Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwamagana: Bamwibye $32,500 Yari Yabikijwe N’Umuvandimwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwamagana: Bamwibye $32,500 Yari Yabikijwe N’Umuvandimwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 January 2023 1:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gahengeri haherutse gufatirwa umusore na mushiki we bakurikiranyweho kwiba umuntu $32,500 yari abitse iwe. Uwibwe yabwiye itangazamakuru ko ayo mafaranga yari yarahawe n’umuvandimwe ngo azamufashe kugura amasambu.

Umuvugizi w’Urwego rw’ubugenzacyaha, RIB, Dr. Thierry B.Murangira yavuze ko umusore wafatanywe ariya mafaranga yayibye uwo yakoreraga arangije ayashyira mushiki we undi amugira inama yo kuyacukuririra bakayahisha mu rutoki.

Dr. Thierry B.Murangira yasabye abantu kwirinda kwandarika iby’agaciro

Uwibye ariya mafaranga yafashwe amaze gukoreshamo $2,400, bivuze ko uwibye yasubijwe $30,100.

Ubugenzacyaha kandi basanze $2,400 yari yamaze kugurwa telefoni ya iPhone na smartwatch nayo ya iPhone.

Yari yaguze n’icyuma kirahurira amashanyarazi muri biriya bikoresho, icyo bita charger.

Ukurikiranyweho kwiba ariya mafaranga yari umukozi wo mu rugo.

Yaje gucunga ku jisho abo mu rugo yakoreraga, ajya mu cyumba atwara ariya mafaranga.

Yinjiye  mu cyumba aho Nyirabuja abitse amafaranga, mu  isakoshi akuramo $32,500 arigendera.

Ubugenzacyaha buvuga ko mu iperereza ry’ibanze, abacyekwa bemeye icyaha ndetse bakagisabira imbabazi.

Umusore yavuze ko yagize umutima wo kwiba ariya mafaranga nyuma yo kuyabona ‘yandaritse.’

Ubugenzacyaha buvuga ko bwaje gusanga uwo musore yari yarigeze kwiba, bityo ngo byari insubiracyaha.

Ngo bakurikiranyweho ubujura no guhishira ikintu gikomoka ku cyaha.

Uwibwe[utashatse ko amazina ye n’isura ye bitangazwa]yabwiye itangazamakuru ko amafaranga bari bamwibye ari amafaranga yasigiwe n’umuvandimwe ngo azamugurire amasambu.

Ati: “ Mu by’ukuri aya mafaranga mureba si ayanjye ahubwo ni ay’umuvandimwe yansigiye ngo nzamugurire isambu. Nabaye  nyashyize iwanjye nanga ko nayajyana kuri banki yasanga mpafite umwenda bakayakata bityo ngahemukira umuvandimwe.”

Yavuze ko ashima Urwego rw’ubugenzacyaha, RIB, rwakoze uko rushoboye hakagira amafaranga agaruzwa n’ubwo hari n’ayariwe.

Yemeza ko ibyo bakoze ari ingenzi kubera ko hari ayo abajura biba bakayaheza.

RIB yasabye abatuye u Rwanda kuzirikana ko hari ubwo baha icyuho abajura.

Dr. Thierry B. Murangira yibukije ko iyo wandaritse ibintu by’agaciro uba uhaye umujura icyuho.

Yatanze urugero rw’abantu basiga mudasobwa mu modoka badazikinze neza bakigendera.

Avuga ko n’ubwo u Rwanda rufite inzego zishoboye z’umutekano n’ubugenzacyaha, bidaha uburenganzira abaturage bwo gushyira ibyabo ku karubanda, bakabiteza abajura.

Amakuru Taarifa yamenye ni uko umusore ukurikiranyweho buriya bujura yigeze kwiba andi $23,000 afatwa yagiye kuyavunjisha.

Hari mu Ukuboza, 2022.

Yahise agura iPhone na smartwatch bifite agaciro karenga Miliyoni Frw
TAGGED:AmadolarifeaturedMurangiraRIBRwamaganaubujura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gusubiza Itangazamakuru Ni Ukwihangana Nka Yobu-Karine Jean Pierre Uvugira Amerika
Next Article Icyicaro Cya Polisi Mu Mujyi Wa Kigali Cyimuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?