Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Mu Mezi Icyenda Hazuzura Icyambu Gifite Agaciro Ka Miliyari Frw 11
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rusizi: Mu Mezi Icyenda Hazuzura Icyambu Gifite Agaciro Ka Miliyari Frw 11

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 March 2024 9:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kamembe ahitwa Kadasomwa mu Karere ka Rusizi hari kubakwa icyambu kizafasha abacuruzi bava cyangwa bajya muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo kubona ahantu heza ho gupakirira cyangwa kubipakururira ibicuruzwa.

Si abajya muri iki gihugu gusa bazungukirwa n’imikoreshereze yacyo, ahubwo n’Abanyarwanda bakorera ubucuruzi mu mazi nabo bizaba uko.

Kuhubaka byari byarasubitswe kubera COVID-19 n’ingaruka zayo ariko byarasubukuwe, bikaba biteganyijwe ko iki cyambu kizaba cyaruzuye mu mezi icyenda ari imbere.

Kizuzura mu mpera z’umwaka wa 2024 niba nta gihindutse kikazatwara asaga miliyari Frw  11

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kiri kubakwa ahitwa mu Budike, ubu kikaba kigeze ku kigero cya 27%.

Aho kiri kubakwa hazaba hari ibice bitandukanye birimo aho ubwato buparika, station ya essence, amacumbi, ahazatunganyirizwa amazi yakoreshejwe ashobora gukoreshwa mu koza imodoka n’ibindi, hakazaba n’aho abagenzi bashobora gufatira icyo kurya n’icyo kunywa n’ibindi.

Eng. Gaston Sebagirirwa uri mubari kubaka iki cyambu muri Company ya CEC, avuga ko bazakora uko bashoboye kikuzura ku gihe bihaye.

Cyari gisanzwe ari gito, abantu batisanzura( Ifoto@Muhire Donatien)

Ngo bari gushyiramo imbaraga ngo bagere ku ntego.

Kizaba gifite aho ubwato n’ibyombo biparika hisanzuye kandi bizaba igisubizo ku basanzwe bakoresha ibi byombo kuko aho bakoreraga bavugaga ko hari hato bagahura n’imbogamizi mu gupakurura imizigo.

- Advertisement -

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwatangarije RBA ko icyambu nka kiriya gizafasha abacuruzi kubona ahantu heza ho gukorera ubucuruzi bwabo.

Ni ahantu hazaba hagutse ku buryo ubwato bunini n’ubuto bwose buzabona aho buparika, bikabwongerera ubwinshi kuko hari ubutahaparikaga kubera ubuto bwaho.

TAGGED:IbyomboIcyambuRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri B’i Nyanza Barigaragambije Barabizira
Next Article FPR-Inkotanyi Yitabiriye Inama Y’Ihuriro Ry’Ishyaka Riyobora Djibouti
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Icyayi Gikomeje Kwinjiriza u Rwanda Amadovize Menshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umunyarwanda Yatorewe Kuyobora UN Yungirije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

U Rwanda N’Ibihugu Bya Afurika Mu Guhuza Amabwiriza Y’Ubuziranenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?