binakekwa ko aribo bombi bafatanyije mu kumushuka ko bafite iyo moto, bagamije kumwambura amafaranga yagombaga kubishyura no kumwica, barangiza bakamujugunya mu bwihererero.”

Polisi ivuga ko iperereza rigikomeje kuko abo bombi hamwe na nyir’urugo bafashwe, barimo barakurikiranwa ngo hamenyekane icyateye urupfu.

Uyu musore(Uwiragiye) wari wajyanye na Nshimiyimana agasigara ku muhanda ahamutegerereje, bikimara kumenyekana ko mugenzi we yapfuye bamusanganye Frw 400,000,  indangamuntu na Carte Jaune ya moto bya Nshimiyimana, akavuga ko ari ibyo yari yamusigiye ngo abe abimufashije.

SP Mwiseneza yihanganishije umuryango wa nyakwigendera, aboneraho gusaba abantu kujya bagira amakenga n’ubushishozi mu gihe bijejwe ahari ibintu bigurishwa.

Ati: “Kugira amakenga no gutangira amakuru ku gihe ku bantu bagaragaza imyitwarire iganisha ku cyaha, kigakumirwa kitaraba ni ingenzi. Muri iki gihe hari abizeza abandi ko bafite imari igurishwa ugasanga bishoyeyo bitwaje amafaranga batanabanje gushishoza ngo bamenye neza aho bayajyanye n’abo bayashyiriye abo aribo.”

SP Mwiseneza avuga ko bikwiye ko abantu bagira  amakenga, hakabaho no kumenyesha inzego zibishinzwe mu rwego rwo kwirinda ibibazo umuntu yahagirira.

Bivugwa ko uwo musore wishwe yari yitwaje amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 800 yagombaga kugura iyo moto, hakaba harimo ibihumbi 400 yari yasigiye uwo bari bajyanye andi asigaye ngo yaba ariyo yinjiranye muri iyo nzu, ari na yo yaje kwamburwa mbere yo kwicwa.

Umurambo ukimara gukurwa mu bwiherero wari wajugunywemo, wahise ujyanwa gukorerwa isuzumwa ngo hamenyekane icyamwishe, na ho Nyirabazungu w’imyaka 70, ari na we nyir’urugo n’abo bahungu, bose bakurikiranywe bari kuri Polisi, Station Murambi.

TAGGED:featuredMwisenezaPolisiRulindoUbwiherero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwanda Yakuwe Muri Tour Du Rwanda Kuko Yafashe Ku Modoka
Next Article Perezida Salva Kirr Ari Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?