Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruto, Mo Ibrahim , Scotland…Bamwe Mu Bayobozi Kagame Yaganiririye Nabo Mu Misiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruto, Mo Ibrahim , Scotland…Bamwe Mu Bayobozi Kagame Yaganiririye Nabo Mu Misiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 November 2022 6:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame ari mu Misiri ahari kubera Inama mpuzamahanga yateguwe na UN yiswe COP 27 yiga ku ngamba zo kurinda ibidukikije.

Yahahuriye n’abandi bayobozi bakuru barimo Umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Madamu Patricia Scotland na Mo Ibrahim washinze ikigo nyafurika giharanira imiyoborere myiza yise Mo Ibrahim Foundation.

Scotland yagejeje kuri Perezida Kagame aho imyanzuro yafatiwe muri CHOGM iherutse kubera mu Rwanda igeze ishyirwa mu bikorwa.

Perezida Kagame niwe muyobozi mukuru wa Commonwealth nk’uko yabiherewe ububasha muri CHOGM iherutse kubera i Kigali.

Mu biganiro bya Perezida Kagame na Mo Ibrahim, bibanze ku bibazo biri muri Afurika muri iki gihe no ku isi muri rusange babyunguranaho ibitekerezo.

Undi muyobozi mukuru wahuye na Perezida w’u Rwanda ni William Ruto uherutse gutorerwa kuyobora Kenya.

Kagame na Ruto baganiriye uko umubano hagati ya Kigali na Nairobi wakomeza gutera imbere.

Abakuru b’ibihugu byombi baherukaga guhura ubwo Perezida Kagame yajyaga mu muhango w’irahira rya Ruto nyuma yo gutsinda Raila Odinga bari bahanganye mu matora y’Umukuru w’igihugu aherutse kubera muri Kenya.

Yaganiriye na William Ruto uko umubano hagati y’u Rwanda na Kenya warushaho gutera imbere
Scotland yamugejejeho aho ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafatiwe muri CHOGM iherutse kubera mu Rwanda rigeze
TAGGED:featuredIbidukikijeIbrahimInamaKagameMisiriRutoScotland
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingoro Ya Mbere Abahindu Basengeramo Yuzuye Mu Rwanda
Next Article Centrafrique Irashaka Ubufatanye Mu Bya Gisirikare Na Bahrain
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?