Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 December 2025 5:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye, Tito Rutaremara, agaya ababyeyi basiga abana mu maboko y’abakobwa bababarerera abantu bakunze kwita ‘abayaya’.

Ubwo yatangaga igitekerezo mu Nama Nyunguranabitekezo yigaga ku muryango nyarwanda utekanye, Tito Rutaremara yavuze ko, ku rundi ruhande, abarimu ari abo gushimirwa umuhati wabo mu guha abana uburezi kandi mu mimerere ivunanye.

Kuba ababyeyi ‘baratereye iyo’ byabaye nyirabayazana y’ibibazo byugarije umuryango nyarwanda birimo amakimbirane, ubuzima bwo mu mutwe butameze neza, ibyo kandi bishyira abo bana mu kaga ko kunywa ibiyobyabwenge, abakobwa bagaterwa inda imburagihe n’ibindi.

Tito Rutaremara yagize ati: “Ubu dufite uburezi butuzuye. Abarimu n’abandi baratanga ubumenyi, ababyeyi ntibakiboneka, abana mwabasigiye abayaya (abakozi bo mu rugo), ababyeyi bo mu cyaro baba bagiye guhinga no gushakisha ibindi. Kera uwo mwana yasigaranaga na Nyirakuru, Nyiransenge, agasigarana na benewabo, kuko umuryango icyo gihe wari umuryango, ariko uyu munsi ni urugo, urugo rwahimbwe n’abapadiri n’abakoloni.”

Avuga ko ibyo atari ibirango by’ umuryango w’Abanyarwanda, akemeza ko hambere umwana yari uw’umuryango mugari mu gihe uw’ubu ari uwo mu rugo narwo ababyeyi batagipfa kubonekamo.

Ku byerekeye abarimu, inararibonye Tito Rutaremara avuga ko ari bo bamarana umwana igihe kinini, akamubana guhera saa kumi n’ebyiri, akamurekura saa kumi z’umugoroba.

Ndetse ngo amutangirana afite imyaka itatu, akamugeza afite imyaka 24 bityo aho mu burezi ngo hakwiye gutsimbatazwa izo ndangagaciro.

Rutaremara kandi anenga abenshi mu rubyiruko rw’ubu batazi uko amasano bafitanye na benewabo yitwa mu Kinyarwanda.

Iyo ubabajije nabo babaza ‘Google’, ngo nta mwana ugipfa kumenya Ruganzu Ndoli…

Itanga inama..

Mu gutanga inama y’ibyakorwa, Tito Rutaremara yagize ati: “Numva icyakorwa ari ukureba uburezi bwacu, abarimu bakaba abarimu bakaba n’ababyeyi kuko muri iki gihe ari bo bafite abana mu ntoki. Nubwo wabwira ababyeyi uti nyabuneka nimutange umwanya, uwo mwanya bazatanga ni muto, kuko ntabwo umubyeyi wiriwe ahinga, yaza agashaka ibyo abana bari burye akarangiza ananiwe akabagaburira, nabo bananiwe bajya kuryama, ngo azabona umwanya ‘uhagije’ wo kuganiriza abana.”

Abitabiriye iyi nama basanga abana banakwiye kwigishwa kwishakira ibisubizo, bikava mu mvugo ahubwo bigashyirwa mu bikorwa.

Ibyo kandi bikwiye kwigishwa mu mashuri, abanyeshuri bakigishwa uko ibibazo mu bantu bivuka, uko byirindwa n’uko bikemurwa.

TAGGED:AbabyeyiAbanaAbanyeshurifeaturedRutaremaraTito
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Beyoncé Yabaye Undi Muhanzi Ufite Miliyari $1

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

You Might Also Like

Mu Rwanda

Kagame Yishimira Ko Inzego Z’Umutekano Z’u Rwanda Zihagaze Bwuma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Bunyoni Ararembye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?