Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutsiro: Uvugwaho ‘Kugeragerezwaho’ Icyaha Cyo Gusambanywa Yari Mu Rugo Rw’Ugikekwaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rutsiro: Uvugwaho ‘Kugeragerezwaho’ Icyaha Cyo Gusambanywa Yari Mu Rugo Rw’Ugikekwaho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2021 6:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu tariki 22, Mutarama, 2021, Urwego rw’ubugenzacyaha rwafunze Umuyobozi w’ ibitaro bya Murunda mu Karere ka Rutsiro rumukekaho ubwinjiracyaha(kugerageza) mu gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Twamenye ko uwo mugore yari yagiye mu rugo rw’ugikekwaho.

Imukurikiranyeho kandi  icyaha cyo gukubita no gukomeretsa.

Umuvugizi w’uru rwego Dr. Thierry B. Murangira yaraye abwiye Taarifa ko ubwinjiracyaha buhanishwa kimwe cya kabiri cy’igihano yari kuba yakoze.

Umugore yari yagiye kwa  Deregiteri w’Ikigo…

Amakuru Taarifa ifite avuga ko umugore uvugwaho gukorerwaho icyaha yari ari mu rugo rw’Umuyobozi w’Ibitaro bya Murunda.

Ikindi ni uko uyu muyobozi yafashwe mu gitondo cya kare hagati ya saa 6h30 na 8h00.

Hari umuturage watubwiye ko yahaciye asanga Polisi iparitse ku rugo rw’uriya muyobozi.

Uriya mugore tutari buvuge amazina asanzwe akora muri kiriya kigo akaba yakoraga mu byerekeye kubika amakuru y’ikigo, ubikoramo bamwita Data Manager.

Umwe mubo bakoranaga nawe yahamirije Taarifa ko amakuru yumvise avuga ko uriya mugore yari yagiye mu rugo rw’Umuyobozi wa biriya bitaro.

Ibitaro bya Murunda biherereye mu Mudugudu wa Murunda, Akagari ka Mburamazi mu Murenge wa Murunda muri Rutsiro.

Ubwinjiracyaha ni iki?

Umunyamategeko Maurice Munyantwari yigeze gusobanurira Igihe icyo ubwinjiracyaha ari cyo:

Ubwinjiracyaha ni umugambi wo gukora icyaha, wagaragajwe n’igikorwa kimwe cyangwa byinshi biboneka, bidashidikanywaho by’intangiriro y’icyaha biganisha ku ikorwa ryacyo, nyuma bigahagarikwa, bikabuzwa kugera ku cyifuzo cyangwa bikazitirwa n’impamvu zidakomoka ku bushake bwa nyir’ugukora icyaha.

Duhereye kuri iki gisobanuro, hari ibintu bitatu bigomba kurebwaho kugira ngo hemezwe ko habayeho ubwinjiracyaha.

1.Itangira ry’ibikorwa bigaragaza umugambi wo gukora icyaha

Reka twifashishe urugero rw’icyaha cyo kuroga giteganywa n’ingingo ya 110 y’Itegeko No. 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Reka tuvuge ko hari umuntu witwa Yohani ushaka kuroga umuntu witwa Petero.

Yohani afashe uburozi abushyize mu gikombe Petero ari bunyweremo icyayi. Ibyo Petero akoze bigize itangira ry’igikorwa kigaragaza umugambi wo gukora icyaha cyo kuroga. Mu yandi magambo Yohani yatangiye igikorwa kidashidikanywaho cyo kuroga Petero.

2.Kuba umugambi waburijwemo bidaturutse k’ ubushake bw’uwashakaga gukora icyaha

Dukomereje ku rugero rwacu rwa Yohani ushakaga kuroga Petero, tuvuge ko mu gihe Petero yiteguraga kunywa cya cyayi Yohani yashyizemo uburozi, haje nk’umwana agasitara ku meza cya cyayi kikameneka. Umugambi wa Yohani wo kuroga Petero uburijwemo ariko ntibiturutse ku bushake bwa Yohani.

3.Kuba nta wagizweho ingaruka n’umugambi wo gukora icyaha ntacyo bihindura

Petero wagombaga kunywa cya cyayi kirimo uburozi ntiyakinyweye bityo nta n’icyo yabaye ariko ibi ntibikuraho ko Yohani yari afite umugambi wo kumuroga. Bityo yakoze ubwinjiracyaha kandi azabihanirwa n’amategeko.

Ingero z’ubwinjiracyaha umuntu yatanga ni nyinshi. Dushatse twavuga n’umuntu wari ugiye gutwika ishyamba (ni icyaha), yamara kurikongeza imvura ikaba iraguye ikazimya wa muriro yacanye.

Twafata n’urundi rugero rw’umuntu ugiye kwiba amakuru muri mudasobwa (na cyo ni icyaha) ariko yamara kwinjira mu cyumba ya mudasobwa irimo, amaze no kuyicana, agasanga harimo ijambo ry’ibanga (password) akabura uko yinjira muri mudasobwa.

Twavuga n’umuntu wari ugiye nko kwiba ikintu mu nzu, yahagera agasanga cya kintu baraye bacyimuye aho cyabikwaga. Ingero ni nyinshi.

Ubwinjiracyaha buhanwa bute?

Ubwinjiracyaha burahanirwa kabone n’ubwo icyari kigambiriwe kitashoboye kugerwaho.

Ingingo ya 21 y’Itegeko No. 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko ubwinjiracyaha bw’icyaha cy’ubugome cyangwa icyaha gikomeye buhanishwa ½ cy’igihano giteganyirijwe icyo cyaha.

Iyo cyaha gihanishwa igifungo cya burundu, ubwinjiracyaha buhanishwa igihano cy’igifungo kingana n’imyaka 25. Ubwinjiracyaha bw’icyaha cyoroheje ntibuhanirwa.

TAGGED:featuredIcyahaMurangiraRutsiroYohani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Imiryango 69,000 Ikeneye Ibiribwa Kubera Guma Mu Rugo
Next Article USA: Muganga Aravugwaho Kwiba Inkingo 9 Za COVID-19 Agakingira Abe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?