Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruto, Mo Ibrahim , Scotland…Bamwe Mu Bayobozi Kagame Yaganiririye Nabo Mu Misiri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ruto, Mo Ibrahim , Scotland…Bamwe Mu Bayobozi Kagame Yaganiririye Nabo Mu Misiri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 November 2022 6:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame ari mu Misiri ahari kubera Inama mpuzamahanga yateguwe na UN yiswe COP 27 yiga ku ngamba zo kurinda ibidukikije.

Yahahuriye n’abandi bayobozi bakuru barimo Umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Madamu Patricia Scotland na Mo Ibrahim washinze ikigo nyafurika giharanira imiyoborere myiza yise Mo Ibrahim Foundation.

Scotland yagejeje kuri Perezida Kagame aho imyanzuro yafatiwe muri CHOGM iherutse kubera mu Rwanda igeze ishyirwa mu bikorwa.

Perezida Kagame niwe muyobozi mukuru wa Commonwealth nk’uko yabiherewe ububasha muri CHOGM iherutse kubera i Kigali.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu biganiro bya Perezida Kagame na Mo Ibrahim, bibanze ku bibazo biri muri Afurika muri iki gihe no ku isi muri rusange babyunguranaho ibitekerezo.

Undi muyobozi mukuru wahuye na Perezida w’u Rwanda ni William Ruto uherutse gutorerwa kuyobora Kenya.

Kagame na Ruto baganiriye uko umubano hagati ya Kigali na Nairobi wakomeza gutera imbere.

Abakuru b’ibihugu byombi baherukaga guhura ubwo Perezida Kagame yajyaga mu muhango w’irahira rya Ruto nyuma yo gutsinda Raila Odinga bari bahanganye mu matora y’Umukuru w’igihugu aherutse kubera muri Kenya.

Yaganiriye na William Ruto uko umubano hagati y’u Rwanda na Kenya warushaho gutera imbere
Scotland yamugejejeho aho ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafatiwe muri CHOGM iherutse kubera mu Rwanda rigeze
TAGGED:featuredIbidukikijeIbrahimInamaKagameMisiriRutoScotland
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingoro Ya Mbere Abahindu Basengeramo Yuzuye Mu Rwanda
Next Article Centrafrique Irashaka Ubufatanye Mu Bya Gisirikare Na Bahrain
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?