Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Inkuba Yakubise Abantu Batandatu Bo Mu Muryango Umwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Rusizi: Inkuba Yakubise Abantu Batandatu Bo Mu Muryango Umwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 March 2024 1:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi haravugwa inkuru y’inkuba yakubise abantu batandatu bo mu muryango umwe, umwana wabo w’imyaka 15 akahasiga ubuzima.

Uwo mwana yitwaga Mukamahirwe Josélyne akaba yigaga mu mwaka wa Gatandatu w’amashuri abanza.

Yigaga ku Ishuri ribanza rya Musumba (EP Musumba) riherereye mu Murenge wa Rwimbogo, Akarere ka  Rusizi.

Ubukana bw’urusaku n’umuriro byatewe n’iyo nkuba byatumye na mukuru w’uwo mwana agwa igihumure, ajyanwa kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Mushaka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Akagari ka Ruganda, Nahayo Vincent, yabwiye bagenzi bacu b’Imvaho Nshya ko byabaye saa yine z’ijoro ku wa Mbere taliki 4, Werurwe, 2024, ubwo nyir’uru rugo Rekeraho Sylvain n’umugore we bari bagiye kuryama.

Bagiye kuryama basiga abana babo batatu mu ruganiriro, bakaba bari kumwe n’umwuzukuru wabo ufite umwaka umwe w’amavuko.

Abo nabo biteguraga kujya kuryama ariko ntibyabakundiye neza.

Nahayo Vincent avuga ko inkuba yabakubise mu gihe haburaga gato ngo imvura ihite, uwo mwana w’umukobwa ahita apfa.

Mukuru we ari na we Nyina w’aka kana k’umwaka umwe  yaguye igihumure, ako kana n’undi mukobwa wabo ntibagira icyo baba.

- Advertisement -

Gitifu ati: “Uwaguye igihumure yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Mushaka n’ubu ni ho akiri kuko yasaga n’uwataye ubwenge ariko baratubwira ko agenda amererwa neza.”

Kimwe mu byateye abaturage kwibaza ku by’iyi nkuba ni uko muri urwo rugo nta kintu bagiraga cy’amashanyarazi ngo kibe cyaba intandaro y’iyo nkuba.

Hari n’abaturage bavuga ko bishoboka ko iyo nkuba ari “intererano”.

Nyakwigendera yashyinguwe kuri uyu wa Kabiri taliki 5, Werurwe, 2024.

TAGGED:GitifuInkubaRusiziUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Intebe Wa Haïti Yahunze Igihugu
Next Article Abazasifura Umukino Wa APR FC Na Rayon Batangajwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Karongi: Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batemanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Umujyanama Wa Trump Mu By’Umutekano Yirukanywe, Amusimbuza Rubio

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Israel Yibasiwe N’Inkongi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?