Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Mu Mezi Icyenda Hazuzura Icyambu Gifite Agaciro Ka Miliyari Frw 11
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rusizi: Mu Mezi Icyenda Hazuzura Icyambu Gifite Agaciro Ka Miliyari Frw 11

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 March 2024 9:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kamembe ahitwa Kadasomwa mu Karere ka Rusizi hari kubakwa icyambu kizafasha abacuruzi bava cyangwa bajya muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo kubona ahantu heza ho gupakirira cyangwa kubipakururira ibicuruzwa.

Si abajya muri iki gihugu gusa bazungukirwa n’imikoreshereze yacyo, ahubwo n’Abanyarwanda bakorera ubucuruzi mu mazi nabo bizaba uko.

Kuhubaka byari byarasubitswe kubera COVID-19 n’ingaruka zayo ariko byarasubukuwe, bikaba biteganyijwe ko iki cyambu kizaba cyaruzuye mu mezi icyenda ari imbere.

Kizuzura mu mpera z’umwaka wa 2024 niba nta gihindutse kikazatwara asaga miliyari Frw  11

Kiri kubakwa ahitwa mu Budike, ubu kikaba kigeze ku kigero cya 27%.

Aho kiri kubakwa hazaba hari ibice bitandukanye birimo aho ubwato buparika, station ya essence, amacumbi, ahazatunganyirizwa amazi yakoreshejwe ashobora gukoreshwa mu koza imodoka n’ibindi, hakazaba n’aho abagenzi bashobora gufatira icyo kurya n’icyo kunywa n’ibindi.

Eng. Gaston Sebagirirwa uri mubari kubaka iki cyambu muri Company ya CEC, avuga ko bazakora uko bashoboye kikuzura ku gihe bihaye.

Cyari gisanzwe ari gito, abantu batisanzura( Ifoto@Muhire Donatien)

Ngo bari gushyiramo imbaraga ngo bagere ku ntego.

Kizaba gifite aho ubwato n’ibyombo biparika hisanzuye kandi bizaba igisubizo ku basanzwe bakoresha ibi byombo kuko aho bakoreraga bavugaga ko hari hato bagahura n’imbogamizi mu gupakurura imizigo.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwatangarije RBA ko icyambu nka kiriya gizafasha abacuruzi kubona ahantu heza ho gukorera ubucuruzi bwabo.

Ni ahantu hazaba hagutse ku buryo ubwato bunini n’ubuto bwose buzabona aho buparika, bikabwongerera ubwinshi kuko hari ubutahaparikaga kubera ubuto bwaho.

TAGGED:IbyomboIcyambuRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri B’i Nyanza Barigaragambije Barabizira
Next Article FPR-Inkotanyi Yitabiriye Inama Y’Ihuriro Ry’Ishyaka Riyobora Djibouti
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abatarahererekanya Ibinyabiziga Babikore Inzira Zikigendwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?