Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abafite Ibinyabiziga Bisohora ‘Imyotsi Yanduye Cyane’ Bagiye Gufatirwa Ingamba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda: Abafite Ibinyabiziga Bisohora ‘Imyotsi Yanduye Cyane’ Bagiye Gufatirwa Ingamba

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 March 2022 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

K’ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije, REMA, mu Rwanda hatangijwe ubukangurambaga busaba abafite ibinyabiziga kubisuzumisha hakarebwa niba imyotsi bisohora itarimo ibinyabutabire bihumanya ikirere ku rwego rutihanganirwa mu Rwanda.

Polisi kandi isaba abashoferi kwitabira gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange (public transport)  aho gukoresha cyane imodoka z’abantu ku gito cyabo.

CP John Bosco Kabera, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu gikorwa cyo gutangiza ubukangurambaga bwo kurwanya ibyuka bihumanya ikirere

Intego ngo ni ukugabanya ingano y’imyuka imodoka  zisohoka ihumanya ikirere.

REMA na Polisi basaba abashoferi gusuzumisha no gukoresha ibinyabiziga ku gihe n’igihe ari ngombwa.

Ku rukuta rwa Twitter  rwa Polisi y’u Rwanda handitseho ko abashoferi n’abandi bafite ibinyabiziga bagomba gupimisha ubuziranenge bw’umwotsi usohorwa n’ikinyabiziga, bigakorwa  mu gihe runaka cyagenwe.

Kubera iterambere ry’u Rwanda, abaturage barwo bafite ubushobozi bwo kugura imodoka ariko kimwe mu bibazo ibi biteza ni uko bagura izakoze bityo zishobora gusohora imyuka irimo ibinyabitabire bihumanya cyane ikirere.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ishami ry’umutekano mu muhanda, Senior Superintendent of Police, (SSP) Réne Irere yabwiye Taarifa ko batangije ubukangurambaga bagamije kubwira abafite ibinyabiziga ko ibyuka biva mu modoka zabo bihumanya bityo ko bagombye kwegera ibigo byitwa Contrôle Technique bikabarebera ikibazo kigacyemurwa hakiri kare.

Ati: “ Icyo turi gukora muri iki gihe ni ukwigisha abashoferi uko bakwirinda iki kibazo, bakamenya ingaruka biriya byuka bigira ku kirere bityo bakajya gusuzumisha ibinyabiziga byabo hakiri kare…”

SSP Irere avuga ko nyuma yo gusobanurira abashoferi uko ikibazo giteye, bababurira ko nibatagicyemura, bazabihanirwa.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ishami ry’umutekano mu muhanda, Senior Superintendent of Police, (SSP) Réne Irere

Abajijwe niba hari igihe runaka cyagenwe cyo guhana abazaba bataracyemura kiriya kibazo, SSP René Irere yavuze ko nta gihe baragena kuko inzego zikireba uko abo zizakorera bangana, igihe bizafata…byose bigakorwa hirindwa ko hari uwazavuga ko yabuze aho akoresha cyangwa yageze yo ntibamukorere kuko nta bakozi cyangwa ibikoresho bafite.

Aburira abashoferi ko byaba byiza kurushaho bagize umutima wumvira, bakajya gusuzumisha ibinyabiziga byabo hakiri kare kuko bidatinze abazafatwa imodoka zisohora ibyuka bihumanya cyane ikirere, bazabihanirwa.

Hagati aho kandi Polisi  ikangurira abaturage gukomeza kwibuka akamaro ko kwirinda impanuka binyuze mu kwirinda umuvuduko, guha abanyamaguru umwanya bakambukira aho bagenewe, abashoferi bakibuka akariro gacye na feri kandi abamotari bikazibukira ibyo kurenga umurongo uba mu mahuriro y’umuhanda, Feux Rouges.

TAGGED:featuredimodokaMotoPolisiUmubare
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yahuye Na Tshisekedi Baganira Ku Bireba Ibihugu Byabo
Next Article Perezida Ashima Ko Abarundi Bahinduye Imyumvire- Umuvugizi Wa Perezida Ndayishimiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?