Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Ababyeyi Barasabwa Kongera Isuku Bagirira Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Barasabwa Kongera Isuku Bagirira Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2024 10:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ivuga ko bibabaje kuba hari ababyeyi batita ku isuku y’abana babo bikagira ingaruka ku mibereho yabo kuko bituma barwaragurika.

Ni ingingo ikomeye kuko abana bato bakunze kwibasirwa n’indwara ziterwa ahanini n’indyo mbi kandi yanduye.

Abahanga bavuga ko niyo umuntu yarya ibintu byiza ariko afite inzoka mu nda biburizamo akamaro indyo yari bumugirire.

Ubwo harangizwaga inama y’igihugu yagirwagamo uko abana bakwitabwaho mu buryo bwongererewe ubushobozi, abayobozi muri Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango bavuze ko mu Rwanda abana bangana na miliyoni ebyiri bafite munsi y’imyaka itandatu.

Ni umubare munini kuko Abanyarwanda muri rusange ari abantu barenze gato miliyoni 13.

Abana bari muri iki cyiciro baba bafite ibyago byo kuzahazwa n’imirire mibi iyo batabonye ibiribwa bizima cyangwa bakagirirwa umwanda.

Ibarura rusange ry’abaturage mu Rwanda riheruka rivuga ko abagera kuri 5,896,601 ari abana, ni ukuvuga 44.5% by’Abanyarwanda bose.

Ubuyobozi bwa Minisiteri ishinzwe umuryango buvuga ko muri abo bose abana bafite munsi y’imyaka itandatu ari 2,426,016 ni ukuvuga 41% by’abana bose u Rwanda rufite.

Binavuze ko abana bose muri rusange bangana na 18% by’Abanyarwanda bose.

Ni umubare ufite icyo uvuze kuko abo bana baramutse bakuze nabi byatuma u Rwanda rw’ejo hazaza ruba rubi.

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Consolee Uwimana yasabye Abanyarwanda kubungabunga ubuzima no kwita ku isuku y’abo bana bose.

Ati: “Zirimo kubabungabungira ubuzima, kubaha uburere bufite ireme, indyo yuzuye, kurwanya ihohoterwa iryo ari ryo ryose rishobora kubakorerwa, kwita ku isuku yabo, kubabonera umwanya wo gukina, kubaganiriza n’ibindi”.

Icyakora ashima ko kuva mu mwaka wa 2011, ubwo hatangirwaga gahunda mbonezamikurire y’abana bato, ECD, byatanze umusaruro mu kurwanya imirire mibi n’igwingira.

Ubushakashatsi burebana n’imibereho y’ubuzima bwagaragaje ko kugwingira byagabanutse biva kuri 44% bigera kuri 33%, mu gihe imirire mibi yaviragamo abana kurwara bwaki yavuye kuri 3% ikagera kuri 1%.

Iby’uko ingo mbonezamikurire zatanze umusaruro ku mikurire y’abana bishimangirwa na bamwe mu baturage bazirereramo ababo.

Mu bihe bitandukanye ababyeyi babwiye itangazamakuru ko irerero ari gahunda yatumye abana babo babona aho basigara ngo bitabweho nabo bibaha uburyo bwo gukorera ingo zabo.

Umuyobozi Mukuru w’ikigo cyita ku mikurire y’abana bato,  NCDA, Assumpta Ingabire avuga ko inama bamazemo iminsi bayiteguye bagamije ko abantu bamenya akamaro kurerera abana ahantu hatekanye.

Mu mwaka wa 2018, Ingo mbonezamikurire zavuye ku 4010 kugera muri Kamena 2024 zagera 31,638.

Abana bazirererwamo bavuye ku 256,677 bagera kuri 1,149,699, mu gihe ababarera babiherewe amahugurwa bavuye ku 35,712 bakagera 101,809 hamwe na Komite nyobozi z’ababyeyi 88846.

TAGGED:AbanafeaturedMinisitiriUmuryangoUwimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikipe Y’Abanyarwandakazi Bakina Basket Batsinze Argentina 
Next Article Inyandiko Isaba Guhindura Amazina
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?